Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaturage B’i Nyamasheke Bashinja RTDA Kutabishyura Ubutaka Bwabo Yangije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abaturage B’i Nyamasheke Bashinja RTDA Kutabishyura Ubutaka Bwabo Yangije

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 April 2022 3:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke hari abaturage bavuga ko bagejeje ikibazo cyabo ku nzego zitandukanye bazibwira ko barenganye kuko babariwe agaciro k’imitungo ubwo bimurwaga ngo hubakwe umuhanda ariko bakaba batarishyurwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi, RTDA.

Nyuma yo kugeza ikibazo cyabo ku nzego z’ibanze ni ukuvuga Umurenge n’Akarere, baje kwandika ibaruwa basobanurira Guverineri w’Intara y’i Burengerazuba uko ikibazo cyabo giteye, bayiha bamwe muri bo bayijyana ku Biro by’Intara.

Mu kwagura umuhanda, ntibabishyuye kandi ubwo butaka bwari busanzwe buhingwa bukera

Umwe muri bo yatubwiye ko bagezeyo irakirwa, iterwaho kashi babwirwa ko ikibazo cyabo kigiye gucyemurwa.

Kuva icyo gihe kugeza ubu nta kintu barabwirwa cyangwa ngo gikorwe mu rwego rwo kubishyura.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu bika by’ibaruwa bandikiye Guverineri w’Intara y’i Burengerazuba dufitiye kopi bavuga ko hari ikigo(RTDA) cyabaranduriye imyaka ubwo cyakoraga umuhanda uhuza utugari twa Kivugiza( mu Murenge wa Karambi) Rugari na Rwumba mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke.

Iyi ni ibaruwa bandikiye Guverineri Habitegeko kandi yarakiriwe

Mu ibaruwa yabo, aba baturage bavuga ko abaje gukora uriya muhanda baje bakabarura imitungo yari iri  aho bashakaga kwagura umuhanda.

Igira iti: “ .…Batwijeje ko bazatwishyura, bamwe barishyurwa ariko abandi twarategereje turaheba kandi ibyangombwa bisabwa twarabitanze byose…”

Imirimo yo kwagura umuhanda uhuza ibice twavuze haruguru yatangiye taliki 15, Mutarama, 2021.

Bamwe mu baturage bandikiye Guverineri bamusaba kubabariza impamvu bo batishyuwe. Buri wese yashyizeho ayo bamurimo

Abaturage bavuga ko ikibazo cyabo bakigejeje ku buyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bubabwira bagomba kuzabaza abababaruriye.

- Advertisement -

Ngo bwabasabye gukomeza gutegereza, ubu hakaba hashize umwaka urenga.

Meya Appolonie Mukamasabo ngo yababwiye ngo ibyo  bakomeza kumubaza atari we ubishinzwe,  ahubwo ko  hari ikigo kibishinzwe.

Bakibwiye n’Abadepite…

Umwe mu baturage bahagarariye abandi bahuje kiriya kibazo avuga ko mu gihe gito gishize hari itsinda ry’Abadepite basuye Nyamasheke bagezwaho kiriya kibazo.

Ati: “ Twakibwiye Abadepite hari na Meya Mukamasabo Appolonie ariko avuga ko Akarere nta mafaranga gafite ahubwo ko ari ikibazo kigomba gucyemurwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubwikorezi, RTDA.”

Avuga  ko bisa n’aho byaciriye aho kuko barinze bageza ikibazo ku buyobozi bw’Intara  Akarere kataragira ikindi kabafasha.

Ku ikubitiro ariko, hari bamwe mu bari barabaruriwe imitungo bishyuwe ariko ngo nibo bacye ugereranyije n’abandi basigaye.

Mu bantu 424 aba mbere bishyuwe ni 80 , nyuma hishyurwa abandi 39.

Nyuma yo kubona ko inzego z’ibanze ni ukuvuga Umurenge n’Akarere bitahaye agaciro ibyo basabaga, bigiriye inama yo gutakambira Guverineri w’Intara y’i Burengerazuba, Bwana François Habitegeko ngo akorane n’abandi kugira ngo barenganurwe bahabwe amafaranga y’ibyo babaruriwe bityo bashobore kwicyenura no kohereza abana ku ishuri.

Umuturage witwa Yohani uri mu baduhaye amakuru kuri iki kibazo avuga ko nyuma yo kugeza ku Biro by’Intara ibaruwa ikubiyemo ibibazo bifuzaga ko byacyemurwa, yahamagaye Guverineri Habitegeko amubaza aho bigeze indi akamusubiza ko agomba kwihangana.

Ati: “Ubwa mbere naramuhamagaye ambwira ko ikibazo yakigejeje ku bantu bagishinzwe. Ubwa kabiri adusaba kwihangana ngo bari kugicyemura, Ejo bundi  nabwo naramuhamagaye ambwira ko ngomba gukomeza kwihangana kuko hari akantu kataratungana.”

Yibaza impamvu batishyurwa kandi baratanze ibyangombwa byose basabwaga kandi byose babihaye umugenagaciro wo ku Karere na  Fotokopi y’irangamuntu, fotokopi y’ icyangombwa cy’ubutaka na Konti za Banki ngo bazashyirirweho amafaranga.

Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi, RTDA, Imena Munyampenda yabwiye Taarifa ko ayo makuru ntayo yamenye ko agiye kubishaka mu bubiko(database) akaza kubitubwira.

Saa tanu n’iminota itanu(11h:05 AM) nibwo yadusezeranyije ko agiye kubireba akaza kubitubwira nyuma y’amasaha abiri.

Inkuru yagiyeho ataradusubiza.

Taarifa yahamagaye Guverineri w’Intara y’i Burengerazuba Bwana François Habitegeko tunamwandikira kuri WhatsApp kugira ngo agire icyo adutangariza ku cyifuzo abaturage bo muri Cyato bamugejejeho ariko nta gisubizo twahawe.

TAGGED:AbaturageAkarereCyatofeaturedHabitegekoMunyampendaNyamashekeRTDA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Burundi Basenze Imana Ngo Itabare Ukraine
Next Article Kinshasa Na Brazzaville Basinye Amasezerano Y’Ubufatanye Bwa Gisirikare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?