Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Agahinda K’Umugabo Wifuzaga Kuba Umunyamategeko, Uburwayi Bwo Mu Mutwe Bukaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Agahinda K’Umugabo Wifuzaga Kuba Umunyamategeko, Uburwayi Bwo Mu Mutwe Bukaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 October 2021 11:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mathias Rutikanga ni umugabo abenshi mu bakoresha umuhanda Kayonza-Gatsibo bakunze kubona ari kwigisha abantu amwe mu mahame agenga ubukungu, ariko akanababwira n’Ibyanditswe Byera. Yabwiye Taarifa ko yakuze afite inzozi zo kuzaminuza mu by’amategeko ariko uburwayi bwo mu mutwe bumukoma imbere.

Uyu mugabo ufite imvi z’uruyenzi yatubwiye ko yitwa Mathias Rutikanga.

Kuri uyu wa Mbere tariki 25, Ukwakira, 2021 yaganiriye na Taarifa avuga ko izina Mathias yaryiswe n’umwe mu nshuti z’umuryango wabo wabasuye akiri muto ariko Rutikanga aryitwa na Nyina.

Atuye ahitwa Ndatemwa mu Murenge wa Kiziguro muri Gatsibo.

Akenshi aba agenda n’amaguru abwiriza abantu Ijambo ry’Imana ndetse na bimwe mu bigize amahame y’ubukungu.

Icyongereza abivugamo kirasobanutse neza. Abo aba yageneye amasomo ye abasanga aho imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange ziparika, bamwe bavamo abandi bajyamo.

Hari n’ubwo ava Ndatemwa, akagera Kayonza, agakandagira n’amaguru akagera i Nyarutarama, Remera na Kimironko, aho aciye hose  abwira abantu ubumenyi afite.

Ntawe atuka cyangwa ngo ahutaze.

Ubwo Taarifa yamwegeraga ngo agire icyo atubwira, yavuze ko yacishirije amasomo ageze mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye.

Yabanje kutubaza abo turi bo kugira ngo abone kugira icyo adutangariza.

Amaze kumva abo turibo yisanzuye atubwira byinshi.

Ati: “ Nize ahitwa Jinja Senior Secondary School mu Karere ka Jinja muri Uganda.”

Icyo gihe ngo yabaga muri imwe mu nzu ya ririya shuri yitwa Livingstone Hall.

Mathias Rutikanga avuga ko mu mwaka wa 1981 ubwo yiteguraga gukora ikizamini cy’imibare ari bwo yumvise ababara umutwe, ajya kwivuza ariko biranga bimuviramo uburwayi bwo mu mutwe bwa hato na hato.

Ati: “ Iyo ntaza guhura n’ibi bizazane mba narakomeje nkiga Amateka, Ubukungu n’Ubumenyi bw’isi nkabizamura ku rwego rw’amashuri yisumbuye ariko muri Kaminuza nkiga amategeko.”

N’ubwo atakomeje amasomo ye, Bwana Rutikanga akunda gusoma ibitabo akabikuramo ubumenyi asangiza abandi aho ageze hose.

Yafuzaga kuba Inkotanyi ku rugamba…

Mu kiganiro yaduhaye tumusanze Ndatemwa, Mathias Rutikanga yatubwiye ko ubwo Inkotanyi zafataga intwaro zigatera u Rwanda kugira ngo zirubohore, nawe yagize ubushake bwo kuzijyamo ariko uburwayi bwo mu mutwe bumubera ‘icyangira umuntu gitera agahinda’.

Ati: “ Kuba ntarafashe intwaro ngo ndasane n’abategekaga nabi u Rwanda ntibyankuyemo gushyigikira bagenzi banjye barubohoye. Nishimiye kuba ndi mu gihugu cyanjye rwose.”

Abajijwe niba hari bamwe mu bo biganye yaba yibuka, Mathias Rutikanga yavuze ko yibuka mo Bugingo na Hashim.

Icyo twavuga ko Ishuri rya Jinja…

Ishuri rya Jinja bivugwa ko na Perezida Paul Kagame yaryizemo. Riri mu mashuri yisumbuye akomeye ari muri Uganda.

Ryashinzwe mu mwaka wa 1948 kugira ngo ryigishe abana bakomokaga ku Bahinde biyongeraga muri Uganda ya kiriya gihe.

Birumvikana ko hari n’abana bakomoka ku Bahinde n’Abanya Uganda bize muri ririya shuri.

TAGGED:AmategekofeaturedGatsiboRutikangaUburwayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imvura Nyinshi Yangije Byinshi I Gatsibo, Hamwe Amashanyarazi Yabuze
Next Article U Rwanda Rwasinyanye Na BioNTech Amasezerano Yo Gutangiza Uruganda Rw’Inkingo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?