Amafoto: Kagame Yaherekeje Macron Wasoje Uruzinduko Mu Rwanda

Perezida Emmanuel Macron yasoje uruzinduko rw’amateka yagiriraga mu Rwanda, yemereyemo uruhare rw’igihugu cye mu mateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ni uruzinduko rwa kabiri rwa Perezida w’u Bufaransa, nyuma ya Jenoside. Uwaherukaga ni Nicolas Sarkozy mu 2010.

Uruzinduko rwa Macron rwaranzwe n’imbwirwaruhame yakoreye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi. Yagize ati “Mu kwicisha bugufi no kubaha, uyu munsi, ndemera uruhare rwacu.”

Ni amagambo Perezida Kagame yavuze ko aremereye kurusha gusaba imbabazi, kuko kenshi kuvuga ukuri bigorana.

- Advertisement -

Ati “Amagambo ye yari afite uburemere kurusha gusaba imbabazi. Ni ukuri. Kuvuga ukuri hari ubwo bigira ingaruka. Ariko urabikora kubera ko nibyo bikwiye, n’iyo byagusaba ikiguzi, n’igihe byaba bitishimiwe na bose.”

“Nubwo hari amajwi menshi avugira hejuru, Perezida Macron yateye iyi ntambwe. Muri politiki no mu myitwarire, iki ni igikorwa cy’ubutwari buhebuje.”

Muri uru ruzinduko, u Bufaransa bwahaye u Rwanda inkingo 117.600 za COVID-19. Macron yanatangaje ko binyuze mu Kigega cy’iterambere AFD, hagati ya 2019-2023 u Bufaransa buzatanga mu nkunga agera kuri miliyoni 500 z’amayero.

Mu bindi bikorwa Macron yitabiriye mu Rwanda harimo gufungura Centre Culturel Francophone mu mujyi wa Kigali, ari kumwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, Louise Mushikiwabo.

Yanasuye Ikigo nderabuzima cya Gikondo, yitegereza ibijyanye n’icyorezo cya COVID-19 mu Rwanda.

Yasuye kandi IPRC Tumba mu Karere ka Rulindo, ahagiye gushyirwa ishami ryigisha ibijyanye n’ikoranabuhanga (Mechatronics), ku bufatanye n’ikigega cy’Abafaransa cy’Iterambere, AFD.

Yasoreje umunsi muri Kigali Arena areba umukino wa Basketball Africa League, Patriots BBC yo mu Rwanda yatsinzemo Ferroviário de Maputo yo muri Mozambwique. Yari kumwe na Perezida Kagame.

Macron yahise akomereza uruzinduko rwe i Pretoria muri Afurika y’Epfo.

Perezida Kagame yaherekeje Macron ku kibuga cy’indege

 

Kagame asezera kuri Macron mbere yo guhaguruka i Kigali
Perezida Kagame asubira inyuma mbere y’uko indege ya Macron ihaguruka
Macron yahawe icyubahiro ku kibuga cy’indege
Macron na Kagame barebye umukino wa BAL muri Kigali Arena
Bahuye n’abayobozi ba BAL irimo kuba ku nshuro ya mbere
Perezida Macron yasuye Ikigo Nderabuzima cya Gikondo
Perezida Macron ari kumwe na Cardinal Antoine Kambanda
Macron na Mushikiwabo bafunguye Centre Curturel Francophone
Iki kigo giherereye ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali

 

Macron yasuye IPRC Tumba mu Karere ka Rulindo
Yagiranye ibiganiro na bamwe mu banyeshuri

 

Perezida Kagame na Macron bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru
Macron yakiriwe muri Village Urugwiro
Muri uru ruzinduko hasinywe amasezerano atandukanye y’ubufatanye

 

Macron yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi
Yunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Macron yitegereza amafoto ya bamwe mu bazize Jenoside

 

Macron yakiriwe mu biro by’umukuru w’igihugu, ageze mu Rwanda

 

 

 

 

Yakiriwe ku kibuga cy’indege na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Dr Vincent Biruta

Perezida Macron yururuka mu ndege i Kanombe

 

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version