Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intambara Ya Israel Na Hamas IROTOTERA Uburasirazuba Bwo Hagati
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Intambara Ya Israel Na Hamas IROTOTERA Uburasirazuba Bwo Hagati

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 October 2023 7:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Impungenge ni zose mu bakurikiranira hafi ibibera mu Karere Israel iherereyemo kubera ko hari ibyago by’uko intambara iyihuje na Hamas ishobora kugera no bindi bihugu byo Burasirazuba bwo Hagati.

Izo mpungenge zishingiye ku ngingo y’uko mu ijoro ryacyeye hari ibisasu Hezbollah yarasiye muri Syria kandi hakaba hari ingabo nyinshi z’iki gihugu zamaze guhurizwa ku mupaka wacyo na Gaza.

Perezida w’Amerika yasabye ibihugu byo muri aka Karere kwirinda kwinjira muri iriya ntambara kuko byatuma irushaho gukaza umurego kandi ikazarangira bigoranye.

Imibare ivuga ko kugeza ubu abantu 1,900 aribo bamaze kuyigwamo, abo bakaba ari abo ku mpande zombi zihanganye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ntabwo ari muri Syria ibisasu byaturutse bikagwa muri Israel gusa kuko hari ni ibyaturutse muri Lebanon.

Bidatinze kandi Israel nayo yarashe mu gice cya Gaza gituranye cyane na Misiri.

Mu gihe impande zihanganye zikomeje kurasana zikoresheje ibisasu by’indege, ku rundi ruhande, abasirikare ba Israel barwanira ku butaka bakomeje kwiyegeranya bakambika ku mupaka wayo na Gaza.

Haribazwa niba intego yabo atari iyo kwinjira muri iki gihe gisanzwe gitegekwa na Hamas gituwe n’abaturage miliyoni 2 bakakigarurira.

Mu mujinya mwinshi, Israel iherutse kurasa ibisasu byinshi ikoresheje indege mu bice bitandukanye bya Gaza isenya inyubako nyinshi.

- Advertisement -

Byari uburyo bwo gusubiza icyo abayobozi bayo bise ‘ibitero by’ubugome’ Hamas yayigabyeho ku wa Gatandatu taliki 07, Ukwakira, 2023 bigahitana abantu babarirwa mu 1200.

Imibare itangwa na Dailymail ivuga ko hari imibiri 40 y’abana basanze baraciwe imitwe n’abarwanyi ba Hamas, imibiri bayirunda hamwe.

Bamwe babyise indi Jenoside yakorewe Abayahudi, Holocaust.

Hagati aho, Israel yamaze gutumiza abahoze ari abasirikare bagera ku 360,000 ngo bitegure kujya muri Gaza.

Iri gusaba abaturage bo mu bice bya Gaza kuhimuka hakiri kare, ibi bigaca amarenga y’uko yaba iri kwitegura intambara ifunguye kuri Hamas.

Abo mu gace ka al-Daraj barahimutse bakirangiza kuhava, indege za Israel zihamisha ibisasu.

Abayobozi b’i Yeruzalemu bavuga ko indege z’iki gihugu zimaze gusenya ahantu 70 hahoze ari ibirindiro bikomeye bya Hamas.

Ku ruhande rw’uyu mutwe, nawo ufite amayeri ushobora kuba waremeranyijeho na Hezbollah w’uko bamwe bagomba guhera mu Majyepfo, abandi bagahera mu Majyaruguru.

Buri munsi mu Majyaruguru ya Israel havuga amasasu hagati y’ingabo z’iki gihugu n’abantu baba bashaka kukinjiramo ku ngufu.

Hari n’ibisasu bya roquettes biva muri Lebanon no muri Syria bikagwa muri Israel nayo ikabihimuraho ibamishaho ibindi bisasu ikoresheje ibifaro byayo byitwa Merkava.

Mu  buryo busa no guca intege Israel ngo idakomeza kurasa muri Gaza, Hamas yavuze ko izajya yica umuntu muri benshi iherutse gutwara ho umunyago, ikamwica buri gihe uko Israel irashe muri Gaza.

Ikindi gituma hari abakeka ko iyi ntambara izaba iy’Akarere ni uko nyuma y’uko Israel irashe ku gice cya Gaza gituranye na Misiri, Misiri yahise ifunga umupaka ibihuza.

Nta wamenya ikizakurikiraho Israel niyongera kurasa hafi ya Misiri.

Mu gihe ibintu bimeze gutya, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, WHO, rivuga ko ritoroherezwa kugeza imiti n’amazi ku basivili bari guhunga Palestine.

Mu bitaro byinshi byo muri Gaza imiti yarashize, nta kinya cyo gutera abakomeretse mbere yo kubabaga gihari ndetse n’amazi ni make kuko imiyoboro myinshi yarangiritse.

Ntabwo Hezbollah iragira icyo itangaza ku bayishinja kwinjira muri iriya ntambara kuko ntacyo iratangariza abanyamakuru bayegereye ngo igire icyo ibabwira.

 

TAGGED:AmerikafeaturedHagatiIntambaraIsraelPalestineUburasirazuba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Igice Cya Kabiri Cy’Ukwakira Imvura Iziyongera ‘Cyane’
Next Article Umwero W’Ibirayi Mu Majyaruguru Wagabanuye Igiciro Cyabyo i Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?