Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Impungenge Ko Ku Isi Ibikoresho Bya Plastic Bizikuba Gatatu Mu Mwaka Wa 2060
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbidukikijeMu mahanga

Hari Impungenge Ko Ku Isi Ibikoresho Bya Plastic Bizikuba Gatatu Mu Mwaka Wa 2060

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 November 2024 8:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubyumvise wakumva ko ari kera ariko mu mwaka wa 2026 ni vuba cyane. Muri uwo mwaka rero abahanga bavuga ko ibikoresho bya plastic ku isi hose bizaba byarikubye gatatu, ikintu giteye inkeke.

Bamwe muri bo bateraniye i Busan muri Koreya y’Epfo mu nama yiga uko gukora ibikoresho muri plastic itabora byakumirwa.

Abo bagabo n’abagore bo mu bihugu 200 bagomba kuba bemeranyije ku buryo plastic yagabanywa mu bikoresho bikorwa buri mwaka mu nganda zo hirya no hino ku isi.

Muri Basan niho bazafatirwa umwanzuro kuri iyo ngingo igiye kumara inyaka ibiri iganirwaho ariko ntiyumvikanweho.

Umudipolomate wo mu gihugu cya Equateur witwa Luis Vayas Valdivieso asanga kugenda biguru ntege mu gufata umwanzuro kuri iyo ngingo byarabaye impamvu yo gutuma ikorwa rya plastic rikomeza mu bihugu byinshi.

Equateur iba muri Amerika y’Amajyepfo, umurwa mukuru wayo ni Quito.

Vayas yagize ati: ” Mbabwije ukuri ibiganiro byacu byagenze buhoro bituma tudindira”.

Avuga ko ari ngombwa ko byihutishwa, ibyemezo bugafatwa bikava mu nzira.

France 24 yanditse ko atari Equateur yonyine ivuga ko yatengushywe, ahubwo n’abayobozi bahagarariye ibihugu bya Fiji, Panama, Norway na Colombia nabo ni uko babivuga.

Fiji na Panama ni ibihugu bisanzwe bisa n’ibyibera mu mazi y’inyanja bityo plastic ijugunywa mu nyanja ikaba yugarije ubuzima bw’ababituye.

Abahagarariye ibi bihugu bavuga ko abaganira kuri iriya ngingo baca ku ruhande ingingo z’ingenzi zagombye kwanzurwaho kugira ngo imyanzuro itangire gushyirwa mu bikorwa.

Ibihugu bamwe mu badipolonate bari muri iriya nama bavuga ko ibihugu bifite ubushake buke muri kiriya kintu ari Uburusiya, Arabie Saoudite na Iran.

Icyakora birabihakana kuko nka Iran ivuga ko igihugu kiri gukora uko gishoboye kugira ngo gikore nk’abandi muri uwo mujyo.

Uhagarariye Uburusiya witwa Dmitry Kornilov yavuze ko ibyo bashinja igihugu cye bakwiye kubireka kuko niba icyifuzwa ari ugushyiraho uburyo nyabwo bwo guhangana na kiriya kibazo, ibyiza ari uko buri wese bireba aba abyiyumvamo.

Zimwe mu ngingo zitumvikanwaho kugeza ubu ni ukumenya niba plastic iho iva ikagera yahagarikwa cyangwa hajya hakorwa ishobora kubora gusa.

Haganiriwe kandi ku ngingo y’uburyo ibihugu bikennye byahabwa amafaranga yo gushyira mu bikorwa ibizaba bikubiye mu masezerano azemerezwa i Busan mu mpera z’iki Cyumweru.

Umuyobozi w’Ishami ry’ Umuryango w’Abibumbye ryita ku bidukikije(UN-Environment) witwa Inger Andersen nawe asaba ko ibyemezo ku biganiro biri kubera i Busan bikwiye kuzaba byafatiwe umwanzuro kuri uriya munsi.

Gusa hari umudipolomate wemeza ko ashingiye ku miterere y’uko ibiganiro byagenze mu gihe cyatambutse, asanga kubona ibyemezo byemeranyijweho ku bwiganze busesuye bizaba ingorabahizi.

TAGGED:featuredIbidukikijeIgihuguImariInamaKoreya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inyandiko Isaba Guhindura Amazina
Next Article Ubwami Bwa Luxembourg Bwafunguye Ambasade Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Ari Muri Qatar Mu Kwigira Hamwe N’Abandi Icyarushaho Guteza Imbere Isi

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

‘Rwabuze Gica’ Hagati Ya Ndayishimiye N’Abacuruza Lisansi

Kicukiro: Ikigo Kivura Indwara Z’Umutima Kiruzura Umwaka Utaha

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Menya Itegeko Ryavuguruwe Ry’Umutungo Bwite Mu By’Ubwenge Rikurikizwa Mu Rwanda

IBUKA Ivuga Ko Muri Huye Hamaze Kuboneka Imibiri 301 Mu Mezi Ane

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

You Might Also Like

Mu mahanga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?