Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: IPRC-NGOMA yujuje inyubako ifite agaciro ka miliyari 1,3 Frw
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

IPRC-NGOMA yujuje inyubako ifite agaciro ka miliyari 1,3 Frw

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 November 2020 9:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro IPRC NGOMA riherereye mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, ryatashye ku mugaragaro inyubako zirimo izizakoreramo abayobozi, zuzuye zitwaye miliyari 1,3 Frw.

Iyi nyubako kandi harimo izajya ikorerwamo imikoro ngiro mu by’amazi n’amashanyarazi ndetse n’amacumbi y’abanyeshuri.

Ibikorwa byo kubaka izi nyubako bimaze imyaka ibiri, byatewe inkunga na Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Uburezi.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda izakomeza gutera ingabo mu bitugu amashuri y’imyuga kugira ngo ubu burezi bukomeze bugire imbaraga.

Ati “Leta izakomeza gushyigikira amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro hubakwa inyubako nshya, tutibagiwe no mu mashuri yisumbuye ndetse na za Kaminuza. Kuba rero hubatswe izi nyubako twizeye ko n’umusaruro uziyongera.”

Umuyobozi wa IPRC-NGOMA. Eng. Musonera Ephrem avuga ko izi nyubako zizarushaho kubafasha kunoza ireme ry’uburezi no kurushaho gutanga servise nziza ku babagana.

Ati “Izi nyubako zizadufasha no kongera umubare w’abanyeshuri batugana bashaka kwiga imyuga n’ubumenyi ngiro nk’uko biri muri gahunda ya Leta y’imyaka irindwi.”

Uyu muyobozi avuga kandi ko zizabafasha kongera umubare w’abakobwa biga imyuga n’ubumenyi ngiro bakava kuri 21% bariho ubu, bakagera kuri 29%.

Izi nyubako hamwe n’ibindi bikorwa remezo bijyanye no kurangiza igice cy’umuhanda unyura muri iki Kigo ndetse no kuwushyiraho amatara yo hanze kuri metero zisaga 600.

Byuzuye bitwaye Miliyari 1,3 Frw yose yatanzwe aturutse mu ngengo y’imari isanzwe ya Leta ibinyujije muri Ministeri y’Uburezi n’ibigo biyishamikiyeho.

IPRC NGOMA yahoze yitwa ETO KIBUNGO, yatangiye imirimo muri 2012, ubu yigamo abanyeshuri bagera mu 1 400.

Abayobozi barimo Minisitiri w’uburezi bari baje gutaha iriya nyubako

Ivomo: UMUSEKE.RW

Taarifa Rwanda

TAGGED:featuredIPRCIshuriMinisitiriNgomaUwamariya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nigeria: Boko Haram yishe abaturage 110
Next Article Mu burenganzira bwa muntu harimo no kumenya aho abe batarashyingurwa bajugunywe- Dr Gasanabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?