Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abemerewe Kwiyamamariza Kuba Senateri Batangajwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Abemerewe Kwiyamamariza Kuba Senateri Batangajwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 August 2024 6:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komisiyo  y’Amatora yatangaje urutonde rw’abakandida bemejwe n’Urukiko rw’Ikirenga ko bemerewe kwiyamamariza kuba Senateri mu matora azaba mu kwezi gutaha kwa Nzeri.

Abazatorwa bazaba bari muri uru rwego rwa kabiri rukomeye nyuma ya Perezidansi y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka itanu.

Iyi Komisiyo yatangaje ibi nyuma yo gushyikirizwa urutonde rw’abakandida bamejwe  n’urw’abataremejwe n’Urukiko rw’ikirenga.

Abasenateri batorwa n’inzego zihariye hakurikijwe inzego z’imitegekere y’u Rwanda.

Iteka rya Perezida wa Repubulika ryo ku wa 16 Kamena 2024 niryo rigaragaza ko amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko Umutwe wa Sena ateganyijwe ku wa 16, Nzeri, 2024.

Iryo teka rigaragaza kandi ko ibikorwa byo kwiyamamaza kw’abakandida mu matora y’Abasenateri bizatangira ku wa Mbere taliki 26, Kanama, 2024, bikarangira ku wa Gatandatu taliki 14, Nzeri, 2024.

Hanatangajwe Abakandida bemejwe ku mwanya w’Umusenateri utorwa mu mashuri makuru naza Kaminuza bya Leta ndetse n’utorwa mu mashuri makuru na za Kaminuza byigenga.

Amatora y’Abasenateri 12 akorwa hakurikijwe inzego z’imitegekere y’igihugu azaba ku wa 16, Nzeri 2024, mu gihe ku wa 17 Nzeri( bucyeye bw’’aho) hazatorwa umusenateri umwe wo mu mashuri makuru naza Kaminuza bya Leta n’Umusenateri umwe wo mu mashuri makuru na za Kaminuza byigenga.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda igizwe n’imitwe ibiri, uw’Abasenateri n’uw’Abadepite.

Sena y’u Rwanda iba igizwe  n’Abasenateri 26 bamara manda y’imyaka itanu, yongerwa rimwe gusa kandi nibura 30% bakaba abagore.

Muri bo 12 batorwa n’inzego zihariye hakurikijwe Inzego z’imitegekere y’igihugu, umunani(8) bashyirwaho na Perezida wa Repubulika na bane(4) bagashyirwaho n’Ihuriro ry’Igihugu nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya politiki.

Hari undi utorwa mu barimu cyangwa abashakashatsi bo muri kaminuza no mu mashuri makuru bya Leta, undi agatorwa mu barimu cyangwa abashakashatsi bo muri kaminuza no mu mashuri makuru byigenga.

Abahoze ari abakuru b’igihugu barangije neza manda yabo cyangwa basezeye ku bushake bwabo Itegeko nshinga rivuga ko iyo babisabye bajya muri Sena nk’uko biteganywa n’ingingo ya 80 n’iya 81 zaryo kandi bo ibya Manda ntibibareba.

Ingingo ya 13 y’Itegeko Ngenga N°007/2018.OL ryo ku wa 08/09/2018 rigenga imikorere ya Sena igena ko mu gihe Umusenateri washyizweho yeguye, apfuye, avanywe ku murimo n’icyemezo cy’urukiko cyangwa agize impamvu imubuza burundu kurangiza inshingano ze igihe cya manda gisigaye kingana nibura n’umwaka umwe, urwego rwamushyizeho ni rwo rugena umusimbura.

Abasenateri bari hafi kurangiza manda yabo muri uyu mwaka batowe mu mwaka wa 2019.

Manda ebyiri za Sena y’u Rwanda zabanje zamaraga imyaka umunani kuri buri imwe ariko itongezwa icyakora ubu itegeko riteganya ko imara imyaka itanu ishobora kongezwa inshuro imwe.

Soma urutonde rw’abemerewe kwiyamamariza kuba Abasenateri:

Urutonde rw'abakandida senateri bemejwe mu matora ya 2024. pic.twitter.com/CknjItMnrY

— National Electoral Commission | Rwanda (@RwandaElections) August 17, 2024

TAGGED:AbasenateriAmategekofeaturedIntekoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda: Abapolisi 98 Ba DRC Basubijwe Iwabo
Next Article Kamala Arashaka Kwereka Amerika Ko N’Umugore Yayitegeka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?