Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 September 2025 1:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Regis Rugemanshuro uyobora RSSB yasabye abakozi bifuza kuzahabwa ubwishingizi bwa RAMA igihe bazaba batagikora bamaze gusaza gutangira kubyizigamiramo bakiri mu kazi bakirinda kuzabyaka baramaze kukavamo.

Mu kiganiro yahaye itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu Rugemanshuro yavuze ko ubwizigame bwa RAMA burya bwihariye.

Avuga ko kubera akamaro kabwo, abantu bari bakwiye gutangira kubuzigamira kugira ngo batazabura uko bivuza mu gihe Mutuelle cyangwa ubundi bwisungane bwaba butabitishyurira ubuvuzi.

Ati: “Burya RAMA ni ubwishinzi buteye ukwabwo. Kugeza ubu ntabwo imiterere y’ikigega cyacu yemera ko umuntu utariteganyirije ku rwego rwa RAMA yayihabwa amaze kuva mu kazi.”

Umuyobozi mukuru wa RSSB yaboneyeho gusaba abantu bakiri mu kazi gutanga ubwo bwizigame.

Uko bimeze kose, ubuyobozi bw’iki kigo gishinzwe kwakira no gucunga neza ubwizigame bw’Abanyarwanda buvuga ko mu myaka itanu ishize bwazamutse kandi bucungwa neza.

Guhera mu mwaka wa 2021 kugeza mu mwaka wa 2025, iki kigo cyahunitse Tiriyari ibihumbi bitatu na Miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda.

Ibyo byose kugira ngo bigerweho, nk’uko Rugemanshuro abyemeza, byaturutse ku mavugurura y’imikorere, gushyiraho ikoranabuhanga n’abakozi bashoboye.

Kuva aho ikigo ayobora giherewe ubuzima gatozi, kigakora mu buryo bwihariye, cyazamuye ayo gishyira muri Mutuelle ngo abayikoresha bashobore no kwivuza umutima n’impyiko, indwara kitishyuraga mbere.

Urutonde rw’imiti yishyurwa kuri Mutuelle yiyongereye ku kigero cya 60% mu myaka itanu ishize.

Rugemanshuro ati: ” Amafaranga abanyamuryango bizigamye tuyakoresha mu bibafitiye akamaro harimo no kongera umubare w’indwara zishyurirwa na Mutuelle nk’impyiko n’umutima”.

Ku byerekeye ishoramari mu nyubako, RSSB ivuga ko ishoramo 10% ry’ayo abaturage bose bizigamiye, ariko ko uru rwego rugikeneye ko inyigo zarwo zinozwa, Rugemanshuro akemeza ko bazakomeza kunoza uru rwego cyanecyane ko biri mubyo Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta akunze kubanenga kubera imishinga yubakwa ariko yarizwe nabi, ikadindira.

Kugira ngo ibyo byose bikorwe neza, RSSB ivuga ko iteganya no gukoresha ubwenge buhangano mu kubika amakuru y’abanyamuryango hirindwa ko yakwangirika.

Nk’ubu ikoranabuhanga mu mikorere ya RSSB riri kuri 70%.

TAGGED:AbaturagefeaturedRSSBRugemanshuroUbuzimaUbwisungane
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?