Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abemerewe Kwiyamamariza Kuba Senateri Batangajwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Abemerewe Kwiyamamariza Kuba Senateri Batangajwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 August 2024 6:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komisiyo  y’Amatora yatangaje urutonde rw’abakandida bemejwe n’Urukiko rw’Ikirenga ko bemerewe kwiyamamariza kuba Senateri mu matora azaba mu kwezi gutaha kwa Nzeri.

Abazatorwa bazaba bari muri uru rwego rwa kabiri rukomeye nyuma ya Perezidansi y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka itanu.

Iyi Komisiyo yatangaje ibi nyuma yo gushyikirizwa urutonde rw’abakandida bamejwe  n’urw’abataremejwe n’Urukiko rw’ikirenga.

Abasenateri batorwa n’inzego zihariye hakurikijwe inzego z’imitegekere y’u Rwanda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iteka rya Perezida wa Repubulika ryo ku wa 16 Kamena 2024 niryo rigaragaza ko amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko Umutwe wa Sena ateganyijwe ku wa 16, Nzeri, 2024.

Iryo teka rigaragaza kandi ko ibikorwa byo kwiyamamaza kw’abakandida mu matora y’Abasenateri bizatangira ku wa Mbere taliki 26, Kanama, 2024, bikarangira ku wa Gatandatu taliki 14, Nzeri, 2024.

Hanatangajwe Abakandida bemejwe ku mwanya w’Umusenateri utorwa mu mashuri makuru naza Kaminuza bya Leta ndetse n’utorwa mu mashuri makuru na za Kaminuza byigenga.

Amatora y’Abasenateri 12 akorwa hakurikijwe inzego z’imitegekere y’igihugu azaba ku wa 16, Nzeri 2024, mu gihe ku wa 17 Nzeri( bucyeye bw’’aho) hazatorwa umusenateri umwe wo mu mashuri makuru naza Kaminuza bya Leta n’Umusenateri umwe wo mu mashuri makuru na za Kaminuza byigenga.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda igizwe n’imitwe ibiri, uw’Abasenateri n’uw’Abadepite.

- Advertisement -

Sena y’u Rwanda iba igizwe  n’Abasenateri 26 bamara manda y’imyaka itanu, yongerwa rimwe gusa kandi nibura 30% bakaba abagore.

Muri bo 12 batorwa n’inzego zihariye hakurikijwe Inzego z’imitegekere y’igihugu, umunani(8) bashyirwaho na Perezida wa Repubulika na bane(4) bagashyirwaho n’Ihuriro ry’Igihugu nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya politiki.

Hari undi utorwa mu barimu cyangwa abashakashatsi bo muri kaminuza no mu mashuri makuru bya Leta, undi agatorwa mu barimu cyangwa abashakashatsi bo muri kaminuza no mu mashuri makuru byigenga.

Abahoze ari abakuru b’igihugu barangije neza manda yabo cyangwa basezeye ku bushake bwabo Itegeko nshinga rivuga ko iyo babisabye bajya muri Sena nk’uko biteganywa n’ingingo ya 80 n’iya 81 zaryo kandi bo ibya Manda ntibibareba.

Ingingo ya 13 y’Itegeko Ngenga N°007/2018.OL ryo ku wa 08/09/2018 rigenga imikorere ya Sena igena ko mu gihe Umusenateri washyizweho yeguye, apfuye, avanywe ku murimo n’icyemezo cy’urukiko cyangwa agize impamvu imubuza burundu kurangiza inshingano ze igihe cya manda gisigaye kingana nibura n’umwaka umwe, urwego rwamushyizeho ni rwo rugena umusimbura.

Abasenateri bari hafi kurangiza manda yabo muri uyu mwaka batowe mu mwaka wa 2019.

Manda ebyiri za Sena y’u Rwanda zabanje zamaraga imyaka umunani kuri buri imwe ariko itongezwa icyakora ubu itegeko riteganya ko imara imyaka itanu ishobora kongezwa inshuro imwe.

Soma urutonde rw’abemerewe kwiyamamariza kuba Abasenateri:

Urutonde rw'abakandida senateri bemejwe mu matora ya 2024. pic.twitter.com/CknjItMnrY

— National Electoral Commission | Rwanda (@RwandaElections) August 17, 2024

TAGGED:AbasenateriAmategekofeaturedIntekoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda: Abapolisi 98 Ba DRC Basubijwe Iwabo
Next Article Kamala Arashaka Kwereka Amerika Ko N’Umugore Yayitegeka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?