Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ab’i Nyanza Begerejwe Telefoni Za Airtel Zihendutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Ab’i Nyanza Begerejwe Telefoni Za Airtel Zihendutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 December 2023 12:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abatuye Umurenge wa Busasamana n’indi mirenge ituriye Umujyi wa Nyanza bahuriye kuri stade Nyanza kugira ngo bagure telefoni za Airtel zihendutse. Nibo bahereweho mu Ntara y’Amajyepfo nyuma y’uko abo mu Mujyi wa Kigali, Uburasirazuba n’Uburengerazuba bazegerejwe mu bihe bitandukanye.

Ni telefoni igura Frw 20,000 ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira murandasi y’igisekuru cya kane( 4G).

Gutanga izi telefoni ni gahunda Airtel Rwanda ifatanyijemo na Guverinoma y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo.

Umuturage witwa Mukagasana avuga ko yavuye mu Murenge wa Mukingo aje kugura iyo telefoni.

Ati: “ Kuva numva ko izo telefoni zaje, nahise ntangira kwizigamira kugira ngo nzaze kuyigura. Naje nturutse kure ariko nishimiye ko nyibonye.”

Rukaburandekwe nawe ni umuturage wo muri Busasamana wahawe iyo telefoni.

Avuga ko kuba ari telefoni ihendutse kandi ikoresha murandasi ari akarusho ku muntu wese ushaka gukurikirana ibibera hirya no hino ku isi.

Avuga ko ikindi kiza ari uko izatuma n’abana be bamenya gukoresha ikoranabuhanga hakiri kare.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi avuga ko yizeye ko abaturage bazakoresha neza iriya telefoni ntibe iyo guhamagara no kwitaba gusa.

Avuga ko bagomba gukora k’uburyo izababera isoko y’ubumenyi butandukanye birimo kumenya  iteganyagihe, amakuru y’ubuhinzi n’ibindi.

Indrajeet Singh wavuze mu izina ry’ubuyobozi bukuru bwa Airtel Rwanda yashimye Perezida Kagame ushakira imbere ibyiza by’abatuye u Rwanda kandi akabikora mu buryo butandukanye.

Singh avuga ko ikigo akorera kizakomeza gukorana n’u Rwanda mu nzego zitandukanye, byose bigakorwa hagamijwe iterambere rirambye.

Guha abaturage telefoni muri gahunda ya Connect Rwanda yatangiriye mu Karere ka Kayonza mu ntangiriro z’Ukwakira, 2023.

Hari mu muhango wari uhagarariwe na Minisitiri w’ikoranabuhanga na Inovasiyo Madamu Paula Ingabire.

Abatuye Imirenge ya Busasamana, Cyabakamyi, Mukingo, Nyagisozi na Kigoma nibo baje gufatira izo telefoni kuri stade ya Nyanza iri i Busasamana.

TAGGED:AirtelfeaturedKagameNyanzatelefoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasirikare Ba Mbere Ba EAC Bavuye I Goma
Next Article RIB Yafashe Umugabo Wacukuye Icyobo Iwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?