Abayobozi Mu Murenge Hamwe Na Rwiyemezamirimo Bakatiwe N’Urukiko

Mu Karere ka Muhanga Umurenge wa Nyamiyaga urukiko rwisumbuye rw’uyu Murenge rwaraye rukatiye uwari Umunyamabanga nshingwabikorwa w’agateganyo w’uyu Murenge witwa  Jean de Dieu Kubwimana na rwiyemezamirimo witwa Jean de Dieu Nshimiyimana na mugenzi we Mushoza Cyrille igifungo cy’imyaka itanu.

Undi muyobozi wakatiwe ni uwitwa Béatrice Ayinkamiye wari ushinzwe  Imari n’ubutegetsi muri uwo Murenge ndetse na  Niyonzima Jean René, bakaba bakatiwe  igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya Miliyoni  Frw 10.

Ubushinjacyaha bwaregaga Kubwimana na bagenzi be  ‘icyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta’ no gukora inyandiko itavuga ukuri.

Isomwa ry’uru rubanza ryari rumaze gusubikwa inshuro eshanu  nk’uko bagenzi bacu bo ku UMUSEKE barukurikiranye babyemeza.

- Advertisement -

Kuri iyi nshuro Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwarukase ruhamya abaregwaga icyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta no gukora inyandiko zitavuga ukuri bituma bakatirwa ibihano twavuze haruguru.

Kubwimana Jean de Deu na Rwiyemezamo Nshimiyimana  Jean de Dieu bombi bagomba gutanga ihazabu ya Miliyoni  Frw 25.

Urukiko  kandi  rwemeje ko Ayinkamiye na Niyonzima Jean René bahawe igihano cy’imyaka itatu n’ihazabu ya Miliyoni 10Frw kuri buri wese

Uwitwa Munyanshoza Cyrille wari rwiyemezamirimo we yahawe igihano cy’imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyoni Frw 10.

Uwahoze ari  Umuyobozi  w’ishuri ribanza rya Mukinga  Jean Marie Vianney Mugenzi rwemeje ko ahabwa igifungo cy’imyaka itatu na Miliyoni  Frw.

Ntirenganya Vèdaste wari ushinzwe gukuriikirana imirimo y’inyubako z’amashuri na Byiringiro Jean Marie Vianney  bo bahawe igihano cy’imyaka itatu n’ihazabu ya Miliyoni  Frw 5.

Bizimana Innocent Gitifu w’Akagari ka Mukinga we yahanaguweho icyaha, ararekurwa.

Abandi bagizwe abere ni Dushimiyimana Abel, Munyandorera Antoine na Ndahayo Augustin.

Bari bakurikiranyweho byo kunyereza  umutungo wa Leta n’inyandiko zitavuga ukuri.

Gitifu Kubwimana  Jean de Dieu na bagenzi be bafashwe  muri Nyakanga  2021.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version