Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: FBI Yishe Umugabo Wari Uherutse Gutera Ubwoba Biden
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

FBI Yishe Umugabo Wari Uherutse Gutera Ubwoba Biden

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 August 2023 1:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’Amerika rushinzwe ubugenzacyaha, Federal Bureau of Investigation, rwishe umugabo wari uherutse gutangaza kuri Facebook ko azica Biden.

Uwishwe yitwa Craig Robertson. Yari atuye muri Leta ya Utah.

Nta gihe kinini cyari gishize atangarije ku rukuta rwe rwa Facebook ko azica Perezida Biden n’umushinjacyaha witwa Alvin Bragg usanzwe ukorera muri Manhattan, New York, amuziza ko ari mu bashinja Donald Trump.

Bivugwa ko uyu mugabo yatangiye kwibazwaho n’abagenzacyaha ba FBI mu mezi menshi ashize ubwo yajyaga kuri Facebook akerekana imbunda nyinshi yari afite, akazerekana akoresheje Facebook.

Si bariya bantu gusa yatangarije kuri Facebook ko arwaye kuzica, ahubwo harimo n’abashinjacyaha nka

Merrick Garland na Letitita James w’i New York.

Icyo gihe abagenzacyaha ba FBI babonye ko ari umuntu wo kwitonderwa bajya kumuganiriza ngo bumve akamurimo.

Barahageze ababwira amagambo yabakuye umutima!

Yarababwiye ati: “ Numvise ko Joe Biden azaza inaha muri Utah mu minsi iri imbere. Nzambara umupira wanjye ufite ingofero, mfate imbunda ya M 24 ubundi nkureho umwanda.”

Robertson yageze aho abwira abakozi ba FBI ko bakwiye kwitahira bakazaguruka ari uko bamuzaniye urupapuro rumufata, urwo bita arrest warrant.

Nyuma y’aho yakomeje gutangaza amafoto afite imbunda ndetse kuri uyu wa Kabiri w’iki Cyumweru yatangaje indi avuga ko nibimukundira, azatuma Leta ya Utah yamamara nyuma y’uko azaba amaze kwivugana Biden.

Nyuma yaje kuraswa n’abagenzacyaha ba  FBI arapfa.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Kane ari bwo Perezida Biden ari busure Utah.

Biden
TAGGED:AmerikaBidenfeaturedImbundaUmuturageUruzinduko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Bari Kubwirwa Iby’Icyaha Cyo Kwangiza Ibidukikije
Next Article Nyirarugero Wayobora Intara Y’Amajyaruguru Nawe Yavanyweho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?