Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Ibyo Biden Ari Gukora Muri Afghanistan Bizadukururira Kabutindi’-Bush
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

‘Ibyo Biden Ari Gukora Muri Afghanistan Bizadukururira Kabutindi’-Bush

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 July 2021 11:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

George W. Bush wigeze kuyobora Amerika mu bihe byakurikiye ibitero byo ku tariki 11, Nzeri, 2001 yaraye ahaye ikiganiro  Deutsche Welle avuga ko kuba Joe Biden yarategetse ko ingabo z’Amerika ziva muri Afghanistan ari ikosa rikomeye  Amerika izicuza.

Bush aravuga atya mu gihe hari abasesenguzi bavuga ahubwo ko ubu ari bwo Amerika iri kwicuza icyayijyanye muri Afghanistan kuko abo yari yaragiye guhashya n’ubu bakiri ho kandi bagiteye inkecye.

Joe Biden ngo ibyo ari gukora muri iyi minsi azabyicuza bidatinze

Uyu mugabo niwe watangaje ko ingabo ze zambariye urugamba rwo kujya muri Afghanistan kwirukana Abatalibani Amerika yashinjaga kuba ibyitso by’abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba, Al Qaeda.

Niyo ntambara imaze igihe mu ntambara zose Amerika yarwanye nyuma y’iyo muri Vietnam.

George W. Bush ejo yabwiye Deutsche Welle ati: “ Nemera ko ingaruka z’ibyo yakoze[Biden] byo kuvana abasirikare bacu muri Afghanistan bizagira ingaruka zirenze ibyo abantu batekereza ubu.”

Ibyo Bush avuga bisa n’aho biri gusohora muri iki gihe kubera ko Abatalibani bari kotsa igitutu ingabo za Afghanistan, zisa n’aho zatareranywe n’abasirikare b’Amerika bazisize bagataha.

Avuga ko ahangayikiye bamwe mu batuye kiriya gihugu bahoze bakorana n’ingabo z’Amerika bashinzwe ubusemuzi, ubu bakaba barasigaye muri Afghanistan.

Ingabo z’Amerika ziri kuva muri Afghanistan

Joe Biden avuga ko abasirikare bose b’igihugu cye bazaba bavuye muri Afghanistan bitarenze impera za Kanama, 2021 mbere y’uko itariki ya 11, Nzeri, 2021 igera.

Kugeza ubu Abatalibani bamaze kwigarurira Intara 200 mu zindi zigize Afghanistan.

Ibice byinshi bigaruriye ni ibyo mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba kandi mu ntambara yabo ngo basa n’abidegembya kuko ingabo z’Afghanistan zibabona ‘zikayabangira ingata.’

TAGGED:AbatalibaniAfghanistanBidenBushfeaturedIngaboIntambara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mbungiramihigo Wayoboye Inama Nkuru Y’Itangazamakuru Yashimye Kagame Wamwibutse
Next Article Minisitiri Biruta Yakiriye Ambasaderi Mushya W’U Bufaransa Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?