Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Abaturage Batwitse Umusirikare Ari Muzima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Abaturage Batwitse Umusirikare Ari Muzima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 October 2022 3:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ahitwa Kamanyola muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo haravugwa inkuru y’abasore bafashe umusirikare baramukubita bamunogeje baramutwika. Babikoze bahorera umuvunjayi wari waraye yambuwe n’abantu bamuteze atashye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere muri kariya gace haramutse umutekano muke kuko urubyiruko rwafunze umuhanda uhuza ibice bigera Kamanyola mu kibaya cya Ruzizi.

Ni mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Iyi midugararo yatangiye ubwo umuvunjayi yahuraga n’abantu bafite intwaro bakamwambura barangiza bakamukubita bakanamukomeretsa.

Abasore bo muri ako gace bahise barakra bashinga bariyeri hafi aho kugira ngo barebe ko hari uwo bafata bakabimuryoza.

Mu ubwo burinzi bwabo, haje guca umusirikare wambaye sivile baramufata baramukubita bamaze kumuzahaza bamutwika akiri muzima.

Ikinyamakuru Actualité.cd kivuga ko ruriya rubyiruko rwaketse ko uriya musirikare yari ari mu itsinda ry’abantu bambuye uriya muvunjayi.

Umuyobozi wa Kamanyola witwa Papy Matabaro avuga ko abaturage bakubise uriya musirikare baramutwika ariko ngo nta mwenda ya gisirikare yari yambaye.

Iby’uko ari umusirikare byaje kumenyekana nyuma.

Hagati aho kandi ngo nta rujya n’uruza ruhuza Bukavu na Uvira ruri kuba kubera iyo midugararo iri muri Kamanyola.

TAGGED:IntaraKivuUmusirikare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article UPDATED: Impanuka Yabereye i Rusizi Yahitanye Batanu, Shoferi Acika Akaguru
Next Article Burkina Faso: Lt Col Damiba Uherutse Guhirikwa Ku Butegetsi Yahungiye Muri Togo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?