Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya Yavuze Ko Idashobora Guta Muri Yombi Uwo DRC Idashaka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenya Yavuze Ko Idashobora Guta Muri Yombi Uwo DRC Idashaka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 December 2023 6:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Kenya William Ruto yatangaje ko igihugu cye kigendera kuri Demukarasi bityo ko iby’uko cyagombye gufunga Corneille Nangaa uherutse gutangiza ishyaka rirwanya DRC, kitabikora.

Avuga ko Kenya ifunga umuntu ari uko icyo yakoze kigize icyaha, bityo kuba umuntu yatangaza ko ashinze ishyaka ubwabyo bitagize icyaha.

Yaboneye ho kubwira ubutegetsi bwa Kinshasa ko niba bubona ko kwirukana Ambasaderi wa Kenya ari byo bikwiye, bwabikora nta kibazo!

Ngo ni uburenganzira bw’igihugu icyo ari cyo cyose kwirukana uwo kidashaka.

Ruto yabwiye Televiziyo y’igihugu cye, KTN ati: “ Kenya yagiye muri DRC kugira ngo iyifashe mu bibazo yari ifite, ishobore kugarukamo amahoro. Abasirikare bacu bagiyeyo, batuma ibintu bituza, tubikora turi kumwe na bagenzi bacu ba EAC.”

Avuga ko Kenya yafatanyije na Uganda, Uburundi na Sudani y’Epfo, ikora kariya kazi mu gihe cy’umwaka.

Ruto avuga ko nyuma y’uwo mwaka habayeho isuzuma, Kenya n’abandi bafatanyabikorwa bahurira Arusha basuzuma uko ibintu bihagaze bemeranya ko abasirikare ba Kenya n’abandi ba EAC bava mu bice bari bashinzwe, kugira ngo habeho kureba niba nta bandi baza gutanga umusanzu wabo.

Ibyo ngo byarabaye kandi neza.

Akomeza avuga ko mu minsi ishize, i Nairobi hateraniye bamwe mu baturage ba DRC basohora itangazo.

Ni itangazo ry’uko bashinze umutwe wa Politiki na gisirikare, hanyuma i Kinshasa bavuga ko Nairobi ikwiye kwamagana iryo tangazo kandi igafunga Corneille Nangaa washinzwe Alliance Fleuve Congo ngo irwanye Tshisekedi.

Perezida Ruto yakuriye inzira ku murima DRC, avuga ko Kenya ari igihugu cyemera Demukarasi kandi mu mahame yayo habamo iry’uko umuntu yishyira akizana mu bitekerezo bye ashobora gutanga mu nyandiko cyangwa mu mvugo.

Ati: “ Twe dufata abanyabyaha, ntabwo dufunga umuntu kuko yasohoye itangazo. Iyo ibyo umuntu yakoze cyangwa yavuze bigize icyaha uwo turamufata nta kabuza!”

Yitanzeho urugero avuga ko muri Kenya hari benshi bakunze kumwandikaho cyangwa ‘kumuvuga ukundi kuntu’ kandi ngo ntabwo barafatwa.

Perezida William Ruto yabwiye DRC ko niba ishaka kwirukana Ambasaderi wayo, rwose yabikora.

Igisubizo cya Ruto kije nyuma y’uko Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC witwa Patrice Muyaya atangaje ko ubutegetsi bwa Kenya bwahaye abanzi ba DRC umwanya n’uburenganzira bwo gushinga umutwe wa Politiki ufite ishami rya gisirikare.

Patrice Muyaya Katembwe

Ibyo ngo ntibikwiye kandi ngo ntibizabura gukurura umwuka mubi hagati ya Kinshasa na Nairobi.

TAGGED:DRCfeaturedIshyakaKenyaMuyayaNangaaPerezidaRuto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inkunga Ya Croix Rouge Y’u Rwanda Mu Nkambi Ya Nyabiheke Na Kiziba
Next Article Rwanda: Kwiga Gukora Robo Bigiye Gushyirwa Mu Nteganyanyigisho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abaturage 354 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?