Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikawa Irateza Imbere Abagore B’i Karongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ikawa Irateza Imbere Abagore B’i Karongi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 March 2024 7:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi haravugwa abagore bemeza ko batejwe imbere no guhinga ikawa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mubuga Uwimana Phanuel yabwiye Taarifa ko ikawa iri mu bihingwa byazamuye imibereho y’abaturage be, agasaba benshi kugana ubuhinzi bwayo.

Uwimana Phanuel aganiriza abaturage biganjemo abagore bahinga ikawa

Avuga ko mu tugari tune tugize Umurenge we hari ahantu hatanu hatunganyirizwa ikawa y’ibitumbwe, ikarongwa.

Abagore bo muri uyu murenge bavuga ko bahinze ikawa irabazamura, bashobora kwizigamira Miliyoni Frw 4.

Ni amafaranga bemeza ko bazaheraho bakora imishinga bitabaye ngombwa ko baka Banki inguzanyo.

Bashima ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga, USAID, ko cyababaye hafi kikabahugura binyuze mu mushinga kiswe Feed the Future Rwanda n’undi witwa Kungahara Wagura Amasoko..

Ni umushinga ufasha gukusanya umusaruro wo kohereza mu mahanga  bigaha u Rwanda amadovize.

Mu mwaka wa 2023 nibwo abo bagore 250 batangije amatsinda icyenda yo kubitsa no kugurizanya

Mu Murenge wa Mubuga kandi hari uruganda rwitwa Nyamurinda Coffee Growers rufasha abagore bo muri iki gice gutunganya ikawa yeze no kuyishakira amasoko hanze.

Ikawa yera kuri hegitari 400

Muri bo harimo abavuga ko buriya buhinzi bwatumye batekereza imishinga irimo korora inkoko binyuze mu kugura imishwi ikiri mito akayorora yamara gukura akayigurisha ikamwungura.

Umwe muri bo yitwa Mukeshimana aherutse kubwira itangazamakuru ati: “ Itsinda mbereye umuyobozi rimaze kuzigama amafaranga arenga Miliyoni imwe n’ibihumbi 200, tukaba twifuza kugera nibura kuri Miliyoni ebyiri kugira ngo tubashe gukora umushinga wungukira abanyamuryango bose”.

Immaculée Mukamana uyobora uruganda Nyamurinda Coffee Growers avuga ko kwishyira hamwe kw’abo bahinzi bizatuma buri wese mu banyamuryango agira itsinda ryo kubitsa no kugurizanya kandi nyuma y’imyaka itatu akazamurikira bagenzi be ibyo yagezeho.

Phanuel Uwimana uyobora uyu Murenge asaba abandi bagore by’umwihariko n’abaturage muri rusange kwigira ku byo bagenzi babo bagezeho, bagashobora kwiteza imbere.

Umurenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi

Umushinga Kungahara Wagura Amasoko ndetse n’ikigo Nyamurinda Coffee Growers batanze ibikoresho bigenewe abana n’abo bagore birimo amakaye, ububiko bw’amafaranga (coffee forts), ibyuma byuhira amazi, mubazi (calculattrices) n’igitabo cy’imfashanyigisho mu kuzigama no kugurizanya.

TAGGED:AbagoreIkawaIterambereMubuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Leta Y’Uburundi Iravugwaho Gutekinika Imibare Y’Abicwa Na RED Tabara
Next Article Abanyarwanda Bafite Hagati Y’Imyaka 40 Na 50 Bariyongera Mu Kurwara Impyiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yahuje Ubuziranenge N’Iterambere Rirambye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Bugesera: PSF Yasinyanye N’Ubuyobozi Gufatanya Guteza Imbere Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?