Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Indwara Itazwi Irica Abantu Umusubizo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbuzima

DRC: Indwara Itazwi Irica Abantu Umusubizo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 December 2024 6:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare ivuguruye itangwa n’inzego z’ubuzima muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ivuga ko indwara indwara itaramenyekana iri kwica abantu umusubizo.

Ubu imaze kwica abantu 130 muri Porovensi ya Kwango kandi iriyongera cyane kuko mu minsi mike bavuye ku bantu 79 baba 130.

Mu midugudu itandukanye y’aka gace haravugwa benshi bicwa n’iyi ndwara irangwa ahanini n’ibicurane, guhinda umuriro n’ibindi.

Yadutse mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bw’icyo gihugu.

Kuri X, Minisiteri y’ubuzima ivuga ko iyo ndwara yamenyekanye guhera ku tariki 24 Ukwakira, 2024, benshi mu bo imaze kwica bakaba ari abana bafite hejuru y’imyaka 15.

BBC yari yabanje gutambutsa inkuru  ivuga ko abantu barenga 300 bamaze kuyandura, ikarangwa no guhinda umuriro, kurwara umutwe, kwimyira bya buri kanya no gukorora, kugira ibibazo byo guhumeka no kutagira amaraso ahagije mu mubiri.

Abakora ubutabazi boherejwe mu Ntara ya Kwango, mu karere k’ubuzima ka Panzi, aho iyo ndwara yibasiye, kugira ngo bite ku barwayi bakore n’ iperereza ku bwoko bw’iyo ndwara.

BBC yanditse ko umuyobozi wo mu muryango utari uwa Leta (sosiyete sivile) witwa Symphorien Manzanza, yabwiye Reuters(bakesha iyo nkuru) ko uko ibintu bimeze biteye impungenge kuko umubare w’abanduye ukomeje kwiyongera.

Yagize ati: “Panzi ni Akarere k’ubuzima ko mu cyaro, rero hari ikibazo cyo kuhageza imiti.”

Umukozi wo ku rwego rwo hejuru mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) wo ku rwego rw’Afurika, yabwiye BBC ko bohereje “itsinda muri ako karere kitaruye gukusanya ibipimo byo gukoreraho amaperereza muri laboratwari [laboratoire].”

Abategetsi basabye abaturage gutuza no kuba maso.

Basabye abaturage gukaraba intoki bakoresheje amazi n’isabune, kwirinda kujya ahateraniye abantu benshi, no kwirinda gukora ku mirambo y’abapfuye mu gihe nta muganga uhari.

Repubulika ya Demukarasi ya Congo imaze igihe inahangana n’ikiza gikaze cya virusi y’ubushita bw’inkende (cyangwa ‘mpox’). Hagati ya Mutarama na Nyakanga uyu mwaka, abategetsi babaruye abantu hafi 14,500 banduye iyo virusi.

TAGGED:featuredIbicuraneIndwaraRepubulikaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Muri Karongi Ati: ‘Ikibazo Cy’Amazi Twaragikemuye’
Next Article Rubavu: Haravugwa Abaturage Barwaye Amavunja
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ndayishimiye Aherutse Kujya Kwishyuza Tshisekedi

Ubusinzi Burakomeje Mu Batwara Ibinyabiziga- Polisi

Ese Uburundi Burashaka Gufasha DRC No Muri Dipolomasi?

Icyorezo Cya Marburg Cyandutse Muri Ethiopia 

Amerika Imaze Kwica Abanya Venezuela 80 Guhera Muri Nzeri

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Uhagarariye u Rwanda Muri Singapore Yahaye Perezida Wayo Impapuro Zibimwemerera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Icyizere Cy’Uko Ukraine Izatsinda Intambara Irwana N’Uburusiya Ni Gike

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Abantu 40 Bapfiriye Mu Kirombe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubuzima

Rwanda: Ibicurane Byakuye Bamwe Umutima, Minisanté Irahumuriza Abantu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?