Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imyumvire Ishingiye Ku Muco Mu Bikomeje Kubangamira Uburinganire
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Imyumvire Ishingiye Ku Muco Mu Bikomeje Kubangamira Uburinganire

admin
Last updated: 15 March 2021 5:41 am
admin
Share
SHARE

Inzego zitandukanye zagaragaje ko hakenewe imbaraga mu kurushaho kumvikanisha ihame ry’uburinganire, kuko kumvikana nabi kwaryo bigira ingaruka mu mibare y’abashakanye n’imibereho y’ingo.

Kuri iki cyumweru Perezida w’ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu Nteko Ishinga amategeko (FFRP), Beline Uwineza, yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Leta yahisemo kwimakaza ihame ry’Uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo, abahungu n’abakobwa mu rwego rwo guca ubusumbane.

Mu kiganiro kuri RBA, yavuze ko ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye byinjizwe muri politiki na gahunda za Leta zigamije guteza imbere Igihugu mu buryo burambye, hagamijwe ko Abanyarwanda bose bagira uruhare mu iterambere ritagira uwo riheza.

Yakomeje ati “Kwimakaza ihame ry’uburinganire mu muryango bigomba kujyana n’ubwuzuzanye, ubwumvikane n’ubufatanye busesuye bw’abawugize, buri wese agakuramo inyungu zo kugira uruhare no kugerwaho n’ibyiza by’ iterambere ry’umuryango igihugu cyifuza.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yavuze ko abantu bagomba guhindura imyumvire ishingiye ku muco, yatoje abantu ko hari inshingano zireba umugore izindi zikareba umugabo kandi zitari karemano.

Ati “Ahubwo bakwiye gufatanya ntihagire uvuga ngo umugabo ntateka, ntafura imyenda, ntarera abana, n’ibindi.”

Maitre Munyankindi Monique wari uhagarariye Urugaga rw’Abavoka, yavuze ko bagira uruhare mu gusobanurira abaturage amategeko kandi ko bigenda bitanga umusaruro mu guhindura imyumvire ku ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye mu muryango.

Yavuze ko kudasobanukirwa inyungu ziri mu mategeko ariho cyane cyane ayerekeye umuryango bituma hari n’abantu bamwe bashakana mu buryo butemewe n’amategeko bityo bikaba byaba intandaro y’amakimbirane mu muryango.

Ati “Imyumvire n’imigirire bishingiye ku muco bituma ihame ry’uburinganire ritumvikana neza kuri bamwe, ibi bigatera amakimbirane hagati y’abashakanye.”

- Advertisement -

Yavuze ko urugaga rw’Abavoka rukorana n’izindi nzego za Leta mu kwigisha Ihame ry’Uburinganire mu muryango ndetse no gutanga ubufasha mu mategeko kubagizweho ingaruka n’amakimbirane n’ihohorerwa rikorerwa mu muryango.

Depite Uwineza Beline yavuze ko mu bikorwa by’Inteko Ishinga Amategeko byo kugenzura ibikorwa bya Guverinoma, hakorwa igenzura ryo kureba uko ihame remezo ry’Uburinganire ryubahirizwa n’uko inzego zitandukanye zigira uruhare mu kurimenyekanisha mu baturage, hagatangwa n’ibitekerezo.

Abatanze ikiganiro bashishikarije abaturage kwirinda amakimbirane aturuka ku myumvire mibi ku Ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzizanye ahubwo bakimakaza umuco wo kumvikana, kujya inama no gufatanya muri byose mu miryango yabo kugirango babashe kugera ku iterambere rirambye.

TAGGED:AbagorefeaturedIntekoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyerondo Barenga 2000 Bakingiwe Covid-19 I Kigali
Next Article Ntabwo Twigeze Tubona Igihugu Cyiteguye Kwakira CHOGM Nk’u Rwanda – Patricia Scotland
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?