Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biden Arashaka Miliyari $100 Zo Kurwanya Putin Na Hamas
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Biden Arashaka Miliyari $100 Zo Kurwanya Putin Na Hamas

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 October 2023 7:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Biro bye bita Oval Office, Perezida w’Amerika Joe Biden yaraye agejeje ijambo ku Banyamerika ababwira ko Amerika idashobora kureka ngo Putin akore uko yishakiye kandi ngo  ibi ni ko bimeze no kuri Hamas.

Ati: “ Ntidushobora kureka abakora iterabwoba nka Putin na Hamas ngo bidegembye.”

Yaboneyeho gusaba Inteko ishinga amategeko ya Amerika gutora umushinga wemerera Guverinoma ya Biden ingengo y’imari ya Miliyari $100 zo gufasha Ukraine kurwana na Putin kandi zigafasha na Israel kurwana na Hamas.

Icyifuzo cye ariko gishobora kuzahura n’imbogamizi kubera ko hari Abasenateri bo mu ishyaka ry’Aba ‘Republicans’ batavuga rumwe n’irye( Democrats) batangaje ko batabimushyigikiyemo.

Mu Ntebe y’Umukuru w’Amerika bita Resolute Desk, Biden yavuze ko n’ubwo ibya Putin bitandukanye n’ibya Hamas byombi iburebeye mu gihe byabereye n’aho byabereye, ariko ngo intego ni imwe, iyo ikaba iyo gukwiza iterabwoba ku isi.

Ni iterabwoba avuga ko rigamije ‘kunegekaza Demukarasi y’Umuturanyi.’

Kuri Biden, ntiwakubita Hamas ngo usige Putin kuko nawe aramutse ahawe rugari yakorwa nk’ibyo ikora.

Mu ijambo ry’iminota 15, Biden yavuze kandi ko undi mwanzi Israel isangiye na Ukraine ari Iran.

Avuga ko Iran ifasha Uburusiya mu ntambara na Ukraine kandi igafasha na Hamas guteza ibibazo mu Burasirazuba bwo  Hagati.

Yavuze ko ibyo byose Iran izabibazwa.

Biden asaba Inteko ishinga amategeko kumuha Miliyari $100 akazisaranganya mu buryo bukurikira:

Miliyari $60 zizahabwa Ukraine ngo ihangane n’Uburusiya, izindi miliyari $14 zihabwe Israel mu ntambara na Hamas, izindi miliyari $10 zikoreshwe mu gutanga ibiribwa n’imiti ku bavanywe mu byabo nizo ntambara, hanyuma andi angana na miliyari $7 ashyirwe mu bikorwa by’Amerika byo kurinda amazi y’Inyanja Ubushinwa buhuriraho na Taiwan, ahitwa Indo- Pacific.

Biden asaba Abasenateri kurenga ibibatanya mu myumvire ya Politiki y’ibibera muri Amerika ahubwo bakumva ko amafaranga abasaba ari ayo gutuma igihugu cyabo gikomeza kuba igihangange binyuze mu kudatererana abakiyunzeho muri iki gihe basumbirijwe n’abo yita ‘abanzi ba Demukarasi’.

TAGGED:AbasenateriBidenfeaturedHamasIntambaraIsraelPutinUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kubaka Ikigo Nyafurika Kita Ku Mboga N’Imbuto
Next Article Rwanda: Irushanwa Nyafurika Ry’Abagore Muri Basket Riragarutse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?