Indonesia: Perezida Kagame Yitabiriye Umusangiro Wateguwe Na Mugenzi We

Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru Perezida Paul Kagame yaraye yitabiriye umusangiro wateguwe na mugenzi we uyobora Indonesia witwa Joko Widodo.

Kagame ari muri iki gihugu aho yitabiriye Inama mpuzamahanga ihuza Indonesia n’Afurika yitwa Indonesia-Africa Summit, ikaba ibaye ku nshuro ya kabiri.

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we uyobora Indonesia
Ni umusangiro witabiriwe n’abandi bayobozi baje mu nama ihuza Indonesia na Afurika

Kuri iki Cyumweru nibwo yagezeyo mu masaha ya mu gitondo.

Indonesia ni igihugu gifitanye umubano na byinshi byo muri Afurika kuko kugeza ubu ibanye n’ibihugu 23 muri 54 bigize uyu mugabane.

Iki gihugu cyo muri Aziya kiri mu bifite ubukungu buzamuka neza kandi gisanzwe gikorana n’u Rwanda muri byinshi.

Gifasha Afurika mu nzego zirimo ubuhinzi, uburobyi, ikoranabuhanga n’ibindi.

Kiri mu bihugu bishimirwa gutera inkunga Afurika kandi kikabikora kidasabye byinshi nk’uko bikunze kugenda ku bihugu bitandukanye.

Inama Kagame yitabiriye muri Indonesia izamara iminsi itatu, ikaba yatangiye kuri uyu wa 01, Nzeri, 2024.

Kagame Ari Muri Indonesia

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version