Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CP Kabera Yasabye Ibigo Bicunga Umutekano Kureka Ubunebwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

CP Kabera Yasabye Ibigo Bicunga Umutekano Kureka Ubunebwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 November 2023 10:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komiseri w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano w’ibikorwa remezo n’ibigo byigenga bicunga umutekano; Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yasabye abafite ibigo byigenga bicungira abantu umutekano kunoza imikorere, abakozi babo bakareka ubunebwe kandi bakamenya gukoresha neza ikoranabuhanga rijyanye n’akazi kabo.

Yabibasabiye mu nama yamuhuje n’abayobozi n’abakozi b’ibigo n’amakoperative byigenga bikora akazi ko gucunga umutekano yabereye ku kicaro gikuru cya Polisi.

CP Kabera yabwiye abo bayobozi ko biriya biganiro byateguwe mu rwego rwo kubashishikariza kunoza imikorere hagamijwe kuziba ibyuho bikigaragara muri serivisi batanga.

Ati: “Mu bugenzuzi bwakozwe aho abakozi b’ibigo byigenga bicunga umutekano bakorera hirya no hino mu gihugu, hari ibitagenda neza aho usanga abakozi batita ku kazi bashinzwe uko bikwiye, abadakoresha neza ibikoresho by’ikoranabuhanga byifashishwa mu gusaka, ndetse n’abagaragaza ubunebwe bityo ntibabashe gutahura ibishobora guhungabanya umutekano w’aho barinze.”

Yabasabye gukosora ibitagenda neza mu kazi kandi bukubahiriza ibiteganywa n’ iteka rya Minisitiri w’umutekano  rigena imikorere y’ibigo byigenga bicunga umutekano.

CP Kabera yabibukije ko uko isi itera imbere mu ikoranabuhanga ari nako ibyaha birushaho kwiyongera.

Anabibutsa ko ibikorwaremezo biri mu byo bafite inshingano zo gucungira umutekano kandi bikaba mu bikunze kwibasira n’abakora iterabwoba.

Yabasabye  kurushaho gukunda akazi no kugakora kinyamwuga barangwa n’imikoranire myiza no guhanahana amakuru.

Kabera yabwiye abayobozi b’ibi bigo ko bagomba gushyira imbaraga mu mahugurwa baha abakozi,  bakarushaho kwigenzura bagasuzuma niba buzuza neza inshingano kugira ngo barusheho gutanga serivisi nziza.

Alexis Buterere uyobora Urugaga rw’Ibigo byigenga bicunga umutekano, yavuze ko n’ubwo inzira ikiri ndende, hari aho bavuye n’aho bageze kandi ko hari byinshi biri gushyirwa ku murongo gahoro gahoro.

Yashimiye Polisi y’u Rwanda n’ubuyobozi bw’igihugu muri rusange ku bushake bwo gushyira akazi kabo ku rwego mpuzamahanga kandi ko n’ibitarakemuka bizabonerwa umuti bidatinze.

Mu bandi babyitabiriye harimo Umuyobozi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Assistant Commissionner of Police (ACP) Desire Gumira.

Mu Rwanda hari ibigo byigenga bicunga umutekano 16 bikoresha abakozi bose hamwe 26,373.

Biteganyijwe ko ibiganiro nk’ibi bizakomereza mu Ntara zose z’igihugu mu rwego rwo kwegera abakozi bahabakorera.

Abayobozi b’ibigo byigenga bicungira abantu umutekano
Basabwe kunoza imikorere, abakozi babao bakayoboka ikoranabuhanga kandi bakareka ubunebwe.
TAGGED:featuredIbigoKaberaPolisiUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gicumbi: Umukobwa Yatwitse Umugabo Wamuteye Inda
Next Article RDF Irategura Umukino N’Ingabo Za Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Andi makuruMu Rwanda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?