Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imvura Yo Mu Mpera Za Mutarama Irakomeza Kuba Nyinshi-Meteo Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Imvura Yo Mu Mpera Za Mutarama Irakomeza Kuba Nyinshi-Meteo Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 January 2024 10:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’igihugu cy’ubumenyi bw’ikirere, Meteo-Rwanda, kivuga ko imvura yari imaze iminsi igwa mu bice byinshi by’u Rwanda kandi ku gipimo cyo hejuru, iri bukomeze no mu gice cya nyuma cya Mutarama, 2024.

Ibice bizagira imvura nyinshi kurusha ibindi ni Uburengerazuba muri rusange n’Uburengerazuba bushyira mu Majyepfo y’u Rwanda.

Muri rusange, imvura izagwa ahandi hasigaye izaba ireshya na milimetero 10 na milimetero 120 kandi ahantu hazagwa imvura nke ni Burasirazuba bw’u Rwanda mu Karere ka Nyagatare n’Akarere ka  Gatsibo kuko ho izaba iri kuri  milimetero hagati ya 10 na milimetero 50.

Meteo Rwanda ivuga ko imvura iri imbere izagwa hagati y’iminsi ibiri n’iminsi itandatu, ikazatangira taliki 24 ikageza mu mpera za Mutarama, 2024.

Umuyaga uturuka mu Nyanja y’Abahinde niwo ntandaro y’iyi mvura iri kugwa ubudasiba mu Rwanda.

Ubwinshi bw’iyi mvura buherutse guca umuhanda Huye-Nyamagabe kandi hari nayo yangiritse kubera yo.

Ubuyobozi busaba abatuye mu bice bikunze kwibasirwa n’amazi menshi kuhimuka, abafite ibisenge bidakomeye bakabizirika, ibibnyabiziga bigahabwa amapine mashya kandi abantu bakirinda ibyatuma bakubitwa n’inkuba.

TAGGED:featuredHuyeImvuraMeteoNyamagabeRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuhanda Giporoso- Masaka Ugiye Gukorwamo Ine
Next Article Rusizi: Ufite Ubumuga Bwo Kutabona Yahuye N’Uruva Gusenya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?