Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yahagaritse Inkunga Iha Amahanga Uretse Israel Na Misiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yahagaritse Inkunga Iha Amahanga Uretse Israel Na Misiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2025 12:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Amerika ifite Politiki nshya y'ububanyi n'amahanga.
SHARE

Inyandiko yasohowe na Leta zunze ubumwe z’Amerika yabonywe n’itangazamakuru mpuzamahanga ivuga ko ubutegetsi bwa Donald Trump bwakuyeho inkunga bwahaga amahanga ukuyemo Israel na Misiri.

Ni amakuru yatangajwe kuri uyu wa Gatanu binyuze muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga bita State Department.

Umuyobozi muri Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga witwa Marco Rubio yandikiye abakozi be ko mu rwego rwo gukomeza intego ya Trump yo gutuma Amerika yongera kuba igihangange ari ngombwa ko inkunga nini yahabwaga amahanga ihagarara.

Ni inkunga igizwe na miliyari nyinshi z’amadolari($) zahabwaga ibihugu byose bikorana na Amerika haba mu rwego rw’imibereho myiza, ubuzima n’igisirikare.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubutumwa Rubio yoherereje abakozi be hari aho bugira buti: “ Nta nkunga yindi izapfa kongera gutangwa uko bibonetse kose kereka ibanje gusuzumwa neza bikagaragara ko ikwiye”.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP bivuga ko icyo cyemezo cya Amerika kizagira ingaruka mu ngeri nyinshi mu nkunga yahaga amahanga harimo na Ukraine.

Iki gihugu mu myaka irenga ibiri ishize cyahawe inkunga ya miliyari nyinshi z’amadolari ya Amerika ngo gihangane n’Uburusiya bwa Vladmir Putin wagitangijeho intambara muri Gashyantare, 2022.

Amerika ya Joe Biden niyo yagihaye ayo mafaranga menshi hagamijwe ko gikoma imbere Uburusiya ariko Ukraine ntirabishobora.

Amabwiriza yo mu Biro bya Rubio avuga ko ikindi gikwiye guhagarara ari amafaranga Amerika yashyiraga mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, yafashaga mu kurwanya indwara n’ibyorezo hirya no hino.

- Advertisement -

Amerika yashyiraga amafaranga menshi mu kigega kitwa PEPFAR yafashaga mu kugura imiti igabanya ubukana bwa SIDA yifashishwaga cyane cyane n’abatuye Afurika.

Iki kigega cyashinzwe na George W. Bush mu mwaka wa 2003 kandi cyashimirwaga ko cyatabaye ubuzima bwa miliyoni nyinshi z’abaturage bo muri Afurika no muri Aziya.

Ubwo bufasha bwatumye abantu benshi bishimira gukorana na Amerika muri politiki zayo aho zabaga zitangijwe hose.

Bivugwa ko imiti yatanzwe binyuze mu bufatanye bwa kiriya kigega n’amahanga yatabaye abantu miliyoni 26 hirya no hino ku isi bashoboraga kuba barahitanywe na SIDA.

Inyandiko yo mu Biro bya Rubio ivuga ko ayo mabwiriza atareba ahanini Israel kuko yo izakomeza guhabwa inkunga ya gisirikare, ikaba inkunga kandi izahabwa na Misiri igihugu gikorana neza na Amerika kuva mu mwaka wa 1979 ubwo cyagiranaga amasezerano na Israel yo kuyibera inshuti.

Rubio avuga ko undi mwihariko uri muri uko kwiyemeza, ari uko igihugu cye kizakomeza gutanga inkunga y’ibiribwa ku bihugu bimwe na bimwe biri mu bibazo nka Syria na Sudan.

Icyakora ibikubiye muri iyo nyandiko byamaganywe na bamwe mu bagize Inteko ishinga amategeko ya Amerika cyane cyane abo mu ishyaka rya Abademukarate.

Ni ishyaka rihabanye n’irya Perezida Donald Trump uyobora Amerika muri iki gihe.

Bamwe mu badipolomate bavuga ko ibyemezo Trump ari gufata muri iki gihe bituma inshuti za Amerika zitangira kuyivanaho umutima.

Byari bimenyerewe ko inkunga Amerika iha amahanga ari yo iyifasha kuvuga rikijyana kuko yatumaga ibyo i Washington bavuze amahanga abyumva, bihabanye n’uko Ubushinwa bubigenza kuko bwo buba bwishakira umutungo kamere hanyuma bugatanga amafaranga.

Leta zunze ubumwe za Amerika binyuze mu Biro bya Rubio zatangaje ko mu minsi 85 iri imbere hazabaho isuzuma ryihariye ry’ingamba zo guhagarika inkunga iha amahanga, hakarebwa buri ngingo ukwayo.

Guhera mu mwaka wa 2023, Amerika yahaye amahanga inkunga ya Miliyari $64 zo gufasha mu bikorwa by’iterambere.

N’ubwo ari uko bimeze, Perezida wayo mushya aherutse gusinya iteka ryo guhagarika inkunga iki gihugu cyahaga amahanga, rikagatangira gushyirwa mu bikorwa mu minsi 90.

Nta bisobanuro by’uburyo bizakorwa byatanzwe.

Umuyobozi wa Oxfam, ishami rya Amerika, witwa Abby Maxman yavuze ko imyanzuro ya Trump izatuma ubuzima bw’abantu benshi bujya mu kaga.

Yagize ati “ Inkunga Amerika iha amahanga ntirenze 1% by’ingengo yose y’imari kandi ituma iki gihugu kigaragara neza mu ruhando mpuzamahanga. Ni inkunga ifasha mu guhangana n’indwara, ingaruka z’ibiza, kwigisha abana hirya no hino ku isi no kugabanya ubukene”.

Yanzuye ko gukuraho iyi nkunga bizatuma abana benshi ku isi batakaza ubuzima, abandi babeho mu bukene bukabije.

 Ingaruka zatangiriye muri OMS

Ikinyamakuru cyo muri Amerika kitwa Politico kivuga ko ubuyobozi bwa OMS bwanzuye ko nta bandi bakozi buteganya guha akazi ndetse ko nta n’umukozi uzapfa kongera kubona uruhushya rw’urugendo rw’akazi mu mahanga.

Impamvu ni ukugira ngo amafaranga ari mu kigega cyayo akoreshwe neza nyuma y’umwanzuro wa Trump wo guhagarika inkunga Amerika yahaga OMS.

Inama zose zizajya zikorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga keretse izo bizagaragara ko bidashoboka ko zakorwa muri ubwo buryo.

OMS kandi yahagaritse kugura ibikoresho by’ikoranabuhanga kandi gusana inyubako no kugura izindi modoka nabyo byabaye bihagaritswe kugeza igihe bizagaragara ko kubikora ntacyo byahombya.

Ibi bitangajwe mu gihe hari ubwoba ko umunsi hagize ikindi cyorezo cyaduka ku isi, bizagora amahanga kugikumira kubera ko Amerika yiyemeje kutongera gutanga amafaranga yayo ngo ajye muri OMS afashe mu gukumira no kurwanya ibyorezo.

Amerika niyo yari umuterankunga ukomeye mu iterambere ry’ibindi bihugu byose byo ku isi.

TAGGED:AmerikafeaturedInkungaIsraelRubioTrumpUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC Yemeje Urupfu Rwa Jenerali Chirumwami Wayoboraga Kivu Ya Ruguru
Next Article UN Ifite Impungenge Ko Intambara Ya DRC Yakwira Hose Mu Karere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?