Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibiro Bya Twitter Muri Afurika Byafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ibiro Bya Twitter Muri Afurika Byafunzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 November 2022 7:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Impinduka mu mikorere ya Twitter nyuma yo kugurwa n’umukire wa mbere ku isi, Elon Musk, zari gukora kuri benshi. Mu masaha make ashize, abakoreraga iki kigo mu ishami ryacy muri Afurika batunguwe no kubona email iturutse ibukuru ibubikira imbehe. Ubwo butumwa bwababwiraga ko akazi kabo mu ishami rya kiriya kigo ryari riri i Accra muri Ghana karangiye!

Email yaturutse mu buyobozi bukuru bwa Twitter igenewe abakozi bayo i Accra igira iti: “ Ikigo kiri gushyira ibintu mu bundi buryo. Niyo mpamvu tubabajwe no kubagezaho ubutumwa bw’uko akazi kanyu kahagaritswe kuva mukibona ubu butumwa. Turi kugabanya amafaranga twasohoraga.”

Ibi Biro bifunze bitamaze kabiri kuko byafunguwe muri Mata, 2021.

Twitter ya Musk imaze guhagarika akazi k’abantu 3,700.

Elon Musk aherutse koherereza abakozi ba Twitter ko bagomba gukenyera bagakomeza kuko akazi kabategereje ari kanini cyane.

Ubu Twitter irateganya ko buri mukozi wayo azajya akora amasaha 40 mu Cyumweru kandi ngo iminsi ya off ntizajya ihabwa umuntu uwo ari we wese kereka uwanditse ubusaba bigasumirwa ishingiro.

Ikindi Musk yavuze ni uko abakozi bose ba Twittter bagomba gutangira kujya bakorera mu Biro aho gukorera mu ngo zabo.

TAGGED:AbakozifeaturedIkoranabuhangaMuskTwitter
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Yafatanywe $3,000 Y’Amiganano
Next Article James Na Daniella Baritegura Gutaramira Abarundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?