Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I Kinshasa Hari Ikiyobyabwenge Bise Bombe Kiva Mu Mwotsi W’Imodoka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

I Kinshasa Hari Ikiyobyabwenge Bise Bombe Kiva Mu Mwotsi W’Imodoka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 August 2021 9:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urubyiruko rw’i Kinshasa rumerewe nabi kubera ikiyobyabwenge bise Bombe. Ni abatuye uriya mujyi bagihimbye, bagikora mu binyabutabire bitandukanye none ubu kimaze kogera  mu rubyiruko rw’aho. Abo cyayobotse kibaraza ku rubaraza, bakarara bahagaze, bishima mu mutwe kandi barira cyane.

Ni ikibazo gihangayikishije abakora mu rwego rw’ubuzima n’umutekano kuko kiriya kiyobyabwenge kimaze kugaragara mu bice byinshi by’Umurwa mukuru, Kinshasa.

Cyatangiye kugaragara mu mwaka wa 2019.

Guverinoma yamaze gushyiraho Komisiyo igomba gucukumbura iby’iki kibazo kugira ngo hashyirweho ingamba zo guhagarika ikwirakwira ryacyo.

Gikozwe mu mwotsi w’ibinyabiziga…

Minisitiri w’urubyiruko muri Repubulika ya Demukarasi Docteur Yves Bunkulu avuga ko abakora kiriya kiyobyabwenge bavuga ibinyabutabire bavanye mu mwotsi wagiye usigara ku matiyo awuvana mu modoka(tuyaux d’échappement) barangiza bakabyumisha bakaza kubitumura nk’itabi.

Mu matiyo avana umwotsi mu modoka habamo ibinyabutabire bita monoxydes de carbone( CO), monoxydes d’azote(NO), oxyde de soufre(SO2 na SO3) , ndetse na nutriline.

Ibi ni ibinyabutabire bibi ku buzima bw’umuntu.

Kuki urubyiruko rukinywa?

Umurwa mukuru wa Congo Kinshasa

Bizwi ko ibiyobyabwenge binyobwa kubera impamvu runaka. Nta muntu ubyuka ngo akinywe nta kibazo asanganywe.

Abahanga bo muri Congo-Kinshasa bavuga ko amakuru macye bamaze gukusanya abereka ko abenshi mu rubyiruko rukoresha iriya bombe baba bashaka ikintu kiri bubafashe kurara hanze batumva ubukonje.

Abandi ngo bakinywa kugira ngo bazice abandi kandi babikore nta bwoba nta n’ingingimira ku mutima.

Polisi ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo ivuga ko yasanze abantu bafasha ruriya rubyiruko kubona kiriya kiyobyabwenge ari abamekanisiye bakora mu magaraje.

Ba mekanisiye bakora uko bashoboye bagakurura ibyasigaye muri bya byuma bisohora umwotsi barangiza kubigwiza bakabigurisha ku rubyiruko rubyifuza ku giciro kidakanganye.

RFI yanditse ko hari n’ikindi kiyobyabwenge  bise ‘MUVUKE’ cyadutse muri Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

TAGGED:CongofeaturedIbinyabutabireIkiyobyabwengePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gukunda Umukobwa Ni Ukwiyemeza
Next Article Ibibazo 5 By’Ingenzi Ku Mubano W’u Rwanda N’u Bwongereza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?