Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Ishinjwa Guha Ukraine Amakuru Y’Ubutasi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Israel Ishinjwa Guha Ukraine Amakuru Y’Ubutasi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 October 2022 10:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bantu bahoze ari ba maneko bakuru muri Israel aherutse gutangaza ko hari ikigo cy’abanya Israel giha ubutegetsi bwa Ukraine amakuru y’aho abasirikare b’u Burusiya bakambitse kugira ibaraseho.

Byatangajwe bwa mbere muri raporo yasohowe na The New York Times ku nkuru yayo yasohotse kuri uyu wa Gatatu taliki 12, Ukwakira, 2022.

Amakuru Israel ivugwaho guha Ukraine ni amakuru ayifasha mu myiteguro y’aho iri bugabe ibitero.

Muri iyo nkuru bayise amakuru y’ibanze ‘basic intelligence’.

Bisanzwe bivugwa ko hari indege zidatwarwa n’abapiloti zakorewe muri Iran zikoreshwa n’ingabo z’u Burusiya.

Ni amakuru amaze iminsi atangazwa kandi n’ibigo by’iperereza by’Amerika, u Bwongereza ndetse n’iby’i Kiev muri Ukraine.

Ubwoko byavuzwe ko Abarusiya bakoresha kenshi ni ubwitwa Shahed-136.

Izi drones zagaragaye mu gace ka Kharkiv no mu mujyi wa Kupiansk.

Kubera iyi mpamvu kandi, hashize iminsi hari umwuka mubi hagati y’ubutegetsi bw’i  Teheran n’ubw’i Kiev nyuma y’uko bimenyekanye ko Iran iha Moscow ziriya ntwaro.

Icyakora yaba u Burusiya yaba na Iran hombi barabihakana!

Kubihakana ntibibuza ko hari zimwe mu ndege zihanurirwa mu kirere cya Ukraine nk’uko Perezida w’iki gihugu aherutse kubitangaza.

Mu rwego rwo gufasha Ukraine guhangana na biriya bitero, u Budage buherutse guha Ukraine intwaro zihanura ziriya ndege. Ni intwaro bita IRIS-T SLM air defense systems.

Hagati aho kandi Ukraine ibinyujije muri Ambasade yayo, iherutse gusaba Israel ko yayifasha kubona ikoranabuhanga rirasira ibisasu mu kirere bitaragera ku butaka.

Ni ibisasu bita Iron Dome.

Icyakora ngo Iron dome ntizakorewe guhanura ibisasu biremereye nk’ibyo u Burusiya burasa muri Ukraine ahubwo zifite ubushobozi  bwo guhanura ibisasu byoroheje nk’ibikorwa na Hamas cyangwa Hezziborah.

N’ubwo Israel yabwiye Ukraine ko itayiha ririya koranabuhanga kubera ko ritari ku rwego rw’intambara iri  kurwana n’u Burusiya, ubutegetsi bw’i Yeruzalemu hari inkunga bwahaye Kiev.

Ikubiyemo ibiryo by’abasirikare bifungiye mu dupfunyika 25,000.

Utu dupfunyika twoherejwe yo Taliki 27, Nyakanga, 2022.

Hagati aho kandi hari ingofero zirinda umutwe bita military helmets tugera ku 1,500 ndetse n’amakote adapfumurwa n’amasasu agera ku 1,500 nayo Israel yoherereje Ukraine.

Hari n’udupfukamunwa n’amazuru tugera ku 1,000 twoherejwe yo mu rwego rwo kubarinda ko bazahura n’ibyuka bihumanya igihe cyose abasirikare ba Ukraine baba babirashweho n’ingabo z’u Burusiya.

TAGGED:BurusiyafeaturedIngaboIsraelUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubirizi: Imodoka Igemura Amata Yakoze Impanuka
Next Article Umuntu Nasigara Atuye Ku Isi Wenyine Bizamwungura Iki?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?