Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Impungenge Ko Ku Isi Ibikoresho Bya Plastic Bizikuba Gatatu Mu Mwaka Wa 2060
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbidukikijeMu mahanga

Hari Impungenge Ko Ku Isi Ibikoresho Bya Plastic Bizikuba Gatatu Mu Mwaka Wa 2060

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 November 2024 8:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubyumvise wakumva ko ari kera ariko mu mwaka wa 2026 ni vuba cyane. Muri uwo mwaka rero abahanga bavuga ko ibikoresho bya plastic ku isi hose bizaba byarikubye gatatu, ikintu giteye inkeke.

Bamwe muri bo bateraniye i Busan muri Koreya y’Epfo mu nama yiga uko gukora ibikoresho muri plastic itabora byakumirwa.

Abo bagabo n’abagore bo mu bihugu 200 bagomba kuba bemeranyije ku buryo plastic yagabanywa mu bikoresho bikorwa buri mwaka mu nganda zo hirya no hino ku isi.

Muri Basan niho bazafatirwa umwanzuro kuri iyo ngingo igiye kumara inyaka ibiri iganirwaho ariko ntiyumvikanweho.

Umudipolomate wo mu gihugu cya Equateur witwa Luis Vayas Valdivieso asanga kugenda biguru ntege mu gufata umwanzuro kuri iyo ngingo byarabaye impamvu yo gutuma ikorwa rya plastic rikomeza mu bihugu byinshi.

Equateur iba muri Amerika y’Amajyepfo, umurwa mukuru wayo ni Quito.

Vayas yagize ati: ” Mbabwije ukuri ibiganiro byacu byagenze buhoro bituma tudindira”.

Avuga ko ari ngombwa ko byihutishwa, ibyemezo bugafatwa bikava mu nzira.

France 24 yanditse ko atari Equateur yonyine ivuga ko yatengushywe, ahubwo n’abayobozi bahagarariye ibihugu bya Fiji, Panama, Norway na Colombia nabo ni uko babivuga.

Fiji na Panama ni ibihugu bisanzwe bisa n’ibyibera mu mazi y’inyanja bityo plastic ijugunywa mu nyanja ikaba yugarije ubuzima bw’ababituye.

Abahagarariye ibi bihugu bavuga ko abaganira kuri iriya ngingo baca ku ruhande ingingo z’ingenzi zagombye kwanzurwaho kugira ngo imyanzuro itangire gushyirwa mu bikorwa.

Ibihugu bamwe mu badipolonate bari muri iriya nama bavuga ko ibihugu bifite ubushake buke muri kiriya kintu ari Uburusiya, Arabie Saoudite na Iran.

Icyakora birabihakana kuko nka Iran ivuga ko igihugu kiri gukora uko gishoboye kugira ngo gikore nk’abandi muri uwo mujyo.

Uhagarariye Uburusiya witwa Dmitry Kornilov yavuze ko ibyo bashinja igihugu cye bakwiye kubireka kuko niba icyifuzwa ari ugushyiraho uburyo nyabwo bwo guhangana na kiriya kibazo, ibyiza ari uko buri wese bireba aba abyiyumvamo.

Zimwe mu ngingo zitumvikanwaho kugeza ubu ni ukumenya niba plastic iho iva ikagera yahagarikwa cyangwa hajya hakorwa ishobora kubora gusa.

Haganiriwe kandi ku ngingo y’uburyo ibihugu bikennye byahabwa amafaranga yo gushyira mu bikorwa ibizaba bikubiye mu masezerano azemerezwa i Busan mu mpera z’iki Cyumweru.

Umuyobozi w’Ishami ry’ Umuryango w’Abibumbye ryita ku bidukikije(UN-Environment) witwa Inger Andersen nawe asaba ko ibyemezo ku biganiro biri kubera i Busan bikwiye kuzaba byafatiwe umwanzuro kuri uriya munsi.

Gusa hari umudipolomate wemeza ko ashingiye ku miterere y’uko ibiganiro byagenze mu gihe cyatambutse, asanga kubona ibyemezo byemeranyijweho ku bwiganze busesuye bizaba ingorabahizi.

TAGGED:featuredIbidukikijeIgihuguImariInamaKoreya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inyandiko Isaba Guhindura Amazina
Next Article Ubwami Bwa Luxembourg Bwafunguye Ambasade Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Ebola Yagarutse Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?