Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amasaha Menshi Y’Akazi Ahitana Abantu 745 000 Ku Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Amasaha Menshi Y’Akazi Ahitana Abantu 745 000 Ku Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 May 2021 4:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubushakashatsi bwatangajwe na BBC buvuga ko abantu bakora amasaha menshi bagira ibyago byo gupfa bazize guturika kw’imitsi yo mu bwonko cyangwa umutima ugahagarara.

Guhera muri 2016 kugeza ubu habaruwe abantu 745 000 kandi ngo imibare ntigabanuka cyane ndetse hari impungenge ko iziyongera muri ibi bihe Isi iri kuva mu ngaruka za COVID-19, igakora cyane ngo yongere itere imbere.

Abenshi mu babaruwe bahitanywe n’ingaruka zo gukora cyane ni abatuye Amajyepfo n’Abo mu Burengerazuba bw’Aziya.

Buriya bushakashatsi bwasanze abantu bakora amasaha agera cyangwa arenga 55 mu Cyumweru bagira ibyago bingana na 35%  byo guturika udutsi two mu bwonko ndetse n’ibyago bingana na 17% by’uko umutima wabo wahagarara.

Abahanga basanze abishwe n’akazi kenshi bari bafite imyaka irenze 45 y’amavuko kuzamura.

Kimwe mu byerekana ko ubuzima bw’abantu bakora amasaha menshi buri kuba bubi ni uko batangira kumva bababara ingingo zimwe na zimwe, harimo no mu gatuza.

Umukozi ushyira mu gaciro aba agomba kumenya ko abakozi be bagomba kugira igihe cyo kuruhuka kugira ngo bazamuhe umusaruro mwinshi kandi mu gihe kirambye.

Kumenya gukoresha neza igihe bituma umuntu atazakenera igihe cy’inyongera kandi bitari ngombwa

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima rivuga ko rifite impungenge z’uko muri ibi bihe isi iri kwivana mu ngaruka z’icyorezo COVID-19, abantu bazakora cyane kugira ngo bazahure ubukungu bwabo bigatuma umubare w’abahitanwa na ziriya ndwara twavuze haruguru wiyongera.

Iri shami ritangaza ko mbere y’uko COVID-19 yaduka abantu bakoraga amasaha menshi bageraga ku 9% by’abatuye isi.

OMS/ WHO itangaza ko abantu bakora amasaha menshi ari abakorera mu ngo kurusha abakorera ahantu hatari mu ngo zabo.

TAGGED:AKAZIAmasahafeaturedGuhitanaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yijeje Tshisekedi Kumushyigikira Mu Kugarura Umutekano
Next Article Rayon Sports Yanganyije Na Gasogi United Mu Mukino Yahawemo Imituku Ibiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?