Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ab’i Nyanza Begerejwe Telefoni Za Airtel Zihendutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Ab’i Nyanza Begerejwe Telefoni Za Airtel Zihendutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 December 2023 12:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abatuye Umurenge wa Busasamana n’indi mirenge ituriye Umujyi wa Nyanza bahuriye kuri stade Nyanza kugira ngo bagure telefoni za Airtel zihendutse. Nibo bahereweho mu Ntara y’Amajyepfo nyuma y’uko abo mu Mujyi wa Kigali, Uburasirazuba n’Uburengerazuba bazegerejwe mu bihe bitandukanye.

Ni telefoni igura Frw 20,000 ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira murandasi y’igisekuru cya kane( 4G).

Gutanga izi telefoni ni gahunda Airtel Rwanda ifatanyijemo na Guverinoma y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo.

Umuturage witwa Mukagasana avuga ko yavuye mu Murenge wa Mukingo aje kugura iyo telefoni.

Ati: “ Kuva numva ko izo telefoni zaje, nahise ntangira kwizigamira kugira ngo nzaze kuyigura. Naje nturutse kure ariko nishimiye ko nyibonye.”

Rukaburandekwe nawe ni umuturage wo muri Busasamana wahawe iyo telefoni.

Avuga ko kuba ari telefoni ihendutse kandi ikoresha murandasi ari akarusho ku muntu wese ushaka gukurikirana ibibera hirya no hino ku isi.

Avuga ko ikindi kiza ari uko izatuma n’abana be bamenya gukoresha ikoranabuhanga hakiri kare.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi avuga ko yizeye ko abaturage bazakoresha neza iriya telefoni ntibe iyo guhamagara no kwitaba gusa.

Avuga ko bagomba gukora k’uburyo izababera isoko y’ubumenyi butandukanye birimo kumenya  iteganyagihe, amakuru y’ubuhinzi n’ibindi.

Indrajeet Singh wavuze mu izina ry’ubuyobozi bukuru bwa Airtel Rwanda yashimye Perezida Kagame ushakira imbere ibyiza by’abatuye u Rwanda kandi akabikora mu buryo butandukanye.

Singh avuga ko ikigo akorera kizakomeza gukorana n’u Rwanda mu nzego zitandukanye, byose bigakorwa hagamijwe iterambere rirambye.

Guha abaturage telefoni muri gahunda ya Connect Rwanda yatangiriye mu Karere ka Kayonza mu ntangiriro z’Ukwakira, 2023.

Hari mu muhango wari uhagarariwe na Minisitiri w’ikoranabuhanga na Inovasiyo Madamu Paula Ingabire.

Abatuye Imirenge ya Busasamana, Cyabakamyi, Mukingo, Nyagisozi na Kigoma nibo baje gufatira izo telefoni kuri stade ya Nyanza iri i Busasamana.

TAGGED:AirtelfeaturedKagameNyanzatelefoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasirikare Ba Mbere Ba EAC Bavuye I Goma
Next Article RIB Yafashe Umugabo Wacukuye Icyobo Iwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?