Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Yubatse Ikigo Nderabuzima Cyo Kunganira Ababyeyi Bivuriza Kibagabaga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Gasabo: Yubatse Ikigo Nderabuzima Cyo Kunganira Ababyeyi Bivuriza Kibagabaga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 July 2023 11:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyarwandakazi Merry Balikungeri yubatse ikigo nderabuzima i Gacuriro ahitwa mu Umucyo Estate kugira ngo abagore batuye hafi aho bajye babona aho bivuriza bitabasabye kujya mu Bitaro bya Kibagabaga.

Bamwe mu bagore baturiye icyo gice bagirwaga no kugera ku bitaro bya Kibagabaga bitewe n’intera iri hagati yabyo n’aho batuye ndetse n’ubukana bw’uburwayi bufata bamwe na bamwe bubatunguye.

Balikungeri yabwiye Taarifa ko yubatse ikigo nderabuzima agamije gutanga umusanzu we mu mibereho myiza y’Abanyarwanda muri rusange n’iy’Abanyarwandakazi by’umwihariko.

Iki kigo kiri mu Kagari ka Gacuriro, Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.

Balikungeri avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi ikirangira ndetse no mu yindi myaka yakurikiyeho, Abanyarwandakazi bari bakeneye ubuvuzi bwihutirwa.

Balikungeri yeretse abashyitsi serivisi zitangirwa mu kigo nderabuzima yubatse

Ashimira Leta y’u Rwanda ko yagize uruhare mu gushyiraho uburyo buhamye bwo kubaka ubukungu, bityo uwo ari we wese ubishoboye akarufasha gutera imbere.

Ati: “ Icyo nashimira Leta ni uko yashyizeho uburyo bwo gufasha abantu bose gutekana bityo buri wese agakora ikimuteza imbere atibagiwe n’abandi”.

Ashima abamuteye inkunga yo kuvugurura kiriya kigo kugira ngo gikomeze gufasha abakigana.

Yabwiye Taarifa ko yakivuguruye ku nkunga ya Miliyoni Frw 100 ikigo Rwanda Women’s Network ayobora cyahawe n’ikigo Towers Of Strength.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinyinya Charles Havuguziga ashima ko kiriya kigo cyaje kunganira ibitaro bya Kibagabaga kuko yakira kandi akavura abaturage bakoresha ubwisungane mu buvuzi.

Umurenge wa Kinyinya iki kigo cyubatswemo ugizwe n’utugari tune aritwo Gacuriro, Gasharu, Kagugu na Murama.

Mu cyumba aho baganirira ku ntego z’akazi
TAGGED:AbagoreAbanyarwandakazifeaturedIkigoKinyinyaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urubyiruko Rw’Abanyarwanda Baba Hanze Yarwo Rwaganirijwe Na Polisi Y’u Rwanda
Next Article Aborora Inkoko Kijyambere Ni 32%- Dr. Uwituze Wo Muri RAB
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?