Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ab’i Nyanza Begerejwe Telefoni Za Airtel Zihendutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Ab’i Nyanza Begerejwe Telefoni Za Airtel Zihendutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 December 2023 12:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abatuye Umurenge wa Busasamana n’indi mirenge ituriye Umujyi wa Nyanza bahuriye kuri stade Nyanza kugira ngo bagure telefoni za Airtel zihendutse. Nibo bahereweho mu Ntara y’Amajyepfo nyuma y’uko abo mu Mujyi wa Kigali, Uburasirazuba n’Uburengerazuba bazegerejwe mu bihe bitandukanye.

Ni telefoni igura Frw 20,000 ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira murandasi y’igisekuru cya kane( 4G).

Gutanga izi telefoni ni gahunda Airtel Rwanda ifatanyijemo na Guverinoma y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo.

Umuturage witwa Mukagasana avuga ko yavuye mu Murenge wa Mukingo aje kugura iyo telefoni.

Ati: “ Kuva numva ko izo telefoni zaje, nahise ntangira kwizigamira kugira ngo nzaze kuyigura. Naje nturutse kure ariko nishimiye ko nyibonye.”

Rukaburandekwe nawe ni umuturage wo muri Busasamana wahawe iyo telefoni.

Avuga ko kuba ari telefoni ihendutse kandi ikoresha murandasi ari akarusho ku muntu wese ushaka gukurikirana ibibera hirya no hino ku isi.

Avuga ko ikindi kiza ari uko izatuma n’abana be bamenya gukoresha ikoranabuhanga hakiri kare.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi avuga ko yizeye ko abaturage bazakoresha neza iriya telefoni ntibe iyo guhamagara no kwitaba gusa.

Avuga ko bagomba gukora k’uburyo izababera isoko y’ubumenyi butandukanye birimo kumenya  iteganyagihe, amakuru y’ubuhinzi n’ibindi.

Indrajeet Singh wavuze mu izina ry’ubuyobozi bukuru bwa Airtel Rwanda yashimye Perezida Kagame ushakira imbere ibyiza by’abatuye u Rwanda kandi akabikora mu buryo butandukanye.

Singh avuga ko ikigo akorera kizakomeza gukorana n’u Rwanda mu nzego zitandukanye, byose bigakorwa hagamijwe iterambere rirambye.

Guha abaturage telefoni muri gahunda ya Connect Rwanda yatangiriye mu Karere ka Kayonza mu ntangiriro z’Ukwakira, 2023.

Hari mu muhango wari uhagarariwe na Minisitiri w’ikoranabuhanga na Inovasiyo Madamu Paula Ingabire.

Abatuye Imirenge ya Busasamana, Cyabakamyi, Mukingo, Nyagisozi na Kigoma nibo baje gufatira izo telefoni kuri stade ya Nyanza iri i Busasamana.

TAGGED:AirtelfeaturedKagameNyanzatelefoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasirikare Ba Mbere Ba EAC Bavuye I Goma
Next Article RIB Yafashe Umugabo Wacukuye Icyobo Iwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?