Leta y’u Burundi yategetse ko nta mpunzi yo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo yemerewe gucumbikirwa mu muryango uwo ari wo wose.
Bose bategetswe kuba mu nkambi z’agateganyo mbere y’uko bimurirwa mu zabugenewe ziri gutegurwa na UNHCR ifatanyije na Guverinoma.
Imirwano iherutse muri Uvira yatumye hari abaturage benshi ba DRC bahungira mu Burundi.
Baje ku bwinshi k’uburyo Leta ya Gitega ivuga ko kubakira no kubacumbikira bose uko bakabaye ari ingorane zikomeye ku gihugu.
Abenshi muri bo ni abana n’abagore kandi ubuzima bwabo buri mu kaga kubera umunaniro batewe n’urugendo no kutagira amazi n’ibiribwa bihagije.
N’ubwo ari uko bimeze, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu n’umutekano rusange( mu Burundi bayita Ministère de l’Intérieur, du Développement Communautaire et de la Sécurité Publique) yategetse Intara na Komini zose kutemera ko hari umuturage wa DRC ucumbikirwa mu rugo rw’umwenegihugu.
Ni icyemezo kigomba gushyirwa mu bikorwa k’ubufatanye na Polisi ndetse ngo n’impunzi zari zaramaze gucumbikirwa cyangwa kwikodeshereza inzu zigomba kuzivamo zigasanga abandi.
Nyuma yo gusanga abandi, nibwo zizabarurwa zoherezwe mu nkambi zitaruye igihugu zahunze, ibi bikaba bigenwa n’amategeko mpuzamahanga arengera impunzi.
Actualité.cd yanditse ko kugeza ubu mu Burundi hamaze guhungira abantu 500,000 muri bo abana bakaba ari 100,000.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, ritangaza ko imibereho y’abana bahunganye na ba Nyina muri DRC iteje inkeke kandi ko igihangayikishije kurushaho ari uko hari abandi bagihungana n’ababo.


