Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bwa Mbere Ku Isi Hakozwe Insoro Zitukura Z’Amaraso Y’Umuntu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Bwa Mbere Ku Isi Hakozwe Insoro Zitukura Z’Amaraso Y’Umuntu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 November 2022 8:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Blood cells flow through a blood vessel.
SHARE

Amaraso nirwo rugingo izindi zikenera kugira ngo zigerweho n’intungamubiri zikeneye kugira ngo zikore kandi zikure. Ku rundi ruhande ariko, amaraso ubwayo ni urugingo rushobora no kurwara. Muzumva cyangwa mwumvise bavuga ko runaka yarwaye cancer y’amaraso  n’izindi ndwara.

Iyo umuntu akoze impanuka cyangwa se umubyeyi agatakaza amaraso akenshi abaganga bihutira guhagarika amaraso ntakomeze kuva hanyuma bakamutera andi.

N’ubwo hari abemeza ko guterwa amaraso y’undi umuntu ubwabyo ari  ikintu gicyemura ikibazo ariko kikaba cyateza ikindi mu gihe kirambye, ntibibuza ko abaganga benshi bakenera amaraso yo gutera abayakeneye.

Hari ubwo abura kubera ko yashize cyangwa se ahari akaba adahuza n’ubwoko bw’abayakeneye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amaraso agira ubwoko bita  ‘groupes sanguins.’

Mu rwego rwo gushakira iki kibazo umuti, abahanga mu binyabuzima baherutse gukora insoro zitukura, izi zikaba ari zo ziganza mu maraso zikanayaha ibara ritukura dusanzwe tuyaziho.

Kuba izo nsoro zakozwe, abahanga bizera ko bizafasha abantu barwaye cancer zitandukanye kumara igihe batarapfa kubera ko amraso yabo azafashwa gukomeza kugira imbaraga zo guhangana n’iyi ndwara.

Ikibazo abantu nk’aba bari basanzwe bafite ni uko bahabwaga amaraso n’abantu benshi bigatuma  bigera aho umubiri wabo unanirwa kuyakira yose ahubwo ukumva wahora ubona ay’umwe.

Umwe mu baganga bo mu kigo cy’Amerika gishinzwe ubuvuzi, NHS, witwa Dr. Farrukh Shah avuga ko n’ubwo ziriya nsoro zizafasha ariko ngo n’amaraso asanzwe atangwa n’abantu ntazirengagizwa.

- Advertisement -

Icyakora icyo abahanga bashaka kugenzura mu buryo bwimbitse ni ukureba niba amaraso yakorewe muri laboratwari aramba mu mubiri w’uwayatewe kurusha amaraso asanzwe atangwa n’abantu.

Biramutse bigaragaye ko ari uko bimeze, byafasha kubera ko amaraso aterwa abantu yagabanuka mu nshuro bayaterwa kandi n’umubare w’abayatanga ukagabanuka kandi burya igira ikiguzi.

Prof Ashley Toye usanzwe wigisha muri Kaminuza ya  Bristol akaba ari nawe wayoboye umushinga wo gukora ariya maraso, avuga ko icyo bagezeho ari intambwe nziza iganisha mu gukora amaraso ahagije yazarokora benshi mu gihe kiri imbere.

Aya maraso kandi azafasha abantu bafite ubwoko bwihariye bw’amaraso kuyabona igihe bazaba bayakeneye.

Abo bantu no mu Rwanda barahari.

Umuyobozi w’ishami ryo gutanga amaraso mu Kigo gishinzwe ubuzima (RBC), Dr. Muyombo Thomas aherutse gusaba ko abantu bafite ubwoko bwa O Positif Na O Négatif’ batanga amaraso ari benshi kugira ngo bazibe icyuho cy’uko amaraso yo muri ubu bwoko ahari adahagije ugereranyije n’abarwayi bayakeneye.

TAGGED:AmarasofeaturedImpanukaKaminuzaRBC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uncle Austin Yisubiyeho Ku Cyemezo Yari Amaze Igihe Gito Afashe
Next Article Icyo Umugore W’Umunyamakuru Nsengimana Afungiwe Cyamenyekanye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?