Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biragoye Kubona Amagambo – Perezida Kagame Yababajwe n’Urupfu Rwa Dr. Paul Farmer
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Biragoye Kubona Amagambo – Perezida Kagame Yababajwe n’Urupfu Rwa Dr. Paul Farmer

Last updated: 21 February 2022 10:40 pm
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko bigoye kubona amagambo wakoresha mu kuvuga urupfu rw’umuganga akaba n’inshuti y’u Rwanda, Dr. Paul Farmer, witabye Imana kuri uyu wa Mbere afite imyaka 62.

Yazize urupfu rutunguranye kuko yaguye mu buriri bwe, mu Rwanda.

Dr. Farmer ni umwe mu bashinze umuryango Partners in Health wamenyekanye mu Rwanda nk’Inshuti mu buzima, ari nawo watangije kaminuza y’ubuzima, University of Global Health Equity, UGHE, ikorera i Butaro mu karere ka Musanze.

Mu 2019 Perezida Kagame yamwambitse umudali wiswe Order of Outstanding Friendship – Igihango, kubera uruhare rukomeye yagize mu guteza imbere urwego rw’ubuzima ku Isi no mu Rwanda by’umwihariko.

Perezida Kagame yanditse kuri Twitter ati “Biragoye kubona amagambo wakoresha mu kuvuga inkuru ibabaje y’urupfu rwa Paul Farmer – umuntu, umuganga, umugiraneza. Yari abumbiye hamwe ibintu byinshi bigoye kubona mu muntu umwe.”

“Ingano y’igihombo asize kiri mu buryo bwinshi ku muntu ku giti cye, ku Rwanda nk’igihugu (yakundaga ndetse yahaye umusazu mu kongera kwiyubaka), ku muryango wanjye nanjye ubwanjye. Nzi neza ko hari benshi babyumva batyo muri Afurika no hanze yayo.”

Yihanganishije umugore wa nyakwigendera Didi Bertrand Farmer, abana batatu babyaranye n’inshuti n’abavandimwe.

It is hard to find the words to express the sad news of the passing of Paul Farmer – the person, the Doctor, the philanthropist. He combined many things hard to find in one person.

— Paul Kagame (@PaulKagame) February 21, 2022

Urubuga rwa Partners in Health rugaragaza ko uyu muryango watangiye gukorera mu Rwanda mu 2005.

Wafashije cyane Guverinoma mu guhangana n’icyorezo cya Sida, guteza imbere ubuzima bw’umubyeyi n’umwana no gufasha mu guteza imbere serivisi z’ubuvuzi ku baturage 860,000 mu turere twa Burera, Kayonza na Kirehe.

Muri ubwo bufatanye kandi harimo imikoranire n’Ibitaro by’Akarere bya Butaro byo mu karere ka Burera, bimaze kuzobera mu kuvura indwara za kanseri.

Ikigo cy’Icyitegererezo mu kuvura kanseri cya Butaro, Butaro Cancer of Excellence, cyafunguwe mu 2012. Bibarwa ko buri mwaka kivura abaturage 1700.

Mu 2015 uyu muryango wibarutse umushinga mushya, University of Global Health Equity (UGHE), ku bufatanye na Guverinoma y’u Rwanda n’inkunga ya Bill & Melinda Gates Foundation na Cummings Foundation.

Iyi kaminuza Dr. Farmer yari ayibereye umuyobozi w’icyubahiro (Chancellor), mu buzima bwayo bwa buri munsi iyoborwa na Prof Agnes Binagwaho.

Mu 2019 Partners in Health yafunguye Butaro Cancer Support Center, ikigo cyakira abarwayi mu gihe baba bitabwaho.

TAGGED:Dr Paul FarmerfeaturedPartners in HealthPaul KagameUGHE
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inkuba Zimaze Kwica Abantu 20 Guhera Muri Mutarama
Next Article Perezida Kagame Yitabiriye Umuhango Wo Gutaha Stade Nshya Ya Senegal
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Igiciro Cy’Ikawa Y’Ibitumbwe Cyazamutseho 25% Ku Kilo

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

You Might Also Like

Mu mahanga

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?