Ebola Yageze Mu Burayi

Umwanditsi wa Taarifa
3 Min Read

Umuturage w’Ubufaransa yabugejejemo Ebola nyuma y’iminsi yari amaze ari muganga muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Minisiteri y’Ubuzima y’u Bufaransa yatangaje kuri wa Gatatu ko uwo muganga yahise ajyanwa mu kigo cyihariye cyita ku barwayi kandi ko ngo ubu ameze neza.

Niwe muturage w’igihugu cy’Uburayi uhagejeje iyo ndwara.

Mu kwezi gushize nibwo Repubulika ya Demukarasi yatangaje ko yadutswemo icyorezo cya Ebola, ariko impuguke zemeza ko iyo virusi ishobora kuba yari imaze ibyumweru byinshi ikwirakwira mbere y’uko itahurwa.

Abantu barenga 260 bamaze kwemezwa ko bishwe n’iyo virusi muri icyo gihugu mu gihe abarenga 1,000 bayanduye.

Hagati aho, mu kwezi gushize umuganga w’Umunyamerika wasanzwemo Ebola yoherezwa mu bitaro byo mu Budage.

Uganda, ihana imbibi na DR Congo, nayo yamaze kwemeza ko hari abantu bayo banduye Ebola.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, World Health Organization (OMS/WHO), ryemeza ko abantu 20 bo muri Uganda bamaze kumenyekana ko bayanduye iriya ndwara, kandi ko abantu babiri bamaze gupfa bayizize.

Minisiteri y’ubuzima y’u Bufaransa yashimangiye ko ibyago byo gukwirakwira kw’iyi ndwara mu baturage ari bike cyane.

Umuyobozi wa WHO, Tedros Adhanom Ghebreyesus, nawe yavuze ko “ibyago by’uko yazagera ku bindi bihugu byo ku isi biri hasi” kandi ko “nta mpamvu yo kugira ubwoba”.

Ubu hari gushakishwa abantu bashobora kuba barahuye n’uwo muganga wo mu Bufaransa ngo bakurikiranwe bataranduza abandi.

Abakozi bo mu rwego rw’ubuzima nibo bafite ibyago byinshi byo kwandura Ebola, kubera ibyago byo guhura n’amatembabuzi y’umuntu wayanduye.

Mu Cyumweru gishize, WHO yatangaje ko mu bakozi b’ubuzima 75 banduye Ebola muri DR Congo, 17 muri bo bamaze gupfa.

Icyorezo cya Ebola kiriho ubu cyatewe n’ubwoko bwa virusi bwiswe Bundibugyo kubera aho  bwagaragaye mbere mu kitwa gutyo gakora ahanini Kuri Uganda no ku gice cya Ituri muri DRC.

Kugeza ubu nta rukingo ruraboneka rurwanya ubu bwoko bwa virusi.

Minisiteri y’Ubuzima y’u Bufaransa yavuze ko yashyizeho “gahunda yihariye yo gukurikirana” abakozi b’imiryango y’ubutabazi batahuka bavuye muri DR Congo.

Nk’uko bitangazwa n’Ikigo Africa Centres for Disease Control and Prevention hamwe n’inzego z’ubuzima za Amerika, iki cyorezo cya Ebola gishobora kuzaba kimwe mu byorezo bikomeye cyane byigeze kubaho.

Muri DR Congo, abantu banduye cyane bagaragara ahanini mu Ntara z’Uburasirazuba zirimo Ituri, Kivu y’Epfo na Kivu ya Ruguru.

Intara ya Ituri ni yo yibasiwe cyane n’iyi ndwara kuko irimo abarenga 90% byabamaze kwemezwa ko bayanduye.

Ikarita y’Ubufaransa mu Burayi

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *