Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ashima Ko Abanyarwanda Barenze Ibibi Byinshi Bahitamo Iterambere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ashima Ko Abanyarwanda Barenze Ibibi Byinshi Bahitamo Iterambere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 May 2023 9:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mohd Yassin uyobora Ikigo cyakira imizigo izana mu Rwanda, Magasins Géneraux du Rwanda, (MAGERWA) avuga ko nk’umunyamahanga umaze imyaka ibiri mu Rwanda, yasanze uko Abanyarwanda babanye ari urugero rwiza rwo kurenga ibibi.

Yabibwiye Taarifa nyuma y’igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi cyakozwe n’abakozi b’ikigo ayoboye, kibera ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi muri Gasabo.

Mohd Yassin avuga ko umuntu wese wumvise ibyabaye mu Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ashesha urumeza.

Avuga ko kubyumva no kureba amafoto cyangwa amashusho yabyo,  bituma ubyumvise ahita yumva umubabaro abahigwaga bagize kandi akiyumvisha n’ubunyamaswa ababikoze babikoranye.

Ati: “ Ni  Ibintu bibabaje, bikora umuntu ku mutima bikamutera intimba. Twabyumvaga tutarabona uko byagenze, ariko iyo usuye urwibutso ubona mu ncamake ko ibintu byari bikomeye. Iyo usomye ibyanditswe kuri Jenoside, wumva ugize intimba ku mutima”.

Yassin avuga ko n’ubwo ari uko byagenze, Abanyarwanda b’iki gihe hari isomo rinini baha andi mahanga.

Ni isomo ryo kwiyunga, abantu bakarenga ibibatanya bakubaka igihugu cyababyaye.

Umuyobozi wa MAGERWA avuga mu myaka ibiri amaze akorera mu Rwanda, yasanze ari igihugu gifite abaturage bashimitse, biyemeje kurenga byinshi bibi bakiteza imbere.

Ati: “ Abaturage babanye neza, bunze ubumwe. Abanyarwanda barakundanye mu buryo bw’uko n’ubwo bazi ibyababayeho mu mwaka wa 1994, ariko biyemeje ko bitazongera na rimwe, kandi ibyo bituma bakorana umwete ngo biteze imbere”.

Mohd Yassin(ubanza ibumoso) n’abo bakorana bashyira indabo ku mva rusange y’Urwibutso rwa Gisozi.

Ibi byiyongeraho indi ngingo y’uko u Rwanda rutekanye.

Mohd Yassin avuga ko mu myaka irenga 10 amaze muri Afurika, mu Rwanda yahasanze umutuzo  bitoroshye kubona ahandi.

Umwe mu bakozi ba MAGERWA witwa Théophile Murasanyi avuga ko we na bagenzi be baje kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu rwego rwo kubaha icyubahiro, ariko anenga abantu bazi aho imibiri y’Abatutsi yajugunywe, bakaba batarahavuga ngo ishyingurwe.

Yemeza ko ibi bibangamira urugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge Abanyarwanda biyemeje gukorana.

Icyakora yabwiye Taarifa ko kuba Fulgence Kayishema uri mu bantu bakomeye bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi yarafatiwe muri Afurika y’Epfo, ari ikintu cyo kwishimira kandi giha ubutumwa abandi bakoze kiriya bw’uko bitinde bitebuke bazafatwa.

Fulgence Kayishema Umaze Imyaka Myinshi Yihisha Kubera Jenoside YAFASHWE

Kayishema ari mu bagize uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Nyange.

Bashyize indabo ku mva rusange ishyinguwemo imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside bagera ku 250,000.
Basobanuriwe uko byangeze mu bice by’Umujyi wa Kigali no mu Rwanda muri rusange
TAGGED:AbanyarwandaAbatutsifeaturedIterambereJenosideMAGERWARwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inama Umuhanga Aha Guverinoma Y’u Rwanda Mu Gutegura Ba Rwiyemezamirimo
Next Article Rwanda:Inyama Z’Ingurube Zishobora Kuzongerwa Ku Ifunguro Ry’Abana Ku Ishuri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwatsinze Uganda Mu Mikino Ya Handball

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUtuntu n'Utundi

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?