Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imyumvire Ishingiye Ku Muco Mu Bikomeje Kubangamira Uburinganire
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Imyumvire Ishingiye Ku Muco Mu Bikomeje Kubangamira Uburinganire

admin
Last updated: 15 March 2021 5:41 am
admin
Share
SHARE

Inzego zitandukanye zagaragaje ko hakenewe imbaraga mu kurushaho kumvikanisha ihame ry’uburinganire, kuko kumvikana nabi kwaryo bigira ingaruka mu mibare y’abashakanye n’imibereho y’ingo.

Kuri iki cyumweru Perezida w’ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu Nteko Ishinga amategeko (FFRP), Beline Uwineza, yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Leta yahisemo kwimakaza ihame ry’Uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo, abahungu n’abakobwa mu rwego rwo guca ubusumbane.

Mu kiganiro kuri RBA, yavuze ko ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye byinjizwe muri politiki na gahunda za Leta zigamije guteza imbere Igihugu mu buryo burambye, hagamijwe ko Abanyarwanda bose bagira uruhare mu iterambere ritagira uwo riheza.

Yakomeje ati “Kwimakaza ihame ry’uburinganire mu muryango bigomba kujyana n’ubwuzuzanye, ubwumvikane n’ubufatanye busesuye bw’abawugize, buri wese agakuramo inyungu zo kugira uruhare no kugerwaho n’ibyiza by’ iterambere ry’umuryango igihugu cyifuza.”

Yavuze ko abantu bagomba guhindura imyumvire ishingiye ku muco, yatoje abantu ko hari inshingano zireba umugore izindi zikareba umugabo kandi zitari karemano.

Ati “Ahubwo bakwiye gufatanya ntihagire uvuga ngo umugabo ntateka, ntafura imyenda, ntarera abana, n’ibindi.”

Maitre Munyankindi Monique wari uhagarariye Urugaga rw’Abavoka, yavuze ko bagira uruhare mu gusobanurira abaturage amategeko kandi ko bigenda bitanga umusaruro mu guhindura imyumvire ku ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye mu muryango.

Yavuze ko kudasobanukirwa inyungu ziri mu mategeko ariho cyane cyane ayerekeye umuryango bituma hari n’abantu bamwe bashakana mu buryo butemewe n’amategeko bityo bikaba byaba intandaro y’amakimbirane mu muryango.

Ati “Imyumvire n’imigirire bishingiye ku muco bituma ihame ry’uburinganire ritumvikana neza kuri bamwe, ibi bigatera amakimbirane hagati y’abashakanye.”

Yavuze ko urugaga rw’Abavoka rukorana n’izindi nzego za Leta mu kwigisha Ihame ry’Uburinganire mu muryango ndetse no gutanga ubufasha mu mategeko kubagizweho ingaruka n’amakimbirane n’ihohorerwa rikorerwa mu muryango.

Depite Uwineza Beline yavuze ko mu bikorwa by’Inteko Ishinga Amategeko byo kugenzura ibikorwa bya Guverinoma, hakorwa igenzura ryo kureba uko ihame remezo ry’Uburinganire ryubahirizwa n’uko inzego zitandukanye zigira uruhare mu kurimenyekanisha mu baturage, hagatangwa n’ibitekerezo.

Abatanze ikiganiro bashishikarije abaturage kwirinda amakimbirane aturuka ku myumvire mibi ku Ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzizanye ahubwo bakimakaza umuco wo kumvikana, kujya inama no gufatanya muri byose mu miryango yabo kugirango babashe kugera ku iterambere rirambye.

TAGGED:AbagorefeaturedIntekoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyerondo Barenga 2000 Bakingiwe Covid-19 I Kigali
Next Article Ntabwo Twigeze Tubona Igihugu Cyiteguye Kwakira CHOGM Nk’u Rwanda – Patricia Scotland
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?