Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gicumbi: Umugambi Wo Kugurisha Moto Yabandi Wabapfubanye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gicumbi: Umugambi Wo Kugurisha Moto Yabandi Wabapfubanye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 May 2023 10:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo bari barimo kujya mu biciro ngo bagurishe moto bivugwa ko bari bibye, abasore babiri baguwe gitumo na Polisi ihita ibambika amapingu. Bafatiwe mu Mudugudu wa Kamabuye, Akagari ka Jamba mu murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Gicumbi.

Moto ifite nimero RF 440 D.

Umurenge wa Nyamiyaga muri Gicumbi

Abafashwe ni abasore bato kuko umwe afite imyaka 23 y’amavuko undi akagira imyaka 21 y’amavuko.

Superintendent of Police (SP) Alex Ndayisenga ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru yavuze ko bafashwe bagiye kuyigurisha.

Yunzemo ko hari umuturage wahaye Polisi amakuru y’uko hari abasore abonanye moto basa n’abashaka kuyigurisha kandi ko ‘uko bigaragara’ bari bayibye.

SP Ndayisenga avuga ko Polisi yafatanye ayo makuru uburemere iraza ifata abo basore babiri.

Ati: “Umuturage wo Mudugudu wa Kamabuye yahaye amakuru Polisi ko hari abasore anyuzeho barimo gushakira umukiliya moto bicyekwa ko ari iyo bibye. Hagendewe kuri ayo makuru abapolisi bihutiye kuhagera babafatira mu cyuho batarayigurisha, bababajije ibyangombwa byayo barabibura”.

Abo basore babwiye Polisi ko bari bibye iriya moto mu Karere ka Gatsibo ari n’aho bakomoka.

Polisi ivuga ko iyi moto yibwe i Gatsibo ifatirwa muri Gicumbi bari kuyishakira umukiliya

Bemeye ko bari bayizanye kuyigurishiriza kure y’aho bayibye kugira ngo bitazamenyekana.

Akomeza avuga ko hakurikiyeho gushakisha amakuru no gukorana n’inzego z’umutekano, biza kugaragara ko nyiri moto atuye mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo.

SP Ndayisenga yashimiye uwatanze amakuru yatumye iriya moto iboneka n’abacyekwaho kuyiba bagafatwa.

Asaba abakora ubujura kubureka kubera ko imikoranire hagati y’abaturage na Polisi itazatuma bagera ku ntego zabo uko babyifuza.

SP Alex Ndayisenga avuga ko abatunze moto bagombye kuzicungira umutekano binyuze mu kizishyiraho GPS( ni ikoranabuhanga rikurikirana aho ikinyabiziga kiva n’aho kijya) kugira ngo ifashe mu gufata ibinyabiziga byibwe.

SP Ndayisenga Alex

Abafashwe bashyikirijwe Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hakomeze iperereza, moto nayo ishyikirizwa nyirayo.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2), ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 ivuga ko; ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri iyo kwiba byakozwe nijoro; cyangwa byakozwe n’abantu barenze umwe (1).

TAGGED:AbasoreGatsiboGicumbiMotoPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Riderman Bamumennyeho Inzoga, Fireman Bamujugunyira Amafaranga
Next Article Umurambo W’Umuturage W’i Burera Wari Warabuze Wabonetse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?