Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Impungenge Ko Ku Isi Ibikoresho Bya Plastic Bizikuba Gatatu Mu Mwaka Wa 2060
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbidukikijeMu mahanga

Hari Impungenge Ko Ku Isi Ibikoresho Bya Plastic Bizikuba Gatatu Mu Mwaka Wa 2060

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 November 2024 8:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubyumvise wakumva ko ari kera ariko mu mwaka wa 2026 ni vuba cyane. Muri uwo mwaka rero abahanga bavuga ko ibikoresho bya plastic ku isi hose bizaba byarikubye gatatu, ikintu giteye inkeke.

Bamwe muri bo bateraniye i Busan muri Koreya y’Epfo mu nama yiga uko gukora ibikoresho muri plastic itabora byakumirwa.

Abo bagabo n’abagore bo mu bihugu 200 bagomba kuba bemeranyije ku buryo plastic yagabanywa mu bikoresho bikorwa buri mwaka mu nganda zo hirya no hino ku isi.

Muri Basan niho bazafatirwa umwanzuro kuri iyo ngingo igiye kumara inyaka ibiri iganirwaho ariko ntiyumvikanweho.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umudipolomate wo mu gihugu cya Equateur witwa Luis Vayas Valdivieso asanga kugenda biguru ntege mu gufata umwanzuro kuri iyo ngingo byarabaye impamvu yo gutuma ikorwa rya plastic rikomeza mu bihugu byinshi.

Equateur iba muri Amerika y’Amajyepfo, umurwa mukuru wayo ni Quito.

Vayas yagize ati: ” Mbabwije ukuri ibiganiro byacu byagenze buhoro bituma tudindira”.

Avuga ko ari ngombwa ko byihutishwa, ibyemezo bugafatwa bikava mu nzira.

France 24 yanditse ko atari Equateur yonyine ivuga ko yatengushywe, ahubwo n’abayobozi bahagarariye ibihugu bya Fiji, Panama, Norway na Colombia nabo ni uko babivuga.

- Advertisement -

Fiji na Panama ni ibihugu bisanzwe bisa n’ibyibera mu mazi y’inyanja bityo plastic ijugunywa mu nyanja ikaba yugarije ubuzima bw’ababituye.

Abahagarariye ibi bihugu bavuga ko abaganira kuri iriya ngingo baca ku ruhande ingingo z’ingenzi zagombye kwanzurwaho kugira ngo imyanzuro itangire gushyirwa mu bikorwa.

Ibihugu bamwe mu badipolonate bari muri iriya nama bavuga ko ibihugu bifite ubushake buke muri kiriya kintu ari Uburusiya, Arabie Saoudite na Iran.

Icyakora birabihakana kuko nka Iran ivuga ko igihugu kiri gukora uko gishoboye kugira ngo gikore nk’abandi muri uwo mujyo.

Uhagarariye Uburusiya witwa Dmitry Kornilov yavuze ko ibyo bashinja igihugu cye bakwiye kubireka kuko niba icyifuzwa ari ugushyiraho uburyo nyabwo bwo guhangana na kiriya kibazo, ibyiza ari uko buri wese bireba aba abyiyumvamo.

Zimwe mu ngingo zitumvikanwaho kugeza ubu ni ukumenya niba plastic iho iva ikagera yahagarikwa cyangwa hajya hakorwa ishobora kubora gusa.

Haganiriwe kandi ku ngingo y’uburyo ibihugu bikennye byahabwa amafaranga yo gushyira mu bikorwa ibizaba bikubiye mu masezerano azemerezwa i Busan mu mpera z’iki Cyumweru.

Umuyobozi w’Ishami ry’ Umuryango w’Abibumbye ryita ku bidukikije(UN-Environment) witwa Inger Andersen nawe asaba ko ibyemezo ku biganiro biri kubera i Busan bikwiye kuzaba byafatiwe umwanzuro kuri uriya munsi.

Gusa hari umudipolomate wemeza ko ashingiye ku miterere y’uko ibiganiro byagenze mu gihe cyatambutse, asanga kubona ibyemezo byemeranyijweho ku bwiganze busesuye bizaba ingorabahizi.

TAGGED:featuredIbidukikijeIgihuguImariInamaKoreya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inyandiko Isaba Guhindura Amazina
Next Article Ubwami Bwa Luxembourg Bwafunguye Ambasade Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?