Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gare Ya Mbere Nini Mu Rwanda Igiye Kubakwa i Rubavu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Gare Ya Mbere Nini Mu Rwanda Igiye Kubakwa i Rubavu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 August 2022 10:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Akarere ka Rubavu kari mu Turere dukunze gusurwa n’abantu bava muri Kigali bagiye kuharuhukira kubera ko ari ahantu habereye ijisho kubera ikiyaga cya Kivu. Hanakoreshwa n’abacuruzi bavana ibicuruzwa muri DRC babizanye mu Rwanda. Kubera uru rujya n’uruza, hagiye kubakwa gare ifite agaciro kari hagati ya Miliyari Frw 6 na Miliyari Frw 7, ikazaba ari yo ya mbere nini mu Rwanda.

Ikigo kitwa Jali Investment nicyo kigiye kuzayubaka kandi giteganya ko izaba yuzuye mu myaka ibiri.

Izubakwa mu byiciro kandi  niyuzura izaba ifite amaguriro (supermarkets) na resitora izaba igezweho muri icyo gihe.

Imirimo yo gutangira kuyubaka igiye gutangizwa ahitwa  Nyakabungo mu Murenge wa Gisenyi ku buso bwa hectare 2.

Ubu imirimo iracyari mu gusiza ikibanza.

Abo muri Rubavu babwiye bagenzi bacu ba RBA ko icyo bari barategereje igihe kirekire noneho kigiye kubageraho.

Kuri bo, iriya gare izatuma babona imodoka zibajyana i Kigali zihagije bityo ntibategereze igihe kirekire cyangwa ngo bagende babyigana.

Abazubaka iriya gare ni ukuvuga Ikigo Jali Investment bavuga ko bazabikora mu byiciro bibiri.

Icyiciro cya mbere ni icyo guparikamo imodoka kizuzuzra mu mezi atandatu ya mbere, n’aho icyiciro cya kabiri kikazaba kigizwe no kubaka inzu z’ubucuruzi aho gufatira amafunguro n’aho kugurira ibindi bintu( supermarket).

Ibi bizatuma iyi gare iya iya mbere nini mu Rwanda kubera ubushobozi izaba ifite bwo kwakirira rimwe Coaster 120, bitaba ibyo ikaba yakwakira busi nini za RITCO  zigera kuri 80.

Meya wa Rubavu, Kambogo Ildephonse avuga ko uretse kuba gare izafasha mu koroshya gutwara abantu mu buryo bwa rusange, izagira n’uruhare mu kuzamura umutungo winjira mu isanduku y’Akarere.

Hagati aho, hari abafite impungenge z’uko iby’i Rubavu bikunze guhinduka kubera ko ari Umujyi uturiye umupaka wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, igihugu gihoramo umutekano mucye bikagira ingaruka ku rujya n’uruza ry’abajya cyangwa abava muri Rubavu bajya ahandi.

Umutekano mucye ukunze guterwa n’abarwanyi baba muri DRC ariko nanone n’ikirunga cya Nyiragongo nacyo kigira ibyacyo.

Abashoye imari muri iki gikorwa remezo bavuga ko n’ubwo gare nshya ya Rubavu yatangiye ku bakwa ari igikorwaremezo cyo kwishimira, abafite ibikorwa by’ubucuruzi n’abandi bashoye imari ahari gare uyu munsi, bibaza uko bizagenda mu gihe izaba itagihari, urujya n’uruza rwaragabanutse.

Bumva ko ibi bizabatera igihombo.

Kuri iyi ngingo, ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwabwiye RBA ko harimo kwigwa neza ikizahakorerwa cyatuma urujya n’uruza ruharangwa rukomeza.

TAGGED:AbagenziGareKambogoMeyaNyiragongoRubavuUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Abahimbira Ku Banyantege Nke- Kagame Avuga Ku Baka Abaturage Ruswa
Next Article Guca Plastique Ku Isi: Intego Ihamye Y’u Rwanda Na Norway
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?