Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intambara y’u Burusiya Yatumbagije Ibiciro by’Ibikomoka Kuri Peteroli
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Intambara y’u Burusiya Yatumbagije Ibiciro by’Ibikomoka Kuri Peteroli

Last updated: 24 February 2022 9:36 am
Share
SHARE

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byazamutseho 5% mu ijoro ryakeye, nyuma gato y’uko byari bimaze kwemezwa ko u Burusiya bwatangije intambara yeruye kuri Ukraine.

Ni intambara ishobora kugira ingaruka nyinshi ku bukungu bw’Isi, kuko ibihugu bikomeye nka Leta zunze Ubumwe za Amerika, u Bufaransa, u Bwongereza n’ibindi bishaka kuyinjiramo mu cyo byise “gutabara ubusugire bwa Ukraine n’abaturage bayo.”

Ni mu gihe u Burusiya bwateguje ko uwabwitambika wese azahura n’ingaruka atigeze abona mu mateka ye.

Ni intambara yateje urujijo n’impuha ku isoko mpuzamahanga, bituma ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bizamuka mu gihe byari bimaze iminsi biri hejuru.

Urugero nka peteroli icuruzwa muri Leta zunze ubumwe za Amerika (West Texas Intermediate, WTI) ibiciro byazamutseho 5.23%, ku buryo akagunguru karimo kugurishwa $96.92.

Ni mu gihe peteroli icuruzwa mu majyaruguru y’u Burayi (Brent crude) yazamutseho 5.4%, ubu irimo kugurishwa $102.07 ku kagunguru.

Ni cyo giciro cya mbere kinini kibayeho cyarenze $100 ku kagunguru, guhera mu mwaka wa 2014.

Ibiciro bya gaz nabyo byazamutseho 5.39%.

Ni kimwe n’ibiciro bya zahabu ifatwa nk’ubutunzi umuntu yakwizigamiramo mu gihe cy’ibibazo by’ubukungu kandi akizera ko atazahomba, byazamutseho 1.82% ku buryo igipimo fatizo cyayo (ounce = garama 28.3) kirimo kugurwa $1,942.21.

U Burusiya buri mu bihugu bya mbere ku isi bicukura peteroli nyinshi na gaz, ku buryo ibihano burimo gufatirwa mu bijyanye no kugera ku isoko mpuzamahanga bishobora gusiga ingaruka zikomeye.

Umusesenguzi Ellen Wald uyobora ikigo Transversal Consulting, yatangaje ko iyi ntambara yatumye ibiciro bizamuka cyane kurusha uko byari byitezwe.

Uretse izamuka ry’ibiciro rishingiye ku ngano iri hasi ya peteroli iza kugenda ishyirwa ku isoko cyangwa inzira zigoye zo kuyicuruza, hari n’impungenge ku ngaruka z’ibihano birimo ibya Leta zunze Ubumwe za Amerika nk’uko CNBC yabitangaje.

Yakomeje ati “Ese bazafata ibihano kuri peteroli na gaz byo mu Burusiya? Kubera ko ibi byaba bisobanuye ububabare bukomeye no ku baguzi b’Abanyamerika. Leta zunze Ubumwe za Amerika zitumiza peteroli mu Burusiya. Ndetse n’ubu tuvugana hari peteroli iri mu nzira ijyanwa muri Amerika.”

Yavuze ko ibi bihe by’intambara y’amasasu biza kugira ingaruka zirimo kutabasha gutwara peteroli cyane cyane mu Njyanja y’Umukara (igice cy’Inyanja ya Atlantic kiri hagati y’u Burayi na Aziya).

Ibyo ngo bigomba kugira ingaruka ku bijyanye n’ibiciro.

Gusa raporo ya banki yo muri Amerika, Goldman Sachs, igaragaza ko ingaruka z’intambara y’u Burusiya ku biciro by’ibikomoka kuri peteroli zishobora kutaba umurengera.

Igira iti “Nubwo u Burayi butumiza ingano nini ya gaz karemano mu Burusiya, Leta zunze ubumwe za Amerika nazo zohereza mu mahanga gaz nyinshi ku buryo ingaruka za gaz ituruka muri Amerika zishobora kuba ziringaniye.”

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Kane hakorana inama y’ibihugu birindwi bikize ku isi (G7), ” ku bijyanye n’ingaruka Leta zunze Ubumwe za Amerika n’inshuti zacu n’abafatanyabikorwa bacu twashyira ku Burusiya kubera iki gikorwa kitari ngombwa cyo gutera Ukraine.”

TAGGED:featuredIntambaraPeteroliU BurusiyaUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Ukraine Yabwiye Putin Ati: ‘Uguhiga Ubutwari Muratabarana’
Next Article Ambasaderi Rugwabiza Yagizwe Umuyobozi Mukuru wa MINUSCA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Musanze: Polisi Yabatunguye Bari Gukora Inzoga Zitemewe

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Minisitiri W’Umutekano Asaba Abaturage Kuzirikana Ko Umutekano Ugira Ikiguzi

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Ikawa Niyo Yinjirije u Rwanda Menshi Mu Bihingwa Rwagurishije Mu Mahanga

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?