Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impaka Mu Ntiti Ku Nkomoko Ya Christopher Columbus Wavumbuye Amerika 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Impaka Mu Ntiti Ku Nkomoko Ya Christopher Columbus Wavumbuye Amerika 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 October 2024 6:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bamwe bavuga ko yari Umutaliyani mu gihe ubushakashatsi buheruka bwemeje ko ibihamya bya gihanga byerekana ko Christopher Columbus yari Umuyahudi wabaga muri Espagne.

Impaka mu ntiti ku nkomoko ya Christopher Columbus zari zimaze igihe kirekire.

Ibihugu byinshi byavugaga ko ari byo akomokamo ibyo bikaba Poland, Ubwongereza, Ubugereki, Portugal, Hungary no mu bihugu bya Scandinavia.

Abasomyi bagomba kumenya ko Christopher Columbus ari we abanyamateka bemeza ko ‘yavumbuye’ ubutaka bushya isi yo mu Kinyejana cya 15 na mbere y’ aho itari izi, nyuma bwaje kwitwa Amerika.

Intiti zemeza ko mu mwaka wa 1492 aribwo ubwato Christopher Columbus n’abo bari bari kumwe bwambutse Inyanja ya Atlantic bugera mu butaka bwitwa Amerika y’ubu.

Zimwe muri izo njijuke zivuga ko uriya mugabo yavukaga mu Butaliyani ahitwa Genoa.

Ubushakashatsi bwakozwe guhera mu mwaka wa 2003 buherutse kwanzura ko Colombus yari Umuyahudi ariko wahinduye ubwenegihugu mu rwego rwo kwirinda itotezwa Abayahudi bakorerwaga mu gihe cye.

Yahisemo kuba Umugatulika.

Ubwo yageraga muri Amerika yari ari mu ruzinduko yari yoherejwemo n’abayobozi ba Kiliziya gatulika bo muri Espagne (nicyo gihugu cyari gikomeye i Burayi) ngo arebe uko Uburayi bwajya bucuruzanya na Aziya.

Yarayobye yisanga ku bundi butaka, atashye abitekerereza ba shebuja.

Nibwo Abanyaburayi batangiye kureba uko bazajya kureba ubwo butaka bushya, birangira Amerika bayikolonije.

Abanya Espagne nibo bahise bajyayo batangira kuhakoloniza nyuma yo kuhirukana abari bahatuye bitwaga American Indians, ababyanze baricwa, abarokotse inkota n’imbunda bicwa n’indwara bandujwe n’abo bimukira b’i Burayi.

Christopher Columbus yapfuye mu mwaka 1506 aguye ahitwa Vallodalid muri Espagne.

Kubera ko mbere yo gupfa yari yarasabye ko azashyingurwa muri Caribbean mu kirwa cya Hispaniola, umubiri we niho wimuriwe.

Hari mu mwaka wa 1542.

Nyuma y’ibinyejana byinshi uwo mubiri we waje kwimurirwa muri Cuba, nyuma uza kujyanwa mu Mujyi wa Seville muri Espagne.

Mu mwaka wa 2003 abahanga baje gutangira ubushakashatsi bwo kumenya mu by’ukuri inkomoko ya Colombus.

Umwarimu w’ubumenyi mu turemangingo fatizo(forensic medicine) muri Kaminuza ya Granada hamwe n’umunyamateka Marcial Castro batangiye igikorwa cyo kumenya inkomoko y’uriya mugabo.

Batangiriye k’ugutaburura umubiri we wari ushyinguwe muri Cathedral ya Seville.

Banafashe kandi impagaririzi y’uturemangingo fatizo tw’umuhungu wa Colombus nawe wapfuye witwa Hernando na murumuna we witwaga Diego.

Ibyo babonye babihuje n’amakuru asanzwe azwi kuri Colombus hamwe n’ubuhamya bw’abo mu gisekuru cye kugira ngo bamenye aho akomoka ha nyaho.

Ibyo babonye ni uko Christopher Columbus yari Umuyahudi wahisemo kwibera Umunyagatulika yanga itotozwa abandi Bayahudi bakorerwaga.

Imibare itangwa n’abanditsi b’amateka ivuga ko Espagne yo mu gihe cya Colombus yari ituwe n’Abayahudi 300,000.

Itotezwa ryaje kubasaba kwemera kuba Abagatulika bitaba ibyo bagacibwa mu gihugu.

Ngibyo ibimaze kumenyekana kuri Christopher Columbus abenshi mu basomyi ba Taarifa bize mu mashuri yisumbuye biga amateka y’isi.

TAGGED:AmerikaChristopherColombusEspagnefeaturedIntitiInyanjaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ni Iki Cyavuye Mu Biganiro Byahuje Nduhungirehe Na Mugenzi We Wa DRC?
Next Article Umuyobozi Wa SONARWA N’Umubaruramari Wayo Batawe Muri Yombi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?