Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatalibani Babwiye Trump Kuzibukira Ibyo Gusubizwa Ikibuga Cy’Indege
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abatalibani Babwiye Trump Kuzibukira Ibyo Gusubizwa Ikibuga Cy’Indege

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 September 2025 3:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umuvugizi wa Guverinoma ya Afghanistan witwa Zabihullah Mujahid
SHARE

Umuvugizi wa Guverinoma ya Afghanistan witwa Zabihullah Mujahid yavuze ko ibyo Donald Trump yanditse kuri Truth Social by’uko Afghanistan igomba gusubiza Amerika ikibuga cy’indege cya Bargam ari inzozi zatakabya na rimwe.

Kuri uru rubuga, Trump yari yanditseho ko niba Abatalibani badasubije Abanyamerika kiriya kibuga, bazahura n’akaga.

Iki kibuga kuva kera na kare cyari icy’Abatalibani ariko ari gito.

Aho Abanyamerika bafatiye iki gihugu bakakirukanamo Abatalibani, baracyaguye, bagihindura ahantu indege zabo z’intambara zahagurukiraga zijya kubahiga mu misozi aho bari barakambitse.

Mu mwaka wa 2021, ubwo Abatalibani bigaruriraga Afghanistan bahirukanye Abanyamerika, barongeye bakigira icyabo.

Nta muyobozi wa Amerika wari waravuze ko ashaka ko igisubirana uretse Donald Trump nawe ubivuze kuri manda ye ya kabiri mu mwaka wayo wa mbere kuko yayitangiye muri Mata, 2025.

Umuvugizi wa Guverinoma y’Abatalibani Zabihullah Mujahid yavuze ko ibyo Amerika ivuga bidashyize mu gaciro, aboneraho no kuyisaba kutajya ihubuka ngo ivuge ibiyonogeye ariko bidashoboka.

Kuri X/Twitter yanditse ati: Afghanistan ni igihugu gifite ubukungu buboneye kandi gishaka gukorana na buri wese wakigirira akamaro ariko byose bigakorwa mu bwubahane.”

Avuga ko mu buryo bushoboka bwose, igihugu cye cyabwiye Amerika ko kihagazeho, ko kigenga kandi gifite ubusugire bwuzuye.

Yibukije ko mu masezerano yahuje igihugu cye na Amerika  yasinyiwe muri Qatar, handitsemo ko itazigera yivanga muri politiki ya Afghanistan, bityo akayisaba guhora ibizirikana.

Associated Press yanditse ko uriya muvugizi atigeze ayisubiza ku bibazo by’ibyo baganira n’ubutegetsi bwa Trump kuri iyi ngingo n’impamvu atekereza ko zaba zitera Trump gushaka gusubirana kiriya kibuga.

Intambara Amerika yarwanye n’Abatalibani niyo yabaye ndende mu mateka yayo kuko yamaze imyaka 24.

TAGGED:AbatalibaniAfghanistanAmerikafeaturedIkibugaUmuvugizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Abanyamakuru Bigenga Bahejwe Mu Nteko Ishinga Amategeko
Next Article Siporo: Urwego Rushya Rw’Umubano W’u Rwanda Na Hongrie
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Imirwano Hagati Ya Wazalendo Na FARDC Imaze Kugwamo Abantu 11

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?