Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibishoboka Ahandi No Muri Afurika Byakunda- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Ibishoboka Ahandi No Muri Afurika Byakunda- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 May 2024 7:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro yahaye abitabiriye Inama y’iminsi ibiri yaraye itangiye mu Rwanda, Perezida Paul Kagame yavuze ko imikoranire hagati y’abikorera ku giti cyabo na Leta ishobora guteza imbere Afurika kuko kuba byarashobotse ahandi no kuri uyu mugabane naho bishoboka.

Iyo nama Perezida Kagame yatangije ni inama ihuza abayobozi bakuru b’ibigo binyuranye yitwa Africa CEO Forum, ibaye ku nshuro ya kabiri.

Mbere y’uko Kagame ageza iryo jambo kubamwumvaga, yabanjirijwe n’umuyobozi w’Ikinyamakuru Jeune Afrique ari nacyo cyashinze iryo huriro witwa Amir Ben Yahmed asaba abikorera muri Afurika guhindura imyumvire.

Guhindura imyumvire bivuze ko byatuma batinyuka gukorera hamwe na bagenzi babo binyuze mu mikoranire hagati y’ibihugu.

40% by’ishoramari rikorerwa muri Afurika rituruka hanze yayo.

Ikindi kibazo Yahmed avuga ko kidindiza ishoramari muri Afurika ni uko niyo haje abashoramari baturutse hanze yayo, baba ‘atari aba nyabo.’

Yahmed avuga ko kugira ngo Afurika igire icyo igeraho ari na ngombwa ko igira ubuyobozi buhamye kandi bubazwa inshingano.

Makthar Diop uyobora Ikigo mpuzamahanga mu by’imari avuga ko ikoranabuhanga rikwiye gukomeza kongererwa imbaraga kugira ngo urubyiruko n’abandi babifitiye ububasha babashe kuribyaza imishinga.

Ashima u Rwanda ko rwemereye abanyamahanga bose kuza mu Rwanda nta viza kugira ngo bahakorere akazi.

Ibi, kuri Mokthar, byagombye gukorwa n’ahandi mu bihugu by’Afurika kugira ngo ubumenyi bw’abatuye uyu mugabane buhanahanwe nta yindi nkomyi.

Kugeza ubu abaturage ba Afurika ni Miliyari 1.2, bakaba bangana na 20% by’abatuye isi.

Kagame yabwiye abayobozi muri Afurika ko bakwiye gukorana bya hafi n’abakorera ku giti cyabo kugira ngo iterambere rigerwego kandi rize rikomatanyije.

Ati: “ Kugira ngo dutere imbere mu by’ukuri, tugomba guhindura imyumvire kandi gukorana no kongerera agaciro ibyo gukora tukabigira intego. Si byiza ko dutegereza ko abantu baza bagacukura mu butaka nyuma bakazabigarura byongerewe ikoranabuhanga bakabitugurisha biduhenze. Kubihindura bizasaba igihe ariko tuzabishobora”.

Asaba abafata ibyemezo kujya bahaguruka bagashyira mu bikorwa ibyo bemeye, aho kubigumisha mu Biro kuko ibyo ari byo byatuma ibisubizo biboneka.

Perezida Kagame avuga ko niba ikintu gishobora gukorwa aho ari ho hose ku isi gishobora gukorwa no muri Afurika.

TAGGED:AfurikafeaturedIbigoIkoranabuhangaIterambereKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusaza W’imyaka 73 Wakatiwe Na Gacaca Akihinduranya Amazina Yafashwe
Next Article Gitifu Wanugwanugwaga Kurya Amafaranga Y’Abaturage Yasezeye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?