FUSO Yari Ijyanye Umuceri i Rusizi Yaguye Muri Nyungwe

Imodoka yo mu bwoko bwa  FUSO yavaga i Kigali ijyanye imifuka myinshi y’umuceri i Rusizi yaguye mu ishyamba rya Nyungwe shoferi ayigwamo, kigingi arakomereka bikomeye.

Uwakoze impanuka yari asohotse mu Murenge wa Rangiro yinjiye muwa Bushekeri, akata ikoni ntiyarirangiza agwa mu muferege.

Byabereye mu Kagari ka Muvungira, Umudugudu wa Mujabagiro winjiye mu Murenge wa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke.

Aho niho byabereye mu ishyamba rya Nyungwe

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Appolonie Mukamasabo yabwiye Taarifa ko koko iriya mpanuka yabaye.

Ati: “Ni koko iyo mpanuka yabaye. Yari irimo abantu babiri ari bo shoferi na kigingi we. Kigingi yakomeretse byoroheje  ariko umushoferi yakomeretse bikomeye k’uburyo bamugejeje no kwa muganga akitaba Imana”.

Bombi batwawe ku bitaro bya Bushenge ari naho Shoferi yapfiriye. Byabereye  ahitwa Kuw’Inka mu Murenge wa Rangiro.

Meya wa Nyamasheke avuga ko amakuru yumvise avuga ko shoferi yakase nabi bituma imodoka ihita ihenanguka munsi y’umuhanda.

Meya wa Nyamasheke Appolonie Mukamasabo

Ikindi ngo ni uko imodoka itaguye kure ahubwo yerenze umuhanda ariko ntiyatogoga ngo igere kure.

Hagati aho ariko umuhanda waje kuba nyabagendwa.

Meya wa Nyamasheke asaba abashoferi kujya baruhuka bihagije kuko ngo bishoboka ko impanuka yatewe n’uko shoferi yasinziriye.

Ikindi kandi ngo iriya mpanuka yabaye mu masaha y’umugoroba saa kumi n’iminota mirongo itanu n’irindwi( 6h57).

N’ubwo bikiri mu iperereza, ariko amakuru avuga ko ngo shoferi yatwawe n’agatotsi akara ikorosi nabi arenga umuhanda.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version