Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gaza: Inkunga Igenewe Abahahungiye Yangiwe Kwinjira Mu Nkambi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Gaza: Inkunga Igenewe Abahahungiye Yangiwe Kwinjira Mu Nkambi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 May 2024 2:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo gishinzwe guharanira uburenganzira bw’impunzi cyo muri Norway kitwa Norwegian Refugee Council kivuga ko hari amakamyo 2,000 apakiye inkunga igenewe abahungiye muri Gaza yangiwe kwinjira mu nkambi.

Yose ahagaze ku mupaka Gaza isangiye na Misiri.

Uyu mupaka wafunzwe guhera taliki 06, Gicurasi, 2024 ubwo Israel yatangizaga urugamba rweruye ku barwanyi ba Hamas bivugwa ko baciye ingando muri Rafah, agace Israel ivuga ko ari ako ka nyuma mu bice Hamas isagajemo ibirindiro.

Abakora mu kigo cy’abagiraneza cyo muri Norway twavuze haruguru bavuga ko amakamyo 2,000 ari yo ahagaze ku mupaka hagati ya Misiri na Gaza ategereje kwemererwa ngo yinjire muri Gaza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuyobozi w’iki kigo witwa Suze van Meegen avuga ko ibi biri kugira ingaruka ku banya Palestine bari muri Gaza kuko basigaranye ibintu bike byo kubafasha kubaho.

Imiti, amazi, ibinyampeke n’ibindi bifashisha mu isuku ngo hasigaye ngerere!

Ingabo za Israel zitangaza ko ku ruhande rwazo zafunguye ahandi hantu hashobora gucishwa inkunga yo kugeza kuri abo banya Palestine bahungiye mu nkambi iri muri icyo gice.

Zongeraho ko hari abandi baturage bagera kuri miliyoni bamaze guhungira muri kiriya gice bahunga imirwano iri kubera muri Rafah.

Meegen yabwiye BBC ati: “ Ubu umujyi wa Rafah ugabanyijemo ibice bitatu: Igice cyazonzwe n’intambara mu buryo bwa nyabwo, igice kigizwe n’amatongo n’ikindi gice kirimo abaturage benshi bakirundanyijemo”.

- Advertisement -

Avuga ko kuva intambara yatangira taliki 07, Ukwakira, 2023 hari abanya Palestine bamaze guhunga inshuro icyenda, bava hamwe bajya ahandi.

Abo bose nta yandi mizero bafite yo kubona ikibatunga atari inkunga y’abagiraneza.

Umuvugizi w’ingabo za Israel witwa Rear Admiral Daniel Hagari avuga ko ingabo z’igihugu cye ziri gukora uko bishoboka kose kandi mu buryo buzira kwibeshya kugira ngo zisenye burundu ibirindiro bya Hamas bisigaye.

Hagati aho hari abatekereza ko ibyo Israel iri gukora muri iyi minsi byo kugaba igitero gikomeye muri Rafah ari ibintu yumvikanyeho na Amerika n’ubwo bwose mu minsi ishize Biden yari yabibujije Netanyahu.

Ibivugwa muri Rafah bije nyuma y’uko kuri uyu wa Gatanu abacamanza mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha bategetse ko Israel ihagarika imirwano yayo muri Rafah.

Ni icyemezo bafashe nyuma y’urubanza Israel yaregwagamo na Afurika y’Epfo rw’uko ibikorwa bya gisirikare ikorera muri Palestine ntaho bitaniye na Jenoside.

Israel yo yisobanuye ivuga ko ibyo ntaho bihuriye n’ukuri kuko ibyo ikora ari ibikorwa bya gisirikare bisanzwe kandi bigamije kurangiza burundu abarwanyi ba Hamas bahora bayihungabanyiriza umutekano.

Ibi nabyo byemejwe nyuma y’isohorwa ry’impapuro zo kuzata murin yombi Benyamini Netanyahu na Ismail Haniyeh uyobora Hamas.

Ni impapuro bamwe bavuga ko ntacyo zizageraho kuko hari n’abandi batari ku rwego rw’icyubahiro nk’urwa Netanyahu bazishyiriweho ariko ntibafatwa barimo Omar Al Bashir wahoze uyobora Sudani ubu uba muri Uganda ariko agacishamo akajya no kuba muri Afurika y’Epfo.

TAGGED:BashirfeaturedGazaImfashanyoImpapuroNetanyahuSudaniUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IGP Namuhoranye Yagiye Gutsura Umubano Na Polisi Ya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu
Next Article Umugaba Mukuru W’Ingabo Z’u Rwanda Yasuye Uw’Iza Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?