Israel Yatangije Ibitero By’Indege Kuri Iran

Umwanditsi wa Taarifa
4 Min Read

Ingabo za Israel zatangaje ko zagabye ibitero ku hantu hari inyungu za gisirikare mu Burengerazuba no Hagati muri Iran, nyuma yo kuburira Iran ko izihorera ku gitero cya mbere  yaraye igabye kuri Israel kuva muri Mata, 2026 ubwo hatangizwaga agahenge.

Mbere yaho, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yari yasabye Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu kutihorera ku bitero bya Iran.

Ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko Trump nawe yasabye Iran ati: “Birahagije ntukomeze kurasa.”

Umutwe wa gisirikare wa Iran witwa Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) wo watangaje ko ibisasu bya misile byinshi warashe mu Majyaruguru ya Israel ari “intangiriro y’icyumweru cyose cy’ibitero bidahagarara.”

Misile nyinshi zari zigamije kugera muri Israel zisa n’izafashwe kandi zigahagarikwa n’ubwirinzi bwa Israel bwo mu kirere, ibi bikemezwa n’itangazamakuru ryo muri iki gihugu.

Ku Cyumweru, Israel yatangaje ko yagabye ibitero ku birindiro bya Hezbollah mu majyepfo ya Beirut, ibintu byateye Iran gutangaza ko ishobora gusubiza Israel.

Iran yongeye kurasa kuri Israel

Mu gitondo cyo kuri uyu wan Mbere tariki 08, Kamena, Iran yongeye kurasa misile zerekeza muri Israel nyuma y’uko igisirikare cya Israel kivuze ko cyagabye ibitero ku ntego za gisirikare mu Burengerazuba no Hagati muri Iran.

Ibi byabaye nubwo Trump yari yasabye Netanyahu kwirinda kugaba ibitero kuri Iran.

Israel yavuze ko ibyo yakoze byari ukwihorera ku gitero cya misile Iran yari yagabye ku Majyaruguru yayo ejo hashize.

Iran na yo yari yavuze ko ibyo yabikoze isubiza ibitero Israel yari yagabye kuri Hezbollah i Beirut.

Bwari ubwa mbere Israel igabye ibitero kuri Iran kuva agahenge katangira gushyirwa mu bikorwa hashize amezi abiri.

Ibinyamakuru bya Leta ya Iran byatangaje ko hari ibyaturikiye mu mijyi ya:

.Tehran

.Isfahan

.Tabriz

.Najafabad

Iran yashinje Israel kurenga ku masezerano y’agahenge nyuma yo kugaba ibitero ku nkengero z’amajyepfo ya Beirut, aho bivugwa ko abantu nibura babiri bishwe.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari zimaze igihe zisaba Israel kudakomeza ibitero muri Libani kugira ngo habeho umwanya wo kugirana amasezerano na Iran.

Mu kindi kimenyetso cyerekana ko amakimbirane akomeje kwaguka, hari misile yarashwe muri Israel iturutse muri Yemen, aho umutwe wa Houthis ushyigikiwe na Iran ukorera.

Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko zagabye ibitero ku ntego zitandukanye ziri mu ruganda rukora ibikomoka kuri peteroli ruherereye i Mahshahr mu Majyepfo y’Uburengerazuba bwa Iran.

Tehran yo yavuze ko igice cy’urwo ruganda ruherereye hafi y’inkombe y’Amajyaruguru y’Ikigobe cya Peresi cyangiritse.

Iran yatangaje ko amakuru arambuye ku byangiritse n’ababa bahitanywe n’icyo gitero azatangazwa nyuma.

Trump: Netanyahu azemera amasezerano na Iran

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Financial Times, Perezida Trump yavuze ko Netanyahu “adafite amahitamo uretse kwemera amasezerano na Iran.”

Trump yagize ati: “Ni njye ufata ibyemezo byose. Si we ubifata.”

Yongeyeho ko igitero cya misile Iran yagabye kuri Israel ku Cyumweru kitazagira ingaruka ku biganiro by’amasezerano.

Ati: “Tuzareba uko bizarangira. Ariko ibyo bitero nta ngaruka zikomeye byagira.”

Trump yavuze ko amakimbirane hagati ya Iran na Israel amaze imyaka myinshi cyane, ndetse ngl igera ku 3,000 cyangwa 47,000 bitewe n’uburyo ubibara.

Yanaburiye Iran ko igomba gusubira ku meza y’ibiganiro.

Trump yavuze kandi ko niyo ibiganiro byananirana, Amerika ishobora gutekereza ubundi buryo burimo gukomeza gufatira ibihano Iran cyangwa no gukora ibikorwa bya gisirikare bikomeye kurushaho.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *