Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igitaramo Cya Davido I Kigali Cyari Imbaturamugabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Igitaramo Cya Davido I Kigali Cyari Imbaturamugabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 August 2023 8:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri iki Cyumweru taliki 19, Kanama, 2023 nibwo iserukiramuco rya Giants of Africa ryaraye rirangiye, rirangizwa n’igitaramo cy’imbaturamugabo cyitabiriwe n’abahanzi bakomeye bo muri Nigeria ari bo Tiwa Savage na Davido.

Hari n’umuhanzikazi wo muri Afurika y’Epfo witwa Tayla wari ugeze mu Rwanda ku nshuro ya mbere.

Uyu mukobwa w’imyaka 22 yamamaye mu ndirimbo nka “Been Thinking”, “Getting Late” n’izindi.

Perezida Kagame na Madamu we nabo bitabiriye iki gitaramo kiri mu bihenze u Rwanda rwakiriye kugeza ubu, kikaba cyabereye muri BK Arena.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku ruhande rw’u Rwanda hari umuhanzi w’Umunyarwanda Bruce Melodie,  DJ Sonia na DJ Marnaud.

Hari abemeza ko Bruce Melodie ari we muhanzi w’umuhanga u Rwanda rufite kugeza ubu kandi ukize kurusha abandi.

Akigera ku rubyiniro, yahise atangirana  n’indirimbo zirimo “Sawa Sawa” yahanze afatanyije na Khaligraph Jones wo muri Kenya.

Yaririmbye ‘‘Inzoga n’ibebi’’ yahuriyemo n’Abarundi Double Jay na Kirikou Akili, “Funga Macho”, “Ikinya”, “Ikinyafu”, “Saa Moya”, “Urabinyegeza”, “Azana” ndetse n’indirimbo ikunzwe i Kigali yise “Fou de toi” afatanyijemo na Producer  Element.

Davido yaje ari uwundi wundi…

- Advertisement -

Uretse ubuhanga mu kuririmba, uyu mugabo wo muri Nigeria afite abafana benshi mu nkumi zo muri Afurika.

Yaherukaga mu Rwanda mu mwaka wa 2018.

Kuri iki Cyumweru, abakobwa b’i Kigali, i Kampala, i Nairobi, i Bujumbura n’ahandi muri Afurika bari bahuruye ngo bamurebe imbonankubone nibiba ngombwa banamubyinishe.

Birumvikana ko atari bose bari bubigereho kuko asanzwe afite n’itsinda ry’abasore b’inkorokoro bamurinda.

Mu minota 45 yamaze ku rubyiniro, Davido yaririmbye indirimbo zirimo n’iyitwa Skelewu yakoze mu mwaka wa 2013.

Izindi ni “Aye”, “Fia”, “Timeless’ ndetse n’izo aherutse gukora vuba aha yise  “High” yakoranye na Adekunle Gold, “Champion Sound” yakoranye na Focalistic wo muri Afurika y’Epfo asoreza kuri “Unavailable igezweho muri iki gihe.

Umuhanzi waririmbye nawe akishimirwa ni Tiwa Savage.

Yishimiwe kuko abantu baririmbanye na we kuva ku ndirimbo ya mbere kugeza ku ya nyuma yaririmbye.

Zimwe mu zindi ndirimbo ze zikunzwe ni  “Loaded” afatanyijemo na Asake, “Who is your Guy? (Remix)” yakoranye  Spyro, “No Wahala (Remix)” yahuriyemo na 1da Banton na Kizz Daniel, “Pick Up” aheruka gushyira hanze n’izindi.

Amazina nyayo ya Tiwa Savage ni Tiwatope Omolara Savage, akaba ari umugore ukuze kuko afite imyaka 43.

Tiwa Savage yaririmbye mu buryo bwa Semi-Live.

Masai Ujili watangije Giants Festival yabereyemo iki gitaramo cyasoje iri serukiramuco, asoza yashimiye Perezida Paul Kagame wari witabiriye.

Ati “Nshaka gushimira Perezida Kagame, kuri buri kimwe yakoze. Turabakunda Rwanda.’’

Perezida Kagame na Madamu bari baje kureba iki gitaramo
Tiwa Savage
Inkumi zo hirya no hino mu Karere zari zitabiriye

Amafoto@Flickr:Urugwirovillage

TAGGED:DavidofeaturedIgitaramoIndirimboKagameRwandaSavage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umujinya W’Ubushinwa Wongeye Kuzamuka
Next Article Indege Z’Intambara Za Mali Na Burkina Faso Zambariye Urugamba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?