Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Indwara Itazwi Irica Abantu Umusubizo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbuzima

DRC: Indwara Itazwi Irica Abantu Umusubizo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 December 2024 6:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare ivuguruye itangwa n’inzego z’ubuzima muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ivuga ko indwara indwara itaramenyekana iri kwica abantu umusubizo.

Ubu imaze kwica abantu 130 muri Porovensi ya Kwango kandi iriyongera cyane kuko mu minsi mike bavuye ku bantu 79 baba 130.

Mu midugudu itandukanye y’aka gace haravugwa benshi bicwa n’iyi ndwara irangwa ahanini n’ibicurane, guhinda umuriro n’ibindi.

Yadutse mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bw’icyo gihugu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kuri X, Minisiteri y’ubuzima ivuga ko iyo ndwara yamenyekanye guhera ku tariki 24 Ukwakira, 2024, benshi mu bo imaze kwica bakaba ari abana bafite hejuru y’imyaka 15.

BBC yari yabanje gutambutsa inkuru  ivuga ko abantu barenga 300 bamaze kuyandura, ikarangwa no guhinda umuriro, kurwara umutwe, kwimyira bya buri kanya no gukorora, kugira ibibazo byo guhumeka no kutagira amaraso ahagije mu mubiri.

Abakora ubutabazi boherejwe mu Ntara ya Kwango, mu karere k’ubuzima ka Panzi, aho iyo ndwara yibasiye, kugira ngo bite ku barwayi bakore n’ iperereza ku bwoko bw’iyo ndwara.

BBC yanditse ko umuyobozi wo mu muryango utari uwa Leta (sosiyete sivile) witwa Symphorien Manzanza, yabwiye Reuters(bakesha iyo nkuru) ko uko ibintu bimeze biteye impungenge kuko umubare w’abanduye ukomeje kwiyongera.

Yagize ati: “Panzi ni Akarere k’ubuzima ko mu cyaro, rero hari ikibazo cyo kuhageza imiti.”

- Advertisement -

Umukozi wo ku rwego rwo hejuru mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) wo ku rwego rw’Afurika, yabwiye BBC ko bohereje “itsinda muri ako karere kitaruye gukusanya ibipimo byo gukoreraho amaperereza muri laboratwari [laboratoire].”

Abategetsi basabye abaturage gutuza no kuba maso.

Basabye abaturage gukaraba intoki bakoresheje amazi n’isabune, kwirinda kujya ahateraniye abantu benshi, no kwirinda gukora ku mirambo y’abapfuye mu gihe nta muganga uhari.

Repubulika ya Demukarasi ya Congo imaze igihe inahangana n’ikiza gikaze cya virusi y’ubushita bw’inkende (cyangwa ‘mpox’). Hagati ya Mutarama na Nyakanga uyu mwaka, abategetsi babaruye abantu hafi 14,500 banduye iyo virusi.

TAGGED:featuredIbicuraneIndwaraRepubulikaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Muri Karongi Ati: ‘Ikibazo Cy’Amazi Twaragikemuye’
Next Article Rubavu: Haravugwa Abaturage Barwaye Amavunja
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?