Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Zambariye Urugamba Rwo Guhiga Abantu Babiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo Zambariye Urugamba Rwo Guhiga Abantu Babiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2021 9:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gushaka no gufata abantu babiri basigaye batarafatwa, Umugaba mukuru w’ingabo za Israel yavuze ko ziteguye gutangiza ibikorwa bya gisirikare mu gace ka Jenin kugira ngo bafatwe.

Aba bantu babiri basigaye ni bamwe mu mfungwa zatorotse gereza ya Gilboa iri muri Israel yari ifungiwemo abantu bakoze ibyaha bikomeye barimo n’abanya Palestine bo muri Hamas.

Nyuma y’uko bacitse iriya gereza ikomeye kurusha izindi, muri Israel, inzego zose z’umutekano zambariye kubahiga ndetse kugeza ubu abenshi barafashwe.

Umugaba w’ingabo za Israel  Lt Gen Aviv Kohavi yavuze ko abasirikare be biteguye kwinjira mu gace ka Jenin bagahiga bariya bantu bakabafata ari bazima cyangwa bapfuye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ Imigambi yose yarateguwe, kandi abasirikare biteguye kubyinjiramo nibabidusaba.”

Uko ni ko yabwiye ikinyamakuru N12 cyandikira kuri murandasi.

Avuga ko nibaramuka binjiye muri kiriya gikorwa, bazagikora kugeza kirangiye, bariya bantu bagafatwa n’iyo byasaba amezi menshi.

Si Gen Kohavi ufite icyizere cyo gufata bariya bafungwa gusa kuko n’umuyobozi w’ishami rishinzwe amakuru mu ngabo witwa Second-Lieutenant M abyemeza.

Bamwise ‘M’ mu rwego rwo kumurindira umutekano.

- Advertisement -

‘M’ avuga ko gufata bariya bantu babiri basigaye bigoye kubera ubunini bw’ahantu bahungiye ariko ngo bafite icyizere cy’uko bazabafata kuko bari kubacungira hafi bakoresheje ikoranabuhanga ryose rishoboka.

Uko bamwe bafashwe:

Nyuma yo gutoroka gereza bayicukuye bagatunguka hanze kure cyane y’aho abarinzi bayo bakorera, hatangiye ibikorwa byo guhiga bariya bafungwa.

Polisi, igisirikare, n’izindi nzego zose z’umutekano zikorera mu ibanga rikomeye zatangiye kubahiga.

Bamwe barafashwe.

Zakaria Zubeidi na Mahmoud Ardah bafatiwe mu igaraje riri mu mudugudu wa Umm el-Ghanam.

Hari ku wa Gatandatu washize.

Mbere y’aho gato, hari abandi barimo Yakoub Mohammed Qadri na Mohammed Ardah bari bafatiwe i Nazareth.

Ubu hari gushakishwa Iham Kamamji na Munadil Nafiyat, bombi bakaba ari abafungwa bahoze mu mutwe w’iterabwoba w’abanya Palestine, bikaba bicyekwa ko bahungiye muri Jenin.

Abafashwe babajijwe uko byagenze kugira ngo bafatwe, bavuga ko bahuye n’ikibazo cy’uko hari abaturage basabye ko babahisha, abandi barabyanga.

Intego yabo yari iyo kwinjira mu Mujyi wa Jenin uri mu gice kitwa West Bank.

Zubeidi yabwiye abakora mu rwego rw’iperereza imbere muri Israel, Shin Bet ko mbere y’uko batoroka bari baramubwiye ko hari umwobo wacukuwe kandi ko igihe nikigera bazatoroka.

Ubwo bari bamaze gutoroka bageze hanze ya mwobo bacukuye, ngo ntibari bafite umugambi usobanutse w’ikindi bari bukurikizeho.

Mu buryo bwihuse, bahise bajya ahitwa Nuara, bahindura imyenda nyuma bajya mu musigiti gusenga, ariko n’aho bagezeyo bangirwa kwinjira kuko bari bafite telefoni zigendanwa.

Ikindi cyaje gutuma batangira gufatwa ni uko baje kunaniranwa kumvikana aho bajya kwihisha, bamwe bati: “ Tujye muri West Bank” abandi bati: “ Reka reka, muze tujye mu bindi bice bya Israel”.

Uku guhuzagurika kwatumye ababahigaga batangira kubafata gahoro gahoro.

Mahmoud al-Arida wacuze umugambi wo gutoroka iriya gereza yabwiye umwunganira mu mategeko witwa Raslan Mahajna ko ari we watekereje umugambi wo gutoroka muri buriya buryo anatekereza ahacukurwa aho ari ho n’uburyo bizakorwa.

Avuga ko bose uko ari batandatu bacukuye uriya mwobo mu mayeri menshi kandi ngo nta muntu wundi wigeze abibafashamo.

Ikindi ngo ni uko batigeze bagira umugambi wo kuzagaba igitero cy’iterabwoba aho ari ho hose muri Israel nyuma yo gucika.

Muri iki gihe rero, ingabo za Israel ziteguye guhagurutsa ibifaro zikinjira muri Jenin gushaka yo bariya babiri basigaye kandi ngo izaba ari intambara ikomeye ishobora kuzabafata ari bazima cyangwa bapfuye.

TAGGED:AbafungwafeaturedGerezaIsraelWest Bank
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda ‘Barenga’ 20 Biciwe Muri Uganda
Next Article Inyubako Ya Rwigara Igiye Gutezwa Cyamunara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?