Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bwa Mbere Ku Isi Hakozwe Insoro Zitukura Z’Amaraso Y’Umuntu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Bwa Mbere Ku Isi Hakozwe Insoro Zitukura Z’Amaraso Y’Umuntu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 November 2022 8:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Blood cells flow through a blood vessel.
SHARE

Amaraso nirwo rugingo izindi zikenera kugira ngo zigerweho n’intungamubiri zikeneye kugira ngo zikore kandi zikure. Ku rundi ruhande ariko, amaraso ubwayo ni urugingo rushobora no kurwara. Muzumva cyangwa mwumvise bavuga ko runaka yarwaye cancer y’amaraso  n’izindi ndwara.

Iyo umuntu akoze impanuka cyangwa se umubyeyi agatakaza amaraso akenshi abaganga bihutira guhagarika amaraso ntakomeze kuva hanyuma bakamutera andi.

N’ubwo hari abemeza ko guterwa amaraso y’undi umuntu ubwabyo ari  ikintu gicyemura ikibazo ariko kikaba cyateza ikindi mu gihe kirambye, ntibibuza ko abaganga benshi bakenera amaraso yo gutera abayakeneye.

Hari ubwo abura kubera ko yashize cyangwa se ahari akaba adahuza n’ubwoko bw’abayakeneye.

Amaraso agira ubwoko bita  ‘groupes sanguins.’

Mu rwego rwo gushakira iki kibazo umuti, abahanga mu binyabuzima baherutse gukora insoro zitukura, izi zikaba ari zo ziganza mu maraso zikanayaha ibara ritukura dusanzwe tuyaziho.

Kuba izo nsoro zakozwe, abahanga bizera ko bizafasha abantu barwaye cancer zitandukanye kumara igihe batarapfa kubera ko amraso yabo azafashwa gukomeza kugira imbaraga zo guhangana n’iyi ndwara.

Ikibazo abantu nk’aba bari basanzwe bafite ni uko bahabwaga amaraso n’abantu benshi bigatuma  bigera aho umubiri wabo unanirwa kuyakira yose ahubwo ukumva wahora ubona ay’umwe.

Umwe mu baganga bo mu kigo cy’Amerika gishinzwe ubuvuzi, NHS, witwa Dr. Farrukh Shah avuga ko n’ubwo ziriya nsoro zizafasha ariko ngo n’amaraso asanzwe atangwa n’abantu ntazirengagizwa.

Icyakora icyo abahanga bashaka kugenzura mu buryo bwimbitse ni ukureba niba amaraso yakorewe muri laboratwari aramba mu mubiri w’uwayatewe kurusha amaraso asanzwe atangwa n’abantu.

Biramutse bigaragaye ko ari uko bimeze, byafasha kubera ko amaraso aterwa abantu yagabanuka mu nshuro bayaterwa kandi n’umubare w’abayatanga ukagabanuka kandi burya igira ikiguzi.

Prof Ashley Toye usanzwe wigisha muri Kaminuza ya  Bristol akaba ari nawe wayoboye umushinga wo gukora ariya maraso, avuga ko icyo bagezeho ari intambwe nziza iganisha mu gukora amaraso ahagije yazarokora benshi mu gihe kiri imbere.

Aya maraso kandi azafasha abantu bafite ubwoko bwihariye bw’amaraso kuyabona igihe bazaba bayakeneye.

Abo bantu no mu Rwanda barahari.

Umuyobozi w’ishami ryo gutanga amaraso mu Kigo gishinzwe ubuzima (RBC), Dr. Muyombo Thomas aherutse gusaba ko abantu bafite ubwoko bwa O Positif Na O Négatif’ batanga amaraso ari benshi kugira ngo bazibe icyuho cy’uko amaraso yo muri ubu bwoko ahari adahagije ugereranyije n’abarwayi bayakeneye.

TAGGED:AmarasofeaturedImpanukaKaminuzaRBC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uncle Austin Yisubiyeho Ku Cyemezo Yari Amaze Igihe Gito Afashe
Next Article Icyo Umugore W’Umunyamakuru Nsengimana Afungiwe Cyamenyekanye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?