Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel: Barindwi Biciwe Mu Isinagogi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Israel: Barindwi Biciwe Mu Isinagogi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 January 2023 11:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Israel ifite agahinda n’umujinya yatewe n’uko umuntu ukora iterabwoba yiciye abantu barindwi mu isinagogi ubwo bari bagiye gusenga basabira Abayahudi bazize Jenoside yabakorewe mu gihe cy’Abanazi. Ni ubwicanyi bwabereye mu Musigiti  witwa Ateret Avraham uri ahitwa Neve Yaakov, mu Majyepfo ya Yeruzalemu.

Kuri uyu wa Gatanu taliki 27,Mutarama, ni umunsi mpuzamahanga isi izirikana Jenoside yakorewe Abayahudi ikozwe n’Abanazi ba Hitler igahitana abagera kuri Miliyoni esheshatu mu gihe cy’imyaka itanu irengaho gato.

The Jerusalem Post yanditse ko umusore w’imyaka 21 y’amavuko yaciye Polisi mu rihumye asanga abantu bari gusengera mu isinagogi arabarasa.

Yahise asohoka yiruka, agana aho Polisi iri arayirasa kugira ngo imuhe inzira abone uko yinjira mu modoka yari yamuzanye.

Ntibyamuhiriye kuko umupolisi yamurashe aramwica.

N’ubwo yapfuye, yasize ateje igikuba gikomeye mu baturage kubera ko bidasanzwe kumva umuntu yicira Abayahudi mu isinagogi kandi akabikora ku munsi bazirikana bagenzi babo bazize Jenoside.

Umuturage wabibonye avuga ko Polisi yatinze kuhagera kuko yibwiraga ko amasasu yumvikanye hafi aho, yavugiraga ahandi mu bindi bice birimo imidugararo.

Polisi yaje kuhagera hashize iminota 20.

Umuvugizi wa Polisi we avuga ko batabaye hashize iminota itanu ishyano riguye.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, hari abantu 42 bari bamaze gufatwa bakurikiranyweho uruhare muri ubu bwicanyi.

Ni igitero cyahungabanyije benshi

Ingabo nyinshi na Polisi zahise zoherezwa mu kiriya gice, zikaba zaje ziturutse mu Ntara ya Yudaya na Samaria.

Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yavuze ko kiriya ari cyo gitero cy’iterabwoba gikomeye kigabwe ku ngabo ze mu myaka itanu ishize. Yihanganishije ababuze ababo ariko avuga ko abari inyuma y’iki gitero bose bazahigwa bukware ariko bucece.

Iki gitero kibaye hashize igihe gito hari ikindi gitewe kuri gare aho abagenzi bategera bisi.

Hashize amezi abiri abaturage ba Yeruzalemu bakanguwe n’urusaku rw’ibisasu biremereye byaturikiye aho abagenzi bategera imodoka.

Umwangavu umwe niwe wahasize  ubuzima abandi 19 barakomereka cyane.

Polisi y’iki gihugu yarakangaranye.

Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko biriya bisasu byaturikirijwe kure hakoreshejwe ikoranabuhanga bita remote sensing.

Abapolisi basanze aho byaturikiye hari imisumari n’inzembe.

Nyuma gato, Hamas yatangaje ko ari yo yakoze biriya bitero kandi ngo imbere ‘hari ibindi bikomeye’ biri kuhategurwa.

Polisi ya Israel itangaza ko kimwe muri biriya bisasu cyari cyatezwe mu gikapu bashyize mu nsi ya bisi yari iparitse hafi ya gare y’i Ramot.

TAGGED:AbapolisifeaturedIgiteroIsraelIterabwobaNetanyahuYeruzalemu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Arasifuza Umukino Wa ¼ cya CHAN
Next Article Kwiyamamaza Mu Mwaka Wa 2024, Kuganira Na Sultan Makenga…Perezida Kagame Aganira N’Itangazamakuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?