Muri gereza zo mu Burundi( gereza bayita Ibohero mu Kirundi) haravugwa iyicarubozo rikorerwa imfungwa n’abagororwa bakiri bashya.
Udafite amafaranga yo kugura bougie ntahabwa ifunguro ndetse iyo abajije ibyayo arakubitwa bigatinda.
Umuyobozi w’Ihuriro ALUCHOTO rikora ubuvugizi ku mfungwa n’abagororwa witwa Vianney Ndayisaba avuga ko abakora iryo yicarubozo barikora mu izina ry’uwitwa Nyumbakumi, akaba umuyobozi w’abandi bafunganywe.
Ndayisaba yabwiye Burundi Iwacu ko hari abantu 98 byabayeho muri gereza zo mu Ntara za Gitega, Bubanza, Bururi, izo mu Ntara ya Bujumbura y’umujyi na Bujumbura rural.
Abo bantu kandi bari no muri Cibitoke.
Aho hose abagororwa bakiri bashya bashyirwa ku ruhande bagakubitwa na bagenzi babo babaka amafaranga yo kugura bougie, uyabuze cyangwa ntayatange kubera impamvu runaka akimwa ifunguro.
Vianney Ndayisaba avuga ko ikibabaje kurushaho ari uko biba bizwi n’inzego ziyobora ‘amabohero’ ariko zikabirenza ingohe.
Amafaranga yakwa abagororwa aba ari hagati ya Fbu 5,000 na Fbu 10,000.
Amafunguro abagororwa bimwa ni ayo benewabo cyangwa inshuti zabo baba babagemuriye.
Inkoni bakubitwa zirabarembya ndetse bamwe barahakomerekera bikomeye.
ALUCHOTO isaba inzego za Leta n’indi miryango ikorera mu Burundi guharanira ko uburenganzira bw’imfungwa n’abagororwa bwubahirizwa kuko u Burundi bwashyize umukono ku masezerano mpuzamahanga arengera imfungwa n’abagororwa n’andi yo kwita ku burenganzira bwa muntu muri rusange.
Imibare y’Umuryango APRODH ivuga ko mu Burundi haba gereza 13 zirimo abagororwa 13. 824 mu baturage Miliyoni 13.41.
Abagore babarimo bangana na 7.5%.
Iyo mibare bivugwa ko ari iyo mu mwaka wa 2024.