Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Irashaka Kwirukana ‘Abakongomani’ Ku Butaka Bwayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Israel Irashaka Kwirukana ‘Abakongomani’ Ku Butaka Bwayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2022 2:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko rukuru rw’i Yeruzalemu rwatangaje ko bitarenze Taliki 08, Ukuboza, 2022 abaturage bakomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo babayo mu buryo budakurikije amategeko kandi bakaba bateremerewe kuhaba nk’impunzi bazurizwa indege bagasubizwa iwabo.

Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’uko hari abaturage 225 bari muri Israel bahageze bavuga ko bahunze ibice birimo imirwano mu gihugu cyabo.

Israel ivuga ko abo baturage batazurizwa indege ku ngufu ngo basubizwe iwabo mu gihe cyose amadosiye yabo asaba guhabwa uburenganzira bwo kuba impunzi atarasuzumwa ngo yemezwe cyangwa se yangwe.

Muri rusange, abaturage 400 bakomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo nibo baba muri Israel.

Bari mu byiciro byose by’imyaka y’ubukure.

N’ubwo urukiko rwemeje ko bariya bantu batagomba gushushubikanywa ngo basubizwe iwabo ibyabo bitabanje gusuzumwa, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu muri Israel witwa Ayelet Shaked we yari yategetse ko bahambirizwa bakagenda bitarenze iminsi 30.

Umucamanza witwa David Gidoni yanenze iki cyemezo cya Shaked avuga ko kitari gishyize mu mu gaciro.

Iki cyemezo cye kandi cyamaganiwe kure n’abaharanira uburenganzira bwa muntu, bavugaga ko hari abantu benshi bakomoka muri DRC barebwaga n’icyemezo cya Shaked kandi mu by’ukuri bari bamaze igihe kirekire muri Israel.

Shaked kandi anengwa ko yari yanzuye ko biriya bikorwa ariko agafata icyemezo atarabona igisubizo yari yatse muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga.

Ayelet Shaked

Minisitiri w’Intebe Yair Lapid aherutse gusaba ko mu bazahambirizwa, abana bagombye kutazakorwaho.

Ku rundi ruhande, Umuyobozi muri Minisiteri y’ububanyi ya Israel ushinzwe ibibazo by’Afurika witwa Sharon Bar-Li  avuga ko ari ngombwa ko abaturage ba DRC baba muri kiriya gihugu bagomba gusubira iwabo kuko ngo nk;uko rap[oor ya UN ibivuga, hari ibice byinshi bya kiriya gihugu  bifite amahoro muri iki gihe.

Haaretz yanditse ko abenshi mu baturage ba DRC bashaaa ubwenegihuug muri Israel ni abo muri Ituri, muri Kasai no mu Ntara za Kivu zombi.

Muri Israel hari abaturage ba DRC bahamaze igihe k’uburyo n’amazina yabo yose ari aya Giheburayo.

Urugero n’urwa Adam Cherubin w’imyaka 32 y’amavuko.

Uyu yagiye muri Israel aturutse mu Murwa mukuru wa DRC ari wo Kinshasa.

TAGGED:AbaturageCongofeaturedImpunziIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imikino Y’Umupira W’Amaguru Mu Bwongereza Yahagaritswe
Next Article Ibendera Ry’u Rwanda Rirurutswa Kugeza Rwagati
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?