Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gukumira Kanyanga Byatanze Umusaruro- Gov Rubingisa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Gukumira Kanyanga Byatanze Umusaruro- Gov Rubingisa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 March 2024 11:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba Pudence Rubingisa avuga ko ingamba ubuyobozi bwafashe mu guhangana n’inzoga ibarirwa mu biyobyabwenge yitwa Kanyanga zatanze umusaruro ufatika.

Hari mu kiganiro yahaye RBA avuga ku ntambwe Intara aherutse gushingwa yateye mu myaka 30 ishize u Rwanda rubohowe.

Kanyanga ni ikinyobwa kiyobwa abantu ubwenge bakagira imyitwarire irimo n’urugomo ndetse abenshi ntibabone imbaraga zituma bitabira umurimo.

Perezida Kagame yigeze kugaruka ku bubi by’iki kiyobwenge avuga ko ari cyo gisigaye gitera abatuye Akarere ka Burera kutitabira umurimo bigatuma kaba aka nyuma mu kwesa imihigo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyo gihe nawe yashimye ko iki kiyobyabwenge cyagabanutse mu Ntara y’Uburasirazuba bituma uturere twayo tuzamura amanota mu kwesa imihigo.

Rubingisa yabwiye RBA ko umuhati wo kurwanya Kanyaga wageze kuri byinshi birimo kuyigabanya ku rwego rushimishije.

Avuga ko mu kuyigabanya, hashyizweho amatsinda y’urubyiruko rukorera ku mirenge ikora ku mipaka y’iyi Ntara kugira ngo rukumire ko yinjira kandi rubitangeho amakuru.

Ati: “… Ku mirenge ikora ku mipaka Intara y’Uburasirazuba isangiye n’amahanga hashyizwe abitwa imboni z’umutekano kugira ngo bafashe mu gukumira ko izo nzoga zifatwa nk’ibiyobyabwenge zinjira mu Rwanda”.

N’ubwo hari iyengwa n’Abanyarwanda, ku rundi ruhande, abayobozi mu nzego zitandukanye bavuga ko inyinshi iva mu bihugu bituriye u Rwanda cyane cyane muri Uganda.

- Advertisement -

Hari n’abitwa Abarembetsi bakunze kenshi gufatwa bayizana mu Rwanda ivuye hakurya.

Ubufatanye bw’abaturage na Polisi bwagabanije ubwinshi bw’iyinjiriraga mu Burasirazuba bw’u Rwanda ni ukuvuga mu Karere ka Nyagatare n’ubwo bitaracika burundu.

Ku rundi ruhande, iyi nzoga mbi iracyagaragara mu Mirenge y’Akarere ka Burera n’Akarere ka Gicumbi ahegereye Uganda.

Burera: Icyambu Cy’Urumogi Na Kanyanga

TAGGED:BurerafeaturedIntarakanyangaMeyaRubingisaUburasirazuba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Cécile Kayirebwa Yahawe Ikamba Ry’Uwateje Imbere Umuziki Nyarwanda
Next Article Kabila Aravugwaho Guhunga DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?