Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igipimo Cy’Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Baba Mu Mahanga Ntikizwi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Igipimo Cy’Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Baba Mu Mahanga Ntikizwi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 April 2021 2:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo  Komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge yagezaga ku banyamakuru ubushakashatsi bakoze ku gipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda, Umunyamabanga nshingwabikorwa wayo Fidel Ndayisaba yashubije umunyamakuru wa Taarifa ko batazi uko byifashe mu Banyarwanda baba hanze yarwo.

Bwari ubushakashatsi bukozwe ku nshuro ya gatatu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Ubwaherukaga gukorwa bwakozwe muri 2015, icyo gihe ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwada bwari ku kigero cya 92.5% ariko umwaka ushize warangiye buri ku gipimo cya 94.7%.

Mu mwaka wa 2010, ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda bwari kuri 82.3%.

Mu mwanzuro wanditse mu gitabo gikubiyemo iriya raporo handitse ko u Rwanda rukomeje kwihuta mu rugendo rw’ubwiyunge ariko ngo nta kwirara.

Igereranya ry’uko ubumwe n’ubwiyunge buhagaze guhera muri 2010 kugeza muri 2020

Uvuga ko ibyavuye muri buriya bushakashatsi byerekana ko hari intambwe ifatika mu guhuza Abanyarwanda no kubunga.

Bimwe mu bintu iriya Komisiyo ivuga ko yasanze byaragize uruhare mu kunga Abanyarwanda harimo gahunda y’ubwishingizi bw’ubuzima ifite uruhare rwa 93%, Buruse ya Perezida wa Repubulika, iyi ikaba yari ifite 99.0%( kuri iyi nshuro ntacyo babonye), ibirango by’igihugu, kuvanga ingabo n’ibindi.

N’ubwo Komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge ivuga ko intambwe yatewe ari nziza, kandi bikaba binagaragara mu mibare, Taarifa yabajije Umunyamabanga nshingwabikorwa wayo Bwana Fidel Ndayisaba niba hari imibare bafite yerekana uko ubumwe n’ubwiyunge bimeze mu Banyarwanda baba hanze yarwo, asubiza ko ntayo.

Yavuze ko ubushakashatsi bamuritse kuri uyu wa Kane tariki 22, Mata, 2021 bwakorewe mu Rwanda gusa.

Ati: “ Mu magambo make, ubu bushakashatsi twabukoreye ku Banyarwanda baba mu Rwanda. Ntabwo twigeze dukorera ku Banyarwanda baba hanze.”

Kuba nta mibare yerekana uko Abanyarwanda baba hanze babanye mu bumwe no mu bwiyunge bishobora kuba imwe mu mpamvu ituma hari bamwe muri bo bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ku mugaragaro, bamwe mu baba mu Rwanda bikabatangaza!

Abenshi babikorera ku mbuga nkoranyambaga(Twitter, Facebook, YouTube n’ahandi).

Fidel Ndayisaba avuga ko n’ubwo Abanyarwanda baba hanze batarakorerwaho ubushakashatsi ngo hamenywe uko babanye mu buryo butaziguye, ariko ibisubizo bahawe n’ababa mu Rwanda byabahaye isura rusange y’uko ababa mu mahanga babanye.

Kuri we ngo kuba hari gahunda zimwe zireba Abanyarwanda baba mu Rwanda ariko bakazihuriramo n’ababa mu mahanga, bitanga ishusho y’uko abo mu mahanga babanye.

Yatanze urugero rwa Rwanda Day n’izindi.

TAGGED:AmahangafeaturedKomisiyoNdayisabaRwandaUbumweUbwiyunge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubwiyunge Mu Rwanda Bugeze Kuri 94.7 % : Ubushakashatsi
Next Article Barundikazi Ntimukipfobye- Madamu Angélique Ndayishimiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Menya Ahaza Kurasirwa Ibishashi Birangiza 2025

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Bunyoni Ararembye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kamonyi: Abagabo Bahaye Umwana Inzoga Bose Irabica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?