Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Irashaka Gushyiraho Ikoranabuhanga Mu Mikorere Ya Gasutamo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Afurika Irashaka Gushyiraho Ikoranabuhanga Mu Mikorere Ya Gasutamo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 November 2022 11:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera ko isi iri kwihuta mu ikoranabuhanga, abashinzwe gukusanya imisoro n’amahoro nabo bavuga ko uru rwego rutagomba gusigara inyuma.

Ni muri uru rwego i Kigali hari kubera inama mpuzamahanga yahuriwemo n’abakora mu rwego rw’imari no gukusanya imisoro n’amahoro kugira ngo baganire uko uru rwego rwarushaho gukoreshwamo ikoranabuhanga.

Ikigo mpuzamahanga cya za gasutamo, World Customs Organization, kivuga ko ikoranabuhanga mu guhererekanya amakuru ari ngombwa mu rwego rwo gukusanya imisoro n’amahoro kuko abantu basigaye bagendana ikoranabuhanga bityo bakaba bagomba guhabwa uburyo bwo kumenyekanisha no kwishyura amahoro batavunitse.

Umuyobozi w’iki kigo witwa Batsirai Chadzingwa ati: “Ni muri uru rwego hatangijwe uburyo bwo kumenyakanisha imisoro n’amahoro hifashishijwe ikoranabuhanga, impapuro n’ikaramu bisanzwe bikoreshwa bikagabanywa. Biri no mu buryo bwo kurinda ibidukikije kuko gukora impapuro hari ibyo bisaba.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Ni inama mpuzamahanga yiga uko gasutamo zarushaho gukoresha ikoranabuhanga.

Avuga ko  gukoresha ikoranabuhanga mu kwishyura no kumenyekanisha imisoro bigira akamaro ndetse no mu kwirinda gutanga amafaranga mu ntoki ngo runaka ayajyane ku mukozi ushinzwe gukusanya no gutanga umusoro w’umusoreshwa.

Binyuze mu ikoranabuhanga kandi,  ngo abashinzwe kureba uko amafaranga akusanywa baba bafite ubushobozi bwo kureba uko umuntu ayatanga, bitabaye ngombwa ko basohoka mu Biro bakamenya ayo atanze, ayo asigaje ndetse bakanamenya niba ibi abikora mu buryo budahindagurika.

Umushyitsi mukuru muri iriya  nama akaba ari n’Umuyobozi mukuru wungirije wa Rwanda Revenue Authority, Jean Louis Kalingondo, avuga ko iyi nama ije mu gihe isi muri rusange iri kwivana mu ngaruka za COVID-19 ariko ngo iki cyorezo cyeretse isi ko igomba kuba ifite ubundi buryo bwo gukomeza gukora ubucuruzi n’ubwo ibihe byaba bikomeye.

Jean Louis Kalingondo

Avuga ko abantu bagomba gukomeza gushaka uburyo burambye kandi bishingiye ku ikoranabuhanga butuma ibintu bikomeza gukora no gukorana.

Ku byerekeye u Rwanda, Jean Louis Kalingondo yavuze ko rwakoze uko rushoboye kugira ngo rwegere abaturage basore batavunitse kandi banamenyekanishe ibyo bakora bitabavunnye.

- Advertisement -

Ati: “ Ndabizeza ko u Rwanda ruzatanga ibyo rusabwa byose kugira ngo rufashe muri uyu murongo wo gukoresha ikoranabuhanga mu bucuruzi, kumenyakanisha, gukusanya ndetse no mu gutanga imisoro n’amahoro kuri za gasutamo.”

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe imisoro n’amahoro cyanashyizeho uburyo Abanyarwanda cyangwa abandi bakorera ubucuruzi mu Rwanda bashobora kumenyekanisha uko imisoro n’amahoro bakusanyije ihagaze.

Ni uburyo bise e-tax services.

TAGGED:AfurikaAmahorofeaturedIkoranabuhangaImisoroKalingondo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Brazil: Abatwara Amakamyo Bafunze Imihanda Bamagana Intsinzi Ya Lula Da Silva
Next Article U Rwanda Rwisuzumye Rureba Aho Rugeze Ruha Buri Wese Murandasi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?